U Rwanda ruzakoresha ingengo y’imari ya tiriyali imwe na miliyoni 374 mu mwaka utaha wa 2012/2013, nk’uko bigaragara mu mbanzirizamushinga yayo yamurikiwe Inteko Ishingamategeko imitwe yombi.
ECOBANK yatanze mudasobwa mu mirenge SACCO igize akarere ka Nyanza mu rwego rwo kuzifasha kunoza imikorere yazo no kubahiriza ibikubiye mu masezerano y’ubufatanye impande zombi zashyizeho umukono muri Kanama 2011.
Minisitiri w’Intebe, Dr Habumuremyi Pierre Damien, arasaba ko imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Gashashi ruri mu murenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro yakwihutishwa abaturage bakabona umuriro w’amashanyarazi vuba.
Ibihugu byo mu karere k’Afurika y’Uburasirazuba hamwe na Sudani bitaraniye i Kigali mu nama bihererekanya ubunararibonye n’imbogamizi bihura nazo mu guteza imbere ishoramari n’imishinga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubwishingizi (Rwanda Social Security Board) kirashaka ko imyaka y’ikiruhuko cy’izabukuru mu Rwanda yongerwa igashyirwa kuri 60.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali burasaba abagenzi batega imodoka mu mujyi wa Kigali, kujya bahwitura abashoferi batinda ku byapa bashyiramo cyangwa bakuramo abagenzi, kuko binyuranyije n’amabwiriza agenda ingendo mu Mujyi.
Imirimo yo kubaka parikingi nshya yo mujyi yo mujyi wa Kigali yari yarahagaze igiye gusubukurwa nyuma yo kuvugurura igishushanyo mbonera cyayo kikajyana n’icyo Umujyi wa Kigali uteganya.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Nzahabwanimana Alex, tariki 04/05/2012, yasuye ibikorwa byo gukora umuhanda Buhinga-Tyazo mu karere ka Nyamasheke maze abaturage bamutangariza ibyishimo bafite kubera uwo muhanda.
Inyigo yakozwe ku mafaranga azubaka urugomero rw’amashyanyarazi n’ikiraro bya Rusumo, igaragaza ko bizatwara miliyoni 600 z’Amadolari y’Amerika, ariko bakaba hakiri imbogamizi z’aho Gasutamo yaba yimuriwe kugira ngo imirimo itangire.
Impuzamasendika y’abakozi mu Rwanda CESTRAR na COTRAF zirinubira ko mu Rwanda hakigenderwa ku itegeko ryo mu 1972 rigena ko umushahara w’umunsi uba amafaranga 100 y’u Rwanda.
Mu rwego rwo kurondereza ubutaka, abaturage bafite ubutaka mu mujyi cyangwa ahandi hose mu gihugu bazajya bagurirwa bazajya bafashwa kugira inzu muri ibyo bibanza; nk’uko bitangazwa n’ikigo cy’igihugu cy’Imiturire.
Igice cy’umuhanda wo ku Itaba mu mujyi wa Butare gikeneye miliyari 3.5 kugira ngo nacyo gitunganywe. Igice cy’ahagana ku muhanda munini wa kaburimbo wo mu mujyi wa Butare rwagati cyarangije gusaswamo amabuye ubu nta cyondo kikiharangwa.
Minisitiri w’urubyiruko atangaza ko urubyiruko rudakwiye gutegereza amahugurwa kugira ngo rwihangire imirimo iruteza imbere kuko amahugurwa atari kampara kugira ngo ushaka kugira icyo ageraho akigereho.
Urwego rw’ubuhinzi n’urw’inganda bikomeje gutera imbere kubera impinduka zakozwe na guverinoma, biri mu bizatuma ubukungu bw’u Rwanda bwiyongera uyu mwaka kurusha umwaka ushize, nk’uko bitangazwa na Guverineri wa Banki Nkuru, Ambasader Claver Gatete.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro mu Rwanda (Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko cyinjije amafaranga miliyari 428.4 ugereranyije na miliyari 397.3 yari yateganyije kwinjiza mu mezi 9 ashize (kuva muri Nyakanga 2011 kugeza muri Werurwe 2012). Amafaranga RRA yinjije arengaho 7% by’ayo yari yateganyije kwinjiza (...)
Urubyiruko rwibumbiye muri koperative SYCEP mu karere ka Gisagara umurenge wa Save ruratangaza ko rumaze kugera kuri byinshi rubifashijwemo n’umushinga IREX/USAID Youth for Change: Building Peace in Rwandan Communities.
Muri gahunda yo kwagura umujyi wa Kibuye, ubuyobozi bw’akarere ka Karongi burateganya kubaka gare igezweho izatwara amafaranga miliyari 4 na miliyoni 545. Iyo gare izubakwa ahitwa mu cyumbati, mu murenge wa Bwishyura.
Mu Baturarwanda bakabakaba miliyoni 11, abagera kuri 4,453,711 bakoresha telefoni zigendanwa; nk’uko raporo ya RURA yo mu mpera z’ukwezi kwa Werurwe 2012 ibitangaza.
Nubwo mu karere ka Muhanga hari aho bagenda bongera ibikorwa byo gukwirakwiza amazi n’amashanyarazi mu mijyi no mu cyaro, usanga abatuye mu mujyi wa Muhanga binubira ububi bwa serivisi bahabwa na EWASA.
Abaturage bahinga umuceri mu bishanga bya Ntende na Kanyonyomba bashimira Perezida Kagame ko akomeje kugaragraza ko imvugo ariyo ngiro. Tariki 20/04/2012, Perezida azafungura uruganda rw’umuceri ruri mu murenge wa Kiziguro rufite agaciro k’amafaranga miliyoni 325.
Nyirishema Eugène w’imyaka 32 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Mwima mu kagali ka Rwesero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza tariki 13/04/2012 amahirwe yaramusekeye agura isambu n’igare binyuze muri Tomola ya New Africa Gaming ikorera muri aka karere.
Abatishoboye bo mu mudugudu wa Karama mu kagali ka Cyeru mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza barishimira amazu 20 bubakiwe.
Imiryango y’abasigajwe inyuma n’amateka yo mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza irifuza kugira ikindi yakora kitari ukubumba inkono no kwirirwa bazikoreye ku mitwe bashakisha abaguzi.
Mu rwego rwo kurushaho kunoza imikoreshereze myiza y’ubutaka, kwihutisha iterambere ndetse no korohereza ishoramari, uturere twa Gasabo na Kicukiro twatangiye gahunda yo gushyiraho ibishushanyo mbonera byihariye; nk’uko bitangazwa n’umujyi wa Kigali.
Inama njyanama y’akarere ka Huye irasaba ko ibigo bigengwa n’akarere byose bigomba gukorerwa igenzura rirebana n’imicungire y’imari buri mwaka.
Mu muryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC), Uganda n’u Rwanda biza imbere mu kugira abaturage banezerewe; nk’uko bitangazwa na raporo y’umuryango w’abibumbye yasohowe muri iki cyumweru.
Nkinzurwimo Andre utuye mu murenge wa Rukomo wo mu Karere ka Gicumbi yemeza ko kwasa urutare byaje kumuviramo ubutunzi bwinshi akivana mubukene bwari bwaramwibasiye hamwe n’umuryango we.
Kubera ihungabana ry’ubukungu ryari rimaze igihe ryibasiye isi, inkunga ibihugu bikize byageneraga ibikennye yaragabanutse cyane mu mwaka ushize wa 2011. Ni ubwa mbere bibayeho mu myaka 15 ishize.
Kuva tariki 2 kugeza 6/04/2012 muri Hotel Dayenu i Nyanza harabera amahugurwa ku buryo bwo gutegura imishinga yafasha abaturage gutera imbere mu turere twa Rutsiro, Ngororero na Nyanza.
Ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF) kiravuga ko ubukungu bw’u Rwanda buzakomeza kuzamuka ku kigero kiri hagati ya 7.5 na 8% mu myaka ibiri iri imbere.