Mu kigo gitoza abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Africa Rising Cycling Center), ku wa Gatandatu tariki 27 Kamena 2020 habereye umuhango wo gutangiza gahunda y’ubukerarugendo bushingiye ku igare, witabirwa n’abantu 15 bagizwe n’Abanyarwanda ndetse n’abanyamahanga.
Umuyobozi w’Idini ya Islamu mu Rwanda(Mufti), Sheikh Salim Hitimana aravuga ko umutambagiro mutagatifu Abayisilamu bakorera i Macca atari ubwa mbere usubitswe, kuko umaze gusubikwa inshuro zisaga 40 mu bihe bitandukanye.
Igihugu cya Arabia Saoudite cyategetse ko muri uyu mwaka wa 2020 nta banyamahanga bagomba kujya i Macca mutambagiro mutagatifu wa kisilamu, uzwi nka Hajj.
Nubwo abasura Kibeho ku bw’amabonekerwa yahabereye bagenda biyongera ugereranyije no mu bihe byashize (mu gihe kitari icy’indwara ya Coronavirus), hari abavuga ko uko hasurwa bidashamaje ukurikije agaciro kaho.
Ibikorwa byo kurwanya icyorezo cya COVID-19 byatumye byinshi mu bikorwa bihagarara mu Mujyi wa Gisenyi wari umenyerewe nk’umujyi w’ubukerarugendo n’ubucuruzi.
Nyuma y’uko Radio Horeb, ari yo Radiyo Mariya yo mu Budage, yafashije mu kubaka Radio Mariya Kibeho, yatangiye no gushishikariza Abadage gusura Kibeho.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kwihutisha Iterambere(RDB), rukomeje gusaba abikorera kongera ibikorwa na serivisi zihabwa ba mukerarugendo, nyuma y’amasezerano rukomeje kugirana n’amakipe akomeye ku isi ndetse n’ibigo by’ubucuruzi.
Mu gihe abajya gusengera i Kibeho bavuga ko babura aho bugama iyo imvura ihabasanze, umushumba wa Diyosezi ya Gikongoro avuga ko Bazilika bateganya kuhubaka izatanga igisubizo ku bwugamo.
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa kane ku isi mu bihugu byo gusurwa na ba mukerarugendo nk’ahantu heza mu mwaka wa 2020.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bufatanyije n’abafatanyabikorwa b’ako karere, barashaka guhindura imikoreshereze y’umwaro cyangwa se inkengero z’ikiyaga cya Kivu hakarushaho gutanga umusaruro.
Urubuga rwa Forbes rwashyize Umujyi wa Kigali ku mwanya wa gatanu w’ahantu heza ho gutemberera mu mwaka utaha wa 2020.
Umuyobozi ushinzwe Ubukerarugendo mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere(RDB), Belise Kariza atangaza ko ibyamamare mu mupira w’amaguru hamwe n’abahanzi, barimo kwitegura kuza mu Rwanda ku itariki 06/9/2019.
Assomption ni umunsi Abagatolika b’isi yose bizihiza ijyanwa mu ijuru rya Bikiramariya nyina wa Yezu Kristu.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) cyatangaje ko cyamaze gusinya amasezerano n’Ikigo cyo mu Bufaransa ‘Vivendi Group’ gisanzwe kibarizwamo Canal +, yo kubaka no kubyaza umusaruro umudugudu w’umuco ‘Kigali Cultural Village (KCV)’, uherereye ku I Rebero mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali.
Mu minsi ishize, umukobwa wa Perezida wa Repubulika, Ange I. Kagame n’umugabo we Bertrand Ndengeyingoma baherutse gukora ubukwe, bemeje ko bagiriye ukwezi kwabo kwa buki mu Rwanda.
Abakora ibikorwa by’ubukerarugendo ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu hazwi nka Kivu Belt bavuga ko bari gutegura ubukerarugendo bwa Moto nini mu kumenyekanisha ubwiza bw’u Rwanda.
Kuva mu ijoro ryo kuri uyu wa 25 Kamena 2019 ku i saa sita n’igice, Abanyarwanda n’abaturarwanda bakunda gusura ubutaka butagatifu muri Israel barasubizwa kuko RwandAir, ikompanyi y’u Rwanda ikora ingendo rusange, itangira ingendo zerekeza i Tel Aviv muri Israel.
Mu Ntara y’Uburengerazuba hatangijwe Destination Kivu Belt ikigo gifite inshingano yo guteza imbere ubukerarugendo ku mukandara w ikiyaga cya Kivu kuva mu Karere ka Rubavu, Rutsiro, Karongi, Nyamasheke na Rusizi.
Umutambagiro mutagatifu ubera i Maka uzwi nka Hijj ni umutambagiro ukorwa n’umuyisilamu ubifitiye ubushobozi mu mutwe, ku mubiri ndetse n’Amafaranga.
Nyuma yo kugaragarizwa ibyerekanywe n’ bushakashatsi ku mibereho y’Abaturage (EICV) bwo muri 2018, bigaragaza ko i Nyaruguru abaturage 52% bari munsi y’umurongo w’ubukene; Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Anastase Shyaka, yabwiye abayobozi b’inzego z’ibanze muri aka Karere ko ubutaka butagatifu budakwiye guturwa n’abakene.
Musenyeri Célestin Hakizimana, umushumba wa Diyosezi gatorika ya Gikongoro, avuga ko bifuza kuzasaba ko uwa 28 Ugushyingo waba umunsi w’ikiruhuko mu gihugu hose.
Radio mpuzamahanga ya Kiriziya Gatolika yafunguye ishami ryayo i Kibeho ahantu honyine muri Afurika kiriziya yemeza ko habereye amabonekerwa.
Ukuri ku masezerano ya Arsenal n’u Rwanda kwagiye ahagaragara, nyuma y’amezi atatu abantu inzira byanyuzemo kugira ngo ijambo “Visit Rwanda” ryandikwe ku mipira y’ikipe ikomeye nka Arsenal.
Akarere ka Musanze kagiye kuba aka mbere mu gutangiza uburyo bw’amagare rusange akodeshwa, mu rwego rwo gukomeza kureshya ba mukerarugendo.
Urwego rushinzwe iterambere ry’igihugu (RDB) rwihanangirije abatanga serivisi zifite aho zihuriye n’ubukererugendo ko uzagaragarwaho n’irondaruhu ateganirijwe ibihano birimo no kuba ibikorwa bye byafungwa burundu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye buratangaza ko gutunganya mu bisi bya Huye, aho Nyagakecuru uzwi mu mateka y’u Rwanda yari atuye, bizatwara arenga miliyari 2.5Frw.
U Rwanda rwahawe kimwe mu bihembo bikomeye ku isi bizwi nka “World Travel Awards” nk’igihugu cya mbere muri Afurika gisurwa cyane na ba mukerarugendo.
Igice cy’Umujyi wa Kigali kitagendwamo n’imodoka kizwi nka “Kigali Car Free Zone” kitakinakorerwamo ubucuruzi nka mbere, Umujyi wa Kigali watangaje ko hagiye gushyirwa ibikorwa bishya by’ubucuruzi.
Minisiteri y’Ibidukikije n’Umutungo kamere (MINIRENA) itangaza ko igishanga cya Nyandungu kigiye gutunganywa mu buryo bubereye ubukerarugendo, umushinga ukazatwara Miliyari 2.4RWf.
Ikiyaga cya Ruhondo giherereye hagati y’uturere twa Burera na Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, ni kimwe mu mitungo kamere y’Intara y’Amajyaruguru itavugwa.