Numvishe agahari (agashiha) gatangiye kumbihiriza nahise nshaka fasi fulani (ahantu) nicara tu nanjye nkisubiza icyubahiro. Ndakugendeye hariya muri vire ndani (ville – mu mujyi hagati) ahantu hari aga terase (terasse – akabaraza) k’ikingala (kitaruye) aho nashoboraga gufata ku miporezo (icyo kurya) nkanamanura (n’icyo kunywa) nanitera akajya mbere ngo ni agaki. (nihera ijisho ibitambuka).
Niko byagenze, niteye akantu ariko nanikorera imipango ya dilu zanjye (nitekerereza iby’akazi) dore ko maze kubona ko ibintu by’inkundo za gisore za feke-feke (zidashinga) nta mushinga urimo, nkaba nariyemeje kubanza kwishakira ubukaro (amafaranga) nkazaba nkora gahunda nzima zifatika kandi zirambye nyuma… ubwo namwe murayoka! (murabyumva)
Icyancanze sasa ari nacyo mu by’ukuri nashakaga kubabwira, ni ukuntu aho hantu nari nicaye nasanze kasitomakeya (customer care – kwita ku bakiriya) yaho ari wazi kabisa (nta kigenda na gato)! Kimwe n’ahandi hatari hake nsigaye mbibona muri Keji Eli (mu mujyi wa Kigali), ikintu cya kasitomakeya kiracyari feke (nta kajyamo) hari hakwiriye gutangwa ingando ku baseriveri (serveurs – abakira abantu), ba manaja (manager – ababayobora) cyangwa sijuwi (sinzi)… kuko birakabije hamwe na hamwe!
Kanaka WAGIYE HE???
Your stories are always nice and entertaining but it feels like we’ve been waiting for your next article for decades!!!!
Has your article cancelled??
Na Comments zacu ntibakizerekana noneho...ahaa!!
claude yanditse ku itariki ya: 4-04-2013
Kanaka, stori zawe zinkora ahantu kabisa!
Kuko kubyerekeye tipu nuko, ahubwo nomumasaro de kwafire naho nuko usanga batugenza!
yanditse ku itariki ya: 12-03-2013
Sinaho gusa ikenewe mukazi ako ariko koze hakwiriye kwitabwaho umukiriya kuko burya business zose zidafite umukiriya Zahomba. Mperutse kujya ahantu ntanga commande iza hashize amasaha abiri. Kurubyo hotel narimo batumye abantu twari kumwe bavuga ngo kugira ngo ubashe kubona ifunguro saa moya zijoro ukora commande mugatondo ukibyuka. Mubyukuri abanyarwanda twari dukwiye guhindura imyunvire tukunva ko twifuza guteza customer care imbere.
Well say Kanaka!!!!Aha kabisa uvuze ibyukuri, merutse kugya kuri bourbon coffee hariya ho ni danger. Iyo utari umuzungu nibakwitaho namba ukagirango samafranga yawe uribubahe... nukuri customer care irakyenewe cyane muma resto yo murwanda.