Ubuhinzi bukorwa n’abadafite imbaraga bugatanga umusaruro muke-AFRACA

Umwe mu bayobora banki muri Sierra Leone witabiriye inama ya afracra, Hannah Musu Jusu, avuga ko ubuhinzi muri Afurika budashobora gutera imbere mu gihe bugikorwa n’abasaza badafite imbaraga.

Kuba muri Afurika ubuhinzi buharirwa abantu bakuze kandi badafite ubumenyi buhagije ngo birabudindiza.
Kuba muri Afurika ubuhinzi buharirwa abantu bakuze kandi badafite ubumenyi buhagije ngo birabudindiza.

Hannah Musu uyobora ishami rya Banki yitwa Apex, yo muri Sierra Leone, avuga ko urubyiruko rufite imbaraga ari rwo rwagombye kuba mu bikorwa by’ubuhinzi.

Ati ”Urubyiruko rw’iwacu, ariko n’ahandi ni uko, ruharira umurimo w’ubuhinzi ababyeyi batagifite imbaraga cyangwa abandi bantu batageze mu ishuri; ibi na byo ni imbogamizi abitabiriye inama bagomba gushakira igisubizo”.

Ubukangurambaga mu rubyiruko ngo burakenewe, ariko hagashakwa n’uburyo ikoranabuhanga ryakwifashishwa kugira ngo ubuhinzi, bufatwa nk’umurimo uvunanye utagira isuku, bubashe kwitabirwa n’urubyiruko rwize.

Inama y’AFRACA na yemera ko kubura kw’abantu bashoboye kandi bafite ubumenyi, ari imbogamizi ku iterambere ry’ubuhinzi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka