Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Mata mu gihugu cy’u Busuwisi habereye tombora y’ijonjora ry’ibanze yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cy’Abagore kizaba mu 2026, u Rwanda rwisanga mu itsinda rimwe n’igihugu cya Argentina.
Mu mpera z’iki cyumweru ubwo hazaba hakinwa irushanwa ryo kwibuka abakinnyi bahoze bakina Basketball muri Shampiyona y’u Rwanda, bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abakinnyi basaga 34 ni bo bazibukwa.
Bamwe mu bakinnyi bakomeye bakinaga muri shampiyona ya basketall mu gihugu cy’u Burundi, bakomeje gusohoka iki gihugu aho nyuma ya Israel Otobo, ubu Nijimbere Guibert na we yasesekaye mu Rwanda, bombi bavuye mu ikipe ya Dynamo Basketball Club, yabuze ayo icira n’ayo imira nyuma yo gusezererwa mu irushanwa rya BAL 2024 (...)
Ikipe ya Patriots BBC yatsinze United Generation Basketball (UGB) amanota 81-78, bituma isoza imikino ibanza ya Shampiyona idatsinzwe.
REG WBBC yatsinze Kepler WBBC amanota 65-63 mu bagore, no mu bagabo itsinda Kepler BBC bigoranye ku manota 89-85, imikino yabaye ku wa Mbere tariki 01 Mata 2024.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Werurwe 2024, saa mbili z’umugoroba (20:00) muri LDK harakinwa umunsi wa 21 muri shampiyona ya Basketball mu Rwanda aho ikipe ya REG BBC yakira ikipe ya APR BBC, umukino ufite igisobanuro gikomeye ku makipe yombi muri iyi shampiyona.
Ku wa Gatatu tariki 27 Werurwe 2024, hakinwaga umunsi wa 20 muri shampiona y’icyiciro cya mbere muri basketball, amakipe ya Kepler, APR, UGB ndetse na Orion zitwara neza zitsinda imikino yazo, Inspired Generation yuzuza imikino umunani itaratsinda.
Nyuma yo gutsinda ikipe ya Al Ittihad yo mu gihugu cya Misiri mu mukino wayo wa mbere wa gicuti, ikipe ya APR Basketball Club irongera gucakirana na Al Ittihad mu mukino wayo wa kabiri wa gicuti mbere y’uko iyi kipe yo mu Misiri isubira iwabo.
Ubwo hakinwaga umunsi wa 29 wa shampiyona, ikipe ya K Titans yatsinze biyoroheye ikipe ya Inspired Generation amanota 83-67, bishyira Inspired Generation ku mwanya wa nyuma ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona.
Mu mukino w’umunsi wa 18 wa shampiyona ya Basketball mu Rwanda, ikipe ya Patriots BBC yatsinze irusha cyane APR BBC amanota 73-59, ifata umwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatatu yakiriye Madamu Clare Akamanzi, Umuyobozi Mukuru wa NBA Africa ndetse Amadou Gallo Fall, Perezida wa Basketball Africa League (BAL).
Kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Werurwe 2024, harakinwa umunsi wa 18 wa shampiyona ya Basketball mu Rwanda aho APR BBC yakira Patriots BBC, amakipe akurikirana ndetse anganya n’amanota acakirana saa moya z’umugoroba (19:00) muri LDK.
Muri shampiyona ya Basketball yakomezaga ku wa Gatanu tariki 15 Werurwe 2024, amakipe ya APR na Patriots yitwaye neza, REG BBC itakaza umukino wayo wa mbere.
Ikipe ya Patriots Basketball Club ikomeje urugendo rwo kwiyubaka muri shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda, yasinyishije Nikola Scekic ukomoka mu gihugu cya Serbia.
Ikipe yari ihagarariye igihugu cy’u Burundi mu mikino ya Basketball African League (BAL) 2024, yasezerewe mu irushanwa kubera kudakurikiza amategeko arigenga, arimo kwambara iriho umuterankunga w’irushanwa (Visit Rwanda).
Ikipe ya REG y’abagore yegukanye irushanwa rya Basketball ryo kwizihiza umunsi w’abagore, irushanwa ryabereye muri Lycee de Kigali ku Cyumertu tariki 10 Werurwe 2024.
Abakinnyi b’ikipe y’Ingabo z’Igihugu mu mikino wa Basketball (APR BBC) kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Werurwe 2024, basangiye n’abana bakina basketball barenga 150 babarizwa muri ishuri ryigisha uyu mukino ryitwa Rafiki Kids Academy.
Umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’ u Rwanda muri Basketball akaba na Kapiteni wahoze akinira Patriots BBC, Willson Kenny Gasana, yagarutse muri iyi kipe, ayisinyira umwaka umwe.
Ikipe ya APR BBC yatsinze biyoroheye ikipe ya UGB BBC ndetse na REG BBC itsinda Kigali Titans mu mikino y’umunsi wa 11 wa shampiyona ya Basketball mu Rwanda. Ni imikino yakinwe ku mugorobo wo ku wa Gatatu tariki 06 Werurwe 2024, imikino yose ibera muri Gymnasium ya Lycée de Kigali.
Umunyabigwi ndetse akaba n’icyamamare mu mukino wa Basketball Lebron James ukinira ikipe ya Los Angeles Lakers yanditse amateka nyuma yo kuzuza amanota ibihumbi 40 bitigezwe bikorwa n’undi mukinnyi muri uyu mukino.
Mu mpera z’iki cyumweru, kuva ku wa Gatanu tariki 01 kugeza ku wa Gatandatu tariki 02 Werurwe 2024, hakinwe imikino ya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda mu mukino wa Basketball, maze amakipe arimo Patriots, REG, UGB na Espoir atsinda imikino yayo. Hakinwaga umunsi wa cyenda n’uwa cumi, imikino yombi ikaba yabereye (...)
Ikipe ya APR Basketball Club iri mu gihugu cya Qatar aho ikomeje kwitegura imikino ya Basketball Africa League (BAL 2024) yaraye itsinze mu mukino wa gicuti AL Rayyan ibitse igikombe cya Shampiyona ya Qatar.
Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 19 Gashyantare 2024, nibwo ikipe ya APR y’umukino wa Basketball mu bagabo (APR BBC), yahagurutse i Kigali yerekeza i Doha mu gihugu cya Qatar, aho igiye gukorera umwiherero mu rwego rwo kwitegura neza imikino ya BAL 2024.
Shema Maboko Didier wahoze ari Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, ni impuguke mu mukino wa Basketball. Yagiranye ikiganiro na Kigali Today, agaruka ku mpamvu zaba zaratumye NBA Africa igirira icyizere Clare Akamanzi uherutse kugirwa Umuyobozi Mukuru wayo.
Clare Akamanzi uherutse gusimburwa ku buyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) yahawe inshingano nshya, akaba yagizwe Umuyobozi Mukuru (CEO) wa NBA Africa izwiho kuzamura no guteza imbere abakinnyi bafite impano mu mukino wa Basketball muri Afurika.
Ikipe ihagarariye u Rwanda mu mikino ya FIBA AFRICA WOMEN BASKETBALL LEAGUE, REG Women Basketball Club, iresurana na Kenya Ports Authority (KPA WBBC) mu mukino wa 1/2.
Ikipe ihagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika REG WBBC, kuri uyu mubgoroba iracakirana na Equity Bank yo muri Kenya.
Kuri uyu wa Gatandatu mu mujyi wa Kigali hasojwe irushanwa ngarukamwaka ry’abato ry’abatarengeje imyaka 15 rya Jr NBA League, aho amakipe ya Lycée de Kigali mu bagabo na GS Marie Reine Rwaza mu bagore ari bo begukanye ibikombe.
Ikipe ya Orion Basketball Club ku bufatanye n’inzego zitandukanye batangije igikorwa biyemeje cyo gutera ibiti mu turere twose tw’u Rwanda.
Mu irushanwa ryo gushaka itike y’imikino nyafurika ya FIBA Africa Women Basketball League, ikipe ya REG WBBC itsinze ikipe ya JKL Lady Dolphins yo muri Uganda amanota 66 kuri 65, mu mukino wa nyuma mu itsinda ihita inasoza ku mwanya wa kabiri.