Abadepite ntibishimiye uburyo Umunyamabanga wa Leta Evode Uwizeyimana yabagejejeho ingingo 92 y’umushinga w’itegeko rihana ibyaha mu Rwanda ivuga kuri Jenoside, aho bagaragazaga ko iyi ngingo itagaragaramo ko Jenoside “yateguwe”.
Bunani Joseph, ni umunyeshuri ufite imyaka 27 y’amavuko, wiga muri IPRC-South, iherereye mu Mujyi wa Huye.
Mu mwaka wa 2017,ubutabera bw’u Rwanda bwageze kuri byinshi birimo kuburanisha bamwe mu bakekwaho ibyaha, hanavugururwa amategeko kugira ngo arusheho kujyana n’igihe.
Urukiko rukuru rwa Kigali rwagabanyije ibihano byari byahawe abana batwitse ishuri ryisumbuye rya Riviera High School mu mujyi wa Kigali.
Urukiko rukuru urugereko rwa Nyanza, rumaze kwemeza ko Philbert Mugisha wayoboraga Akarere ka Nyamagabe arekurwa.
Mu isomwa ry’urubanza Imena Evode wahoze ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Minisiteri y’umutungo kamere,yaregwaga itonesha mu gutanga isoko rya Leta, Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rumugize umwere.
Ku wa Gatanu tariki 1 Ukuboza 2017, Ikinyamakuru cyandikirwa muri Canada cyitwa "La Presse", cyatangaje inkuru ivuga ko Dr Leon Mugesera ufungiye ibyaha bya Jenoside muri gereza ya Nyanza arembye bikomeye, kandi ko Leta y’u Rwanda yamutereranye.
Ihuriro ry’abagize Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda riharanira kurwanya ruswa (APNAC Rwanda) riravuga ko igihe cyageze cyo guhagurukira icyaha cya ruswa n’ibindi byaha bifitanye isano na yo, hazibwa ubyuho by’amategeko atari asobanutse neza,bigatuma hari ababyihisha inyuma.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanze kwakira ikirego cya Manirareba Herman, wareze Musenyeri Ntihinyurwa Thadee amushinja gutesha agaciro umuco Nyarwanda awita uw’igishenzi, akawusimbuza uwa Gikirisitu.
Abunganizi mu by’amategeko bazwi nk’‘abavoka’ bavuga ko abantu babibuka ari uko bamaze kugera mu bibazo bakagombye kuba baririnze hakiri kare.
Urukiko rw’ibanze rwa Kacyiru ruherereye mu mujyi wa Kigali rwemeje ko Gahongayire Aline n’umugabo we Gahima Gabriel batandukana ntacyo bagabanye kuko nta mutungo bari bafite.
Me Uwizeyimana Evode, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, avuga ko bigoye kwemeza ko umuntu yafashe uwo bashakanye ku ngufu.
Ikoranabuhanga ni bumwe mu buryo bwihutisha serivisi zikaboneka vuba kandi zinoze. Ni muri urwo rwego rigiye gutangira kwifashishwa no mu mitangire y’amasoko ya Leta kugira ngo bikemure ibibazo bigaragaramo.
Abadepite bavuga ko ibibazo byakunze kugaragara mu masoko ya Leta biturutse ku mitegurire cyangwa ishyirwa mu bikorwa ryayo, ingaruka zabyo zigera ku Banyarwanda bose.
U Rwanda rubinyujije muri Minisiteri y’ubutabera rwakiriye inama ku butabera mpuzamahanga igamije guca umuco wo kudahana mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba( EAC).
Urukiko rukuru rwemeje ko ubujurire bwa Dianne Rwigana na Nyina Mukangemanyi Rwigara Adeline, ku rubanza rw’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo nta shingiro bufite, bagomba gukomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Ubusabe bwa Nshimyimana Rwigara Diane n’umubyeyi we Mukangemanyi Rwigara Adeline ku isubika ry’urubanza rwabo rwo ku itariki 16 Ugushyingo 2017 bwateshejwe agaciro n’urukiko Rukuru rwa Kigali, naho urubanza ku ifunga n’ifungura ryabo ruraburanishwa.
Abanyeshuri bo muri kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda bavuga ko ubumenyi bakura mu marushanwa ku mategeko mpuzamahanga agenga intambara abafasha mu masomo yabo.
Ubushinjacyaha bukuru bumaze gutahura ko hari bamwe mu bakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bihishe mu mahanga bajijisha, bakabikwa ko bapfuye kandi bakiriho.
Me Ndengeyingoma Yvonne uhagarariye Musenyeri Tadeyo Ntihinyurwa yasabye ko urukiko rwatesha agaciro ibirego biregwa umukiriya we,kuko ibyo amurega nta shingiro bifite.
Abayobozi bashya barahiye ba Komisiyo y’u Rwanda yo Kuvugurura Amategeko (RLRC) barahamagarirwa kwibanda ku ivugururwa ry’amategeko atakijyanye n’igihe.
Mu iburanisha ry’urubanza Evode Imena wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’umutungo kamere ashinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro aregwamo icyaha cyo gufata icyemezo yishingiye ku itonesha, yabihakanye avuga ko bishingiye ku bugambanyi yakorewe.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru wungirije ushinzwe ubukungu, Busizi Antoine, yatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, abakozi batanu bo muri aka Karere beguye ku mirimo yabo.
Murekezi Vincent, umucuruzi w’Umunyarwanda wahungiye muri Malawi kubera ibyaha bishamikiye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi akurikuranyweho, yasabiwe kuburanishirizwa mu Rwanda.
Kuri uyu wa 7 Ugushyingo 2017, Urukiko Rukuru rwatangiye urubanza rw’ubujurire rwa Diane Rwigara n’umubyeyi we Mukangemanyi Rwigara Adeline.
Ibigo bifite aho bihurira n’iby’umutungo mu by’ubwenge bikangurira abafite ibihangano kumenya uburenganzira bwabo, kugira ngo bibabyarire inyungu mbere y’abandi.
Urukiko rw’ibanze rwa Bwishyura ruri mu Karere ka Karongi rwakatiye Rwema Peter iminsi 30 y’igifungo y’agateganyo kubera icyaha akekwaho cyo gusambanya umukobwa ku ngufu.
Abadepite basanga komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu (PAC) ikwiye kongererwa ububasha bw’ubugenzacyaha n’ubushinjacyaha, kurusha gutanga inama mu myanzuro.
Ubusabe bwa bamwe mu bagize inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’Abadepite, basaba ko icyaha cy’iyezandonke cyashyirwa mu byaha bidasaza bwanze kwemerwa.
Umuvunyi mukuru Murekezi Anastase avuga ko umuyobozi urya ruswa aba ahemukiye igihugu akanatukisha abandi bayobozi bayobora neza.