Perezida Kagame yitabiriye Umuhango wo Kwita Izina

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yitabiriye ibirori byo Kwita Izina abana b’ingagi 22, byabereye mu Kinigi mu karere ka Musanze, kuri uyu wa 02 Nzeli 2016.

Perezida Kagame mu muhango wo kwita izina (Photo internet)
Perezida Kagame mu muhango wo kwita izina (Photo internet)

Perezida Kagame arageza ijambo ry’uwo munsi, ku baturage bo mu karere ka Musanze n’abo mu tundi turere two mu Ntara y’Amajyaruguru bateraniye ku kibuga gisanzwe kiberaho umuhango wo Kwita Izina.

Uyu muhango ngarukamwaka, witabiriwe kandi n’abandi banyacyubahiro batandukanye, barimo abaturutse mu bihugu 28 byo ku isi.

Abo bana b’ingagi bitwa izina bariyongera ku bandi biswe izina, bahite bagera kuri 283. Pariki y’igihu y’Ibirunga icumbikiye ingagi 304, zigize 35% y’ingagi zose ziri ku isi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

twishimiye kiriya gikorwa Ukuntu kigenda neza kuko tuboneraho nogusurwa na peresida wacu

Kareka j paul yanditse ku itariki ya: 2-09-2016  →  Musubize

N’igikorwa cyiza gusa dukomeze kubungabunga ibidukikije cyane cyane ibinyabuzima

Nshimiyimana lavie yanditse ku itariki ya: 2-09-2016  →  Musubize

N’igikorwa cyiza gusa dukomeze kubungabunga ibidukikije cyane cyane ibinyabuzima

Nshimiyimana lavie yanditse ku itariki ya: 2-09-2016  →  Musubize

muratubeshya ntabwo yagiye yambaye kuriya ariko byabaye byiza

Eric yanditse ku itariki ya: 2-09-2016  →  Musubize

Thank u our president

Dave the Best yanditse ku itariki ya: 2-09-2016  →  Musubize

NIBYIZA DUSHIYE P.KAGAME PAUL MWUYU MUHANGO UMUNSI MWIZA KU BANYARWANDA BOSE.

HABARUREMA yanditse ku itariki ya: 2-09-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka