Abanyeshuri biga mu ishuri rya GS. Gahurire ho mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma, bemeza ko bamaze kubona ibyiza bya gahunda iherutse gutangizwa yo kurira ku mashuri saa sita bagakomeza amasomo yabo aho gutaha saa munani batariye nka mbere.
Nyuma y’amezi abiri bigaragaye ko mu karere ka Rusizi hari abana 426 batewe izonda zitateguwe, hamaze kugaragara abandi bana 6 b’abanyeshuri batewe inda nazo zitateguwe.
Abarangije mu ishuri Saint Peter ryahoze ryita EAV Shyogwe, ngo ubu bamaze kuba ubukombe kandi uburere baherewe kuri iki kigo bwatumye baba abagabo n’abagore bintangarugero uyu munsi.
Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba(IPRC East) riri mu karere ka Ngoma, ryifatanije n’abaturage bo mu murenge wa Murindi mu karere ka Kayonza mu muganda wo kubakira Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania, banatanga ubutumwa busaba abantu kwiga imyuga.
Umuryango uharanira Uburezi, Ubuzima ndetse n’imibereho myiza ishingiye ku bukungu (Education-Health-Economy Organization “EHE Rwanda”) watanze impamyabushobozi ku bantu 90 bo mu karere ka Rwamagana basoje amahugurwa y’imyuga bari bamazemo igihe kiva ku mezi 4 kugeza kuri 6.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro burasaba abashinzwe uburezi mu nzego zitandukanye zikorera mu karere kongera ingufu mu gucunga imyitwarire y’abanyeshuri kuko hakomeje kugaragara umubare munini w’abatwara inda zitateguwe.
Gahunda nshya yo kugaburira abanyeshuri biga mu burezi bw’ibanze bw’imyaka icyenda na cumi n’ibiri ku mashuri yakiriwe neza n’abashinzwe uburezi mu nzego zitandukanye zo mu karere ka Rutsiro, ariko bagaragaza imbogamizi z’uko bamwe mu babyeyi bashobora kugaragaza intege nke mu gutanga umusanzu basabwa kugira ngo iyo (...)
Abaturage 11843 bo mu turere twa Nyamagabe, Nyaruguru, Huye na Gisagara two mu ntara y’amajyepfo batari barabashije kugana ishuri bashyikirijwe impamyabumenyi zabo nyuma yo gusoza amasomo yo gusoma, kwandika no kubara, umuhango wabereye mu karere ka Nyamagabe kuri uyu wa gatatu tariki ya 25/06/2014.
Umunyeshuri wigaga ku ishuri ryisumbuye rya APAKAPE riherereye mu murenge wa Mushonyi mu karere ka Rutsiro amaze icyumweru yirukanywe burundu kuri icyo kigo, mugenzi we ahabwa igihano cyo kumara icyumweru iwabo mu rugo, nyuma y’amakimbirane yabaye hagati yabo biturutse kuri telefoni igendanwa bombi bakoreshaga rwihishwa.
Masengesho Ismael wari wasabwe kuba mwarimu mu rwunge rw’amashuri rwa Shangi nyuma yo gushinjwa imyitwarire mibi mu kazi, yasubijwe ku kazi ke ku bucungamutungo mu rwunge rw’amashuri rwa Nyamaugali.
Kaminuza ya INILAK yatangije igikorwa cy’itorero ry’igihugu ku banyeshuri bose bahiga. Itorero ry’iyi kaminuza ryiswe “INTAGAMBURUZWA ZA INILAK,” rigamije kugarura indangagaciro z’Ubunyarwanda n’ubunyangamugayo mu banyeshuri.
Ubwo yatangizaga gahunda yo kugaburira abana biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12, mu bigo 42 byo mu karere ka Kamonyi, Minisitiri w’Uburezi Dr Vincent Biruta, yavuze ko kuba iyi gahunda yarashobotse ku Kamonyi, ari igihamya cy’uko n’ahandi izashoboka.
Abanyeshuri biga mu kigo cy’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 cya Butete kiri mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, batangaza ko gahunda bashyiriweho yo kujya bagaburirwa ku ishuri ku manywa (School Feeding) igiye kubafasha mu myire yabo.
Kuva mu 2008 kiliziya Gatorika yashyizeho gahunda y’icyumweru cy’uburezi Gatorika kugirango abarebwa n’uburezi bazirikane uruhare rw’indangagaciro nkirisitu n’izishingiye ku muco nyarwanda, hagamijwe kurera Umunyarwanda ubereye u Rwanda na Kiliziya.
Mu gihe bamwe mu baturage b’umudugudu w’Umusaraba akagali ka Gakoma umurenge wa Mimuli mu karere ka Nyagatare bavuga ko abana babo bacikishiriza amashuli kubera ko biga kure, ubuyobozi bwo buvuga ko amashuli atari kure ahubwo bakwiye kwita ku bana babo bakurikirana imyigire yabo.
Ibarura ryakozwe n’Umuryango FCYF (Fair Children/Youth Foundation) muri uyu mwaka rigaragaza ko mu Karere ka Musanze hari abana 841 bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bugarijwe n’ikibazo cyo kubona uburyo bwo kwiga.
Abanyeshuri basaga 2000 biga mu mashuri yisumbuye ya IJW Kibogora (Institut JohnWesley) na GSFAK (Groupe Scolaire Frank Adamson de Kibogora) barasabwa buri gihe gushyira imbere amasomo bahabwa bakabifatanya no gushyira imbere indangagaciro nyarwanda zirimo kugira ibyo baziririza nk’abana b’Abanyarwanda bakazubaka u Rwanda (...)
Abantu bakuze 319 barimo abagabo 23 bo mu nkambi y’impunzi ya Kigeme bashyikirijwe inyemezabumenyi zabo nyuma yo kwigishwa kubara, gusoma no kwandika n’umuryango wa Bibiliya mu Rwanda.
Ibigo 42 bifite amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 yatangiye guha abana amafunguro ya saa sita. Ababyeyi, abarezi n’abanyeshuri, bose ngo basanga iyi gahunda izafasha mu kwiyongera ku ireme ry’uburezi butangirwa muri aya mashuri.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana burahumuriza urubyiruko rwiga imyuga ko byoroshye kubona akazi kuri bo no kukihangira kandi ko bafite n’amahirwe yo kwishyira hamwe mu makoperative, bakabasha kuronka ku mafaranga yagenewe guteza imbere imishinga y’urubyiruko.
Rumwe mu rubyiruko rw’abanyeshuri bo mu Karere ka Gakenke batangaza ko babona amahirwe mukwihangira umurimo, kuko usanga bibarinda ubushomeri mu gihe barangije kwiga, ariko ugasanga bakibangamiwe n’uko benshi muri bo bibanira n’amikoro macye.
Urubyiruko rurakangurirwa kwiga amasomo y’imyuga ngo kuko ni ryo pfundo iterambere ry’igihugu ryubakiyeho, kandi bikaba amahirwe y’umwihariko ku wize imyuga kuko adashobora kubura akazi.
Umuyobozi w’ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro ryo mu Ntara y’amajyepfo (IPRC-South), Dr. Barnabé Twabagira, avuga ko mu rwego rwo kwitegura imikino ya CAN izabera no mu Karere ka Huye mu mwaka wa 2016, hari amasomo bazigishiriza ubuntu mu gihe cy’amezi abiri.
Abanyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwa St Nicolas Cyanika ruri mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe, baratangaza ko ubujyanama bahabwa n’umushinga ugamije gukumira ko abana b’abakobwa bata ishuri (Keep Girls at school/KGAS) buri kugenda butanga umusaruro haba mu guhangana n’impamvu zatuma batwara inda (...)
Ikigo cya Leta gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro no kwigisha imyuga (WDA) kibinyujije mu kigega gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (Skills Development Fund/SDF) cyatangije icyiciro cya kane cyo gusaba amafaranga yo guhugura Abanyarwanda n’Abanyarwandakazi mu bijyanye n’imyigishirize y’imyuga n’ubumenyi ngiro.
Masengesho Ismael wari umucungamutungo w’urwunge rw’amashuri rwa mutagatifu Dominiko Saviyo rwa Nyamugari yasabwe kujya kwigisha mu rwunge rw’amashuri rwa mutagatifu Yohani Bosco rwa Shangi, nyuma y’uko basanze yari afite imyitwarire idakwiye mu kazi yakoraga harimo gusuzugura ubuyobozi , inyandiko mpambano no gukererwa akazi.
Bamwe mu rubyiruko rutuye umurenge wa Mpanga ho mu karere ka Kirehe ruvuga ko rufite ubushake bwinshi bwo kwiga imyuga ariko rugahura n’imbogamizi zuko amashuri yigisha imyuga atarabageraho aho batuye mu cyaro.
Abahinzi b’icyayi bibumbiye muri koperative “Coopte Mulindi” bashyikirije ku mugaragaro amashuri yasaniye urwunjye rw’amashuri rwa Mulindi ku nkunga ya miliyoni zisaga 26.
Ubwo hatahwaga icumbi ry’abarimu bigisha kuri G.S Cyabayaga mu murenge wa Mimulimu karere ka Nyagatare kuri uyu wa 21 Gicurasi, abarimu bizeje ko umusaruro w’amasomo uziyongera ndetse n’ayo bakoreshaga mu bukode yakoreshe indi mishinga yabateza imbere.
Abakozi biga muri za kaminuza zo mu mahanga bagiriwe inama n’abayobozi bo mu karere ka Nyamasheke mu buryo bakwigamo hanze y’igihugu kandi bakarushaho kuba umusaruro ku Rwanda ariko ibyo ntibireba abayobozi bafite inshingano zo kwita ku baturage umunsi ku munsi nk’abanyamabanga nshingwabikorwa.