Hagiye gutangwa amahirwe ku bantu bose bafite udushya batekereza ko twateza imbere uburezi mu Rwanda kugira ngo batugaragaze, utuzahiga utundi tukazashyirwa kuri gahunda y’ibizigwaho byajya mu mfashanyigisho y’uburezi kandi banyiratwo bagahembwa.
Ku bufatanye bw’Imbuto Foundation n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero, binyuze mu mushinga "Mubyeyi tera intambwe initiative", mu myaka ibiri umaze muri aka karere, abana ibihumbi bitatu bari barataye ishuri barisubijwe mo hifashishishijwe abajyanama b’uburezi.
Abitabiriye inama Umujyi wa Kigali wagiranye n’abafatanyabikorwa bawo ku wa kabiri tariki 21 Mata 2015, basaba ko abana b’abakobwa bahabwa umwihariko mu myigire yabo kandi bagafatwa kimwe n’abahungu mu miryango; ibi bikaba byabafasha kwiga bakarangiza bakaminuza ndetse bakagera ku ihame ry’uburinganire.
Kuba Akarere ka Rubavu kataza mu myanya ya mbere mu gutsindisha abana mu bizami bya Leta byaba biterwa n’abarezi batubahiriza amabwiriza, kimwe n’abadafasha abana kumenyera gukoresha icyongereza nk’ururimi rukoreshwa mu masomo.
Ikibazo cy’abana bata amashuri bakajya gukora imirimo mu ngo mu Karere ka Rubavu cyongeye kuganirwaho n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu, abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye hamwe n’abashinze ibigo tariki ya 15 Mata 2015, kugira ngo hafatwe ingamba zatuma abana badakomeza kuva ku mashuri.
Guhera mu mwaka w’amashuri uzatangira muri Nzeri 2015, abanyeshuri biga muri kaminuza bazatangira kwigira ku nguzanyo bazasinyana na Banki y’u Rwanda y’Iterambere (BRD), inguzanyo bazajya bahabwa hakurikijwe ibyiciro by’ubudehe baherereyemo.
Abantu 138 bize gusoma, kwandika no kubara bakuze babifashijwemo n’itorero ADEPER Byimana bashyikirijwe impamyabushobozi tariki ya 01 Mata 2015, bavuga ko bagiye kugana inzira y’iterambere kuko kutamenya gusoma no kwandika byari inzitizi kuri bo.
Umuryango Transparency International Rwanda (TIR) urwanya ruswa n’akarengane uvuga ko mu mwaka wa 2013 wasanze Leta yarahaye bimwe mu bigo by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda wabashije kugeramo, miliyoni zirenga 700 z’amafaranga y’u Rwanda bibeshya ko ari ayo gufasha abanyeshuri babyigamo, nyamara nta bahari.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) itangaza ko udushya mu burezi tuzagira uruhare mu kuzamura ireme ry’uburezi dushakira igisubizo bimwe mu bibazo byari bikigaragara mu myigishirize hirya no hino mu gihugu.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangije gahunda nshya yo gufasha abanyeshuri kubona ibijyanye n’amasomo bifashishije igikoresho cyose gishobora gukoresha interineti nka telefoni n’ibindi.
Abanyeshuri biga muri Kaminuza y’Abalayiki b’Ababadiventisiti (INILAK) bagiye gushyiraho ikigega bazajya batangamo umusanzu wo gufasha kwishyurira amafaranga y’ishuri bagenzi babo badafite ubushobozi bwo kwiyishyurira.
Nyuma y’uko ababyeyi barerera mu ishuri rya GS Gasagara riherereye mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara babonye ko batoroherwa no gutanga umusanzu ugenewe ifunguro ry’abanyeshuri, bahisemo guhingira hamwe bityo ngo ntihakagire ubura ifunguro.
Imibare itangwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi iragaragaza ko umubare w’abana bata ishuri ukomeje kwiyongera, kuko umwaka wa 2014 warangiye abanyeshuri 3296 bigaga mu mashuri abanza bayataye, ndetse abandi 2145 bigaga mu mashuri yisumbuye bayaretse.
Ubuyobozi bwa Groupe Scolaire Nyarugenge riri mu Kagari ka Burima, Umurenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango, ngo bwishimiye kuba Akarere ka Ruhango karabubakiye amashuri ajyanye n’igihe, nyuma y’uko bakoreraga mu mashuri ashaje yubatswe mu mwaka 1962.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodice arasaba ababyeyi n’abarezi gufatanyiriza hamwe bagahagurukira isuku y’abana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi bwiyemeje ko bugiye kujya bukemurira ibibazo by’abarezi ku mashuri bigishaho, hagamijwe kubafasha no kuborohereza mu bibazo bahura nabyo mu kazi.
Umuyobozi w’Intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé arasaba abarimu gukorera ku mihigo kugira ngo babashe gutanga uburezi bufite ireme.
Bamwe mu barimu bo mu Karere ka Bugesera bahawe ibyuma by’ikoranabuhanga bya IPOD na Plan International Rwanda baratangaza ko bibafasha gutegura amasomo no kuyigisha mu rurimi rw’Icyongereza, bigatuma amakosa yo kuvanga indimi bakoraga atakigaragara nka mbere batarabihabwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru buratangaza ko umubare w’abanyeshuri bo muri gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 bafata amafunguro ya ku manywa ku ishuri wiyongereye muri uyu mwaka wa 2015, ukaba ugeze kuri 91,64%.
U Rwanda, kimwe n’ibindi bihugu byo munsi y’ubutayu bwa Sahara, rwemerewe inkunga igera kuri miliyoni 25 z’amadolari y’Amerika yo gukomeza gufasha mu guteza imbere ireme ry’uburezi n’uburezi kuri bose.
Mu gihe mu turere tunyuranye two mu Ntara y’Amajyepfo gahunda yo kugaburira abana ku ishuri ikirimo ibibazo ku bigo byinshi, ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bwo bwemeza ko yashobotse 100% ku buryo buri mwana wese ahabwa igaburo rya saa sita ku ishuri.
Muri uyu mwaka ibyumba by’amashuri abanza 34 nibyo bizubakwa mu rwego rwo kuvugurura amashuri ashaje, kimwe no kongera ibyumba aho bitari.
Ishuri rikuru ryigenga ry’Abalayiki b’Abadivantiste rya Kigali (INILAK), ishami rya Nyanza ryatanze impamyabushobozi ku banyeshuri 23 barangije icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Master’s Degree) ku nshuro ya mbere, biyongera ku bandi 150 barangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor’s Degree).
Abanyeshuri babiri, Uw’imyaka 16 n’uw’imyaka 17 bafatanwe indangamanota z’impimbano barimo kuzisabisha ishuri mu rwunge rw’amashuri rwa Ntarama mu Karere ka Bugesera.
Bamwe mu babyeyi bafite abana batangira umwaka wa mbere n’uwa kane w’amashuri yisumbuye bakomeje kwinubira kuba batabona amabaruwa yohereza abana ku ishuri, mu gihe amasomo yatangiye mu gihugu hose kuwa mbere tariki ya 26/01/2015.
Byakunze kugaragara ko mu bizamini bya Leta abana biga mu mashuri abanza mu bigo byigenga batsinda kurusha abiga mu mashuri ya Leta. Abayobozi b’ibigo bavuga ko ahanini bituruka ku kuba abiga mu bigo byigenga bagira igihe gihagije cyo kuba bari ku ishuri bakanabasha gusubiramo amasomo.
Abaturage bo mu karere ka Huye biyemeje kwegeranya umusanzu w’ibiribwa n’uw’amafaranga kugira ngo bafahe abana batabasha gufatira amafunguro ya sa sita ku ishuri, nyuma yo kubona ko hari abana abana biga mu myaka icyenda na 12 y’uburezi bwibanze byagoraga.
Ikigo cy’Amashuri Abanza cya Etoile (EP Etoile) cyo mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi cyakoze ibirori byo gushima Imana no gushimira abana barangije muri icyo kigo kubera ko batsinze bose, kandi hakava n’umwana wa mbere mu Ntara y’Uburengerazuba.
Umushinga w’Abanyamerika witwa African Students’ Education Fund uzakoresha amadolari y’Amerika 7060 (amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyoni 5) mu gihembwe cya mbere urihira abana batsinze neza ibizamini bya Leta batishoboye mu Karere ka Nyabihu.
Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri bifite abana biga muri gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 (9&12YBE) barasaba ko inkunga ya Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) izagenerwa ibi bigo yazita cyane ku bana bava mu miryango ikennye cyane, kuko ariho usanga bamwe mu bana bataritabiriye gahunda yo kugaburirwa ku (...)