Ministiri w’ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Geraldine Mukeshimana yavuze ko igisubizo cyo kugira ngo abahinzi batange umusaruro ubahagije banasagurire amasoko, bakeneye gushakirwa igishoro no kuzana abashoramari babunganira by’ubuhinzi.
Yagize ati ”U Rwanda ruracyafite ikibazo cy’abahinzi binjiza umusaruro muke cyane; niyo mpamvu hari gahunda y’amavugurura mu buryo bwo kuzana abashoramari bashya ndetse no gutunganya umusaruro mbere yo kuwugeza ku masoko.”
Yavuze kandi ko ubukangurambaga bukomeje mu gusaba abaturage kuzigama no guhererekanya amafaranga binyuze mu materefone bafite, ndetse no guhugura abakoresha serivisi z’imari.
Yongeyeho ko izo mbaraga zose zikeneye gutanga umusaruro zibikesheje ibitekerezo bishya biza kuva mu nama ya AFRACA iteraniye i Kigali.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|