Umuryango w’abanyakoreya y’Amajyepfo wa Good Neighbors wubakiye ishuri rya Kagina riri mu Kagari ka Kagina mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi inyubako zifite agaciro ka Miliyoni 130 z’amafaranga y’u Rwanda, zizabafasha kwinjira muri Gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) itangaza ko udushya mu burezi tuzagira uruhare mu kuzamura ireme ry’uburezi dushakira igisubizo bimwe mu bibazo byari bikigaragara mu myigishirize hirya no hino mu gihugu.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangije gahunda nshya yo gufasha abanyeshuri kubona ibijyanye n’amasomo bifashishije igikoresho cyose gishobora gukoresha interineti nka telefoni n’ibindi.
Abanyeshuri barangije icyiciro cya gatatu muri kaminuza ya Open University of Tanzania (OUT) ishami rya Kibungo riri mu Karere ka Ngoma mu Murenge wa Kibungo barasabwa gukoresha ubumenyi bahawe mu kuzana impinduka zikemura ibibazo by’aho batuye.
Abanyeshuri bo mu Rwunge rw’amashuri rwa Shwemu ruri mu Murenge wa Rugerero, Akarere ka Rubavu bongeye gusubira mu masomo nyuma y’uko ababyeyi n’abayobozi b’ikigo bemeye kubagurira mudasobwa zo kwigiraho, kuko izari zisanzwe zatanzwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB) zibwe.
Ishuri Ryisumbuye rya Rwamashyongoshyo, riri muri gahunda y’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12YBE), riherereye mu murenge wa Gahengeri mu karere ka Rwamagana, ryaciye agahigo ko gutsindisha abanyeshuri bose uko ari 25 bakoze ikizame cya leta gisoza amashuri yisumbuye.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Ruhango baravuga ko bitoroshye gukangurira abana b’iki gihe kugira umuco wo gusoma kubera gukurira mu mafilime na televiziyo.
Abanyeshuri biga muri Kaminuza y’Abalayiki b’Ababadiventisiti (INILAK) bagiye gushyiraho ikigega bazajya batangamo umusanzu wo gufasha kwishyurira amafaranga y’ishuri bagenzi babo badafite ubushobozi bwo kwiyishyurira.
Nyuma y’uko ababyeyi barerera mu ishuri rya GS Gasagara riherereye mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara babonye ko batoroherwa no gutanga umusanzu ugenewe ifunguro ry’abanyeshuri, bahisemo guhingira hamwe bityo ngo ntihakagire ubura ifunguro.
Komite y’abanyeshuri barahiriye kuyobora abandi mu Ishuri rikuru ry’Ubukerarugendo (RTUC), biyemeje ko bagiye guteza imbere imyigire yifashisha ikoranabuhanga, kugira ngo bigabanye umwanya abanyeshuri batakazaga bajya gushaka amanota kwa mwalimu.
Abanyeshuri 230 bigaga mu Ishuri rRikuru rya ISPG “Institut Superieur Pédagogique de Gitwe”, mu mashami ya Bio-medical, ubuforoma na computer science, kuri uyu wa 26 Gashyantare 2015, bashykirijwe impamyabumenyi zabo maze basabwa kurangwa n’ubwitange no kwakira neza mu ababagana kazi kabo.
Abanyeshuri 483 barangije mu mashami atandukanye mu Ishuri Rikuru ry’Ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri barakangurirwa gukoresha ubumenyi bahawe bagahanga imirimo mishya aho guhora basiragira hirya no hino basaba akazi.
Imibare itangwa n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi iragaragaza ko umubare w’abana bata ishuri ukomeje kwiyongera, kuko umwaka wa 2014 warangiye abanyeshuri 3296 bigaga mu mashuri abanza bayataye, ndetse abandi 2145 bigaga mu mashuri yisumbuye bayaretse.
Ubuyobozi bwa Groupe Scolaire Nyarugenge riri mu Kagari ka Burima, Umurenge wa Kinazi mu Karere ka Ruhango, ngo bwishimiye kuba Akarere ka Ruhango karabubakiye amashuri ajyanye n’igihe, nyuma y’uko bakoreraga mu mashuri ashaje yubatswe mu mwaka 1962.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodice arasaba ababyeyi n’abarezi gufatanyiriza hamwe bagahagurukira isuku y’abana.
Akarere ka Ngoma katashye ku mugaragaro ibyumba by’amashuri icyenda n’ubwiherero 12 byatwaye miliyoni zigera kuri 48, muri gahunda yihariye yo gusimbuza bimwe mu byumba by’amashuri bishaje.
Abanyeshuri barangije muri Lycée Ikirezi de Ruhango baravuga ko biteguye kujya ku isoko ry’umurimo kandi ko ubumenyi bahawe atari ubuzatuma biruka inyuma y’akazi, ahubwo bagomba gutinyuka bakihangira imirimo.
Abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Mudugudu wa Nyarutovu, Akagari ka Gitarama, Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga bavuga ko abana babo batiga amashuri y’inshuke kuko nta bushobozi bwo kubarihirira bafite.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi bwiyemeje ko bugiye kujya bukemurira ibibazo by’abarezi ku mashuri bigishaho, hagamijwe kubafasha no kuborohereza mu bibazo bahura nabyo mu kazi.
Ababyeyi barerera mu ishuri rya G.S. St Joseph Muhato bavuga ko bahangayikishijwe n’uburyo umunyamabanga nshungamutungo, Karamira Jacques yananiwe kugaragaza irengero ry’amafaranga arenga miliyoni 1 n’ibihumbi 200 akandika avuga ko azayasubiza ikigo ariko imyaka ikaba ishize ari ibiri atarayagarura.
Umuyobozi w’Intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé arasaba abarimu gukorera ku mihigo kugira ngo babashe gutanga uburezi bufite ireme.
Bamwe mu barimu bo mu Karere ka Bugesera bahawe ibyuma by’ikoranabuhanga bya IPOD na Plan International Rwanda baratangaza ko bibafasha gutegura amasomo no kuyigisha mu rurimi rw’Icyongereza, bigatuma amakosa yo kuvanga indimi bakoraga atakigaragara nka mbere batarabihabwa.
Ishuri rikuru ryigenga y’Abadivantisiti b’abalayiki ya Kigali (INILAK) yashyikirije impamyabushobozi abanyeshuri 772 barangije mu cyiciro cya kabiri cya kaminuza n’abandi 48 barangije mu cyiciro cya gatatu cya kaminuza, mu muhango wabaye ku wa kane tariki 12/2/2015.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangije igenzura rigamije kureba uburyo ireme ry’uburezi n’isuku bihagaze mu bigo by’amashuri byose bikorera mu turere tuwugize.
Umugore w’ imyaka 44 n’umugabo w’imyaka 43 bo mu Karere ka Musanze bafashe icyemezo cyo gusiga abana n’abafasha babo mu rugo basubira ku ntebe y’ishuri kwiga imyuga, kugira ngo bazagire icyo bamarira imiryango yabo.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ishyigikiye uburezi butangwa mu mashuri y’abadivantisiti b’umunsi wa karindwi, kuko bujyana n’ibyo igihugu kirimo guha imbaraga kugira ngo bisubize ibibazo bijyanye n’ubukungu hamwe n’imibereho y’abenegihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru buratangaza ko umubare w’abanyeshuri bo muri gahunda y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 bafata amafunguro ya ku manywa ku ishuri wiyongereye muri uyu mwaka wa 2015, ukaba ugeze kuri 91,64%.
Mu rwego rwo kurengera ibidukikije ndese no kubyaza umusaruro imyanda, mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro ryo mu Karere ka Huye, IPRC-South, batangiye kubyaza ibisigazwa by’ibarizo imbaho (panneaux) zo kwifashishwa hakorwa ibikoresho bisanzwe n’ubundi bikorwa mu mbaho.
U Rwanda, kimwe n’ibindi bihugu byo munsi y’ubutayu bwa Sahara, rwemerewe inkunga igera kuri miliyoni 25 z’amadolari y’Amerika yo gukomeza gufasha mu guteza imbere ireme ry’uburezi n’uburezi kuri bose.
Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East) ryatanze impamyabushobozi ku banyeshuri 231 barangije amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro guhera muri 2012.