Gatsibo: Isoko ry’inka ryari riteganyijwe ryahagaritswe

Isoko ry’inka (igikomera), cyari giteganyijwe kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Gashyanatare 2024, cyahagaritswe kubera kwikanga indwara y’uburenge, hafi y’aho cyagombaga kubera.

Isoko ry'inka ryari riteganyijwe muri Gatsibo ryahagaritswe
Isoko ry’inka ryari riteganyijwe muri Gatsibo ryahagaritswe

Iki gikomera cyagombaga kubera mu Murenge wa Rwimbogo, Akagari ka Rwikiniro ahitwa Kadobogo.

Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, yabwiye Kigali Today ko impamvu cyahagaritswe, ari uko mu Karere ka Kayonza bahana imbibi hari inka zigikekwaho indwara y’uburenge, kandi hakaba hari ukwikanga ko hari inka zava aharwaje zikaba zakwirakwiza indwara.

Ati “RAB ni yo yavuze ko gihagarara kuko muri Kayonza hari inka ibipimo byazo bihora bihindagurika, kandi hariya inka za Kayonza zirahaza.”

Umwe mu borozi yavuze ko indwara y’uburenge ubu igaragara ahitwa Gakoma muri Kayonza, hafi n’Umudugudu wa Gikobwa mu Kagari ka Munini Umurenge wa Rwimbogo.

Uburenge bwagaragaye bwa mbere mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kiziguro ku wa 14 Ukuboza 2023.

Inka eshatu (3), zari zagaragaje ibimenyetso zakuwe mu bworozi ku buryo ku wa 21 Ukuboza 2023, nta ndwara y’uburenge yari ikigaragara mu nka mu Karere ka Gatsibo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka