Inama Nkuru y’Amashuri Makuru na Kaminuza (HEC) yahaye uburenganzira Kaminuza ya Kigali (UoK) bwo gufungura ryayo mu Karere ka Musanze.
Kanyamanza Casssien, umaze imyaka 37 ari umwarimu, asaba abarimu bakiri bato gukunda uburezi n’abana bigisha aho gushaka ubukire bwa vuba.
Mu cyumweru cyahariwe ubumenyingiro n’ikoranabuhanga (TVT Week) mu Rwanda, uyu munsi hasuwe ikigo cy’ubumenyi ngiro cya Tumba College of Technology.
Ishuri ryisumbuye ry’ubuhinzi, ubworozi n’amashyamba rya Kabutare, tariki 5/10 ryatashye amazu ryubakiwe n’umuryango w’Ababirigi ufasha mu myigishirize y’imyuga, PAFP.
Abarimu bo mu murenge wa Byimana, barishimira ibyo Leta ikomeje kubagezaho, bakemeza ko nabo bagomba gufata iya mbere bakabibyaza umusaruro.
Abarimu bo mu Karere ka Burera bahamya ko ababyeyi bongereye imbaraga mu burere bw’abana babo nta mwana wakongera guta ishuri.
Abarimu bo mu karere ka Gakenke baratangaza ko n’ubwo bahembwa amafaranga make ariko bitababuza kugira ibyo bakora kandi bikabateza imbere.
Ishuri rya Tumba College of Technology ryatangiye kugeza ibikorwa abanyeshuri bahiga bahanga kugira ngo bibafashe mu kubongerera ubuzima bwiza.
Abarimu bo mu karere ka Rutsiro batangaza ko ikibashimisha mu kazi kabo ari ukwigisha abo bigishije bakazigirira akamaro.
Abafite aho bahurira n’uburezi mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barasabwa gushyira imirindankuba ku bigo by’amashuri hagamijwe kurinda abanyeshuri ibiza.
Abanyeshuri 170 barangije kuri PIASS mu mashami y’uburezi, iterambere n’iyobokamana, kuri uyu wa 30 Nzeri 2015 bahawe impamyabushobozi.
Mu nama yahuje Ministeri y’Uburezi, abashinzwe uburezi n’abayobozi b’ibigo by’amashuri mu turere twa Ngoma na Kirehe, basabwe gusesengura impamvu zitera abana guta ishuri.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga (MYICT) isaba abanyeshuri biga mu makaminuza kugira umuco wo kwihangira imirimo bagafasha leta kugabanya ubushomeri mu gihugu.
Minisiteri y’Uburezi iravuga ko itakuyeyo igihano cyo kwirukanwa ku banyeshuri, ariko igasaba ko bitajya bihubukirwa ahubwo umwanzuro wajya ubanza kugishwaho inama.
Abanyamigabane ba kaminuza ya Rusizi Internationl university (RIU) bakomeje kudahuza mu byo bakora nk’uko byagaragaye mu inama bongeye guhuriramo.
Abarangije mu mashuri y’imyuga akunze kwitwa TVET, barasabwa kugaragaza ibyo bazi gukora ndetse n’ubwiza bwa byo kugira ngo bareshye abikorera.
Minisitiri w’Umutungo Kamere Dr. Vincent Biruta aratangaza ko gukora ugahembwa bivuze kongera umusaruro kuko bitabaye ibyo n’ibyakozwe bishobora gupfa ubusa.
Umuryango VSO uri kwigisha abiga muri TTC Byumba gukora imfashanyigisho mu bikoresho bitandukanye no mu budeyi kugira ngo bibongerere ubumenyi.
Abanyeshuri 3 bo mu kigo cy’ishuri cya G.S St Paul cyo mu karere ka Rusizi baherutse gutwara inda zitifujwe
Bamwe mu babyeyi bo mu Murenge wa Remera bemaza ko kugaburira abana ku ishuri byazanye impinduka nziza mu myigire yabo.
Kuri uyu wagatatu tariki 23 Nzeri, 2015, abanyeshuri bibumbiye mu muryango wa Croix Rouge ukorera muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishuri Rikuru Nderabarezi, bahuriye mu biganiro mpaka byibandaga kuri zimwe mu ntego z’ikinyagihumbi (MDGs).
Edition Bakame itangaza ko hari intambwe imaze guterwa mu Banyarwanda yo gukunda gusoma ibitabo bageneye ku buryo ibitabo byabo bigurwa.
Nyamagabe: Urubyiruko rwo mu byaro rubabazwa no kutagira amashuri y’imyuga, bigatuma benshi bashomera ntibabashe gutera imbere cyangwa kuba bakwihangira imirimo.
Mu Mujyi wa Kigali hari kubera amarushanwa yo gusoma icyongereza (Spelling), ari guhuza abanyeshuri bo mu bigo by’amashuri byo muri Kigali.
Uruganda rwa C&H Garments rufatanyije n’ikigo k’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) bashyize ku isoko abanyeshuri 72 barangije kwihugura.
Umuryango w’abafite ubumuga bwo kutabona(RUB) uvuga ko n’ubwo hari gahunda y’uburezi kuri bose, bo batarayibonamo bihagije.
Abafite ubumuga barangije kwiga umwuga wo gutunganya imisatsi mu karere ka Ngoma bahawe ibikoresho bibafasha guhita batangira kwikorera bakiteza imbere.
Integanyanyigisho z’amashuri yisumbuye ziri kuvugururwa ku buryo guhera muri Mutarama 2016, abana bazajya barangiza barize n’umwuga wabafasha mu mibereho.
Ishuri ryisumbuye rya GS.Kabare rikeneye miliyoni 600 z’amafaranga y’u Rwanda mu igenamigambi ryayo zizafasha mu gusana no kwagura iki kigo.
Ishuri rya gisirikare rya Gako riherereye mu karere ka Bugesera ryatangije ishami rya Kaminuza rizajya ryigisha amasomo imbonezamubano n’ibya gisirikare.