Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kicukiro ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye, bateguye ubukangurambaga bugamije kumenyekanisha amatora ari imbere mu Rwanda y’Umukuru w’Igihugu ndetse n’ay’abadepite. Ubwo bukangurambaga babujyanishije n’amarushanwa atandukanye, bukaba bwari bufite insanganyamatsiko igira iti “Imiyoborere (...)
Kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kamena 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), yatangaje urutonde ndakuka rw’abakandida bemerewe kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite, azaba muri Nyakanga 2024.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Mutsinzi Antoine, yasabye urubyiruko kuzagira uruhare mu kwishyiriraho ubuyobozi bwiza, batagendeye mu kigare no ku marangamutima, ahubwo bagendeye ku migabo n’imigambi abakandida bazababwira.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko abakandida batatu ari bo bemerewe by’agateganyo kuziyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka wa 2024.
Indangamuntu ni icyangombwa ngenderwaho mu matora ya Perezida wa Repubulika, no mu matora y’Abadepite yo ku itariki 15 Nyakanga 2024, hirya no hino mu turere rw’u Rwanda, haracyagaragara indangamuntu zitaragera kuri ba nyirazo, mu gihe amatora yegereje, ahazifashishwa indangamuntu utayifite akaba yayahomba.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko yakiriye abantu icyenda batanze ibyangombwa basaba kuba abakandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, mu matora azaba muri Nyakanga 2024.
Philippe Mpayimana wahataniye umwanya wa Perezida wa Repubulika nk’umukandida wigenga mu matora yo muri 2017, yongeye gushyikiriza Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), ibyangombwa bisaba kuba umukandida wigenga nanone ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora yo muri Nyakanga 2024.
Habimana Thomas, uyobora ishuri ry’imyuga n’ubumenyi ngiro rya ‘Hope TSS’, riherereye mu Murenge wa Gisenyi w’Akarere ka Rubavu, yatanze ibyangombwa bisaba kuba umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora azaba muri Nyakanga 2024.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), yakiriye ibyangombwa bya Barafinda Sekikubo Fred, bisaba kwemererwa kuba umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora azaba muri Nyakanga uyu mwaka wa 2024.
Mu gihe Abanyarwanda bitegura amatora ya Perezida w’u Rwanda n’ay’Abadepite azaba tariki 15 Nyakanga 2024 imbere mu Gihugu, hari abatuye i Nyaruguru bavuga ko ntawe ukwiye kudatora abayobozi kuko ari uburenganzira ndetse n’inshingano za buri wese wujuje ibisabwa.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Gicurasi 2024, nibwo Komisiyo y’Amatora yakiriye Manirareba Herman, ushaka kuba umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu matora azaba muri Nyakanga 2024.
Umunyarwenya Mucyo Samson wamamaye nka Samu mu itsinda rya Zuby Comedy yatanze kandidatire ye kuri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) aho yifuza kuba umukandida ku mwanya w’Umudepite uhagarariye urubyiruko.
Minisitiri w’Urubyiruko, Dr. Abdallah Utumatwishima yasabye urubyiruko kwitegura amatora bashaka ibya ngombwa bikenewe byose ndetse bakazatora mu b’imbere.
Ubuyobozi bwa komisiyo y’amatora mu Rwanda burahumuriza abashobora kuzagira ikibazo cyo kubura indangamuntu bucya haba amatora ko hateganyijwe uburyo bazatora, ariko bunasaba n’abantu bashobora kuyibura mbere yaho gushaka icyangombwa kiyisimbura irangamuntu no kugenzura ko bari kurutonde rw’abazatora.
Nyiramahirwe Jeanne d’Arc, Umwarimu muri Groupe Scolaire Butete mu Murenge wa Cyanika, Akarere ka Burera, wagiye gutanga kandidatire yo kwiyamamariza umwanya w’Ubudepite, yavuze ko hari kimwe basanze atujuje, ahabwa amahirwe nk’umubyeyi wari uhetse.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) arasaba buri muntu wese wujuje ibisabwa, kwitabira amatora kandi agatora kuko ijwi rimwe ryonyine rishobora gutuma umukandida wawe atsinda cyangwa agatsindwa amatora bitewe n’umubare w’amajwi aba yabonye.
Abagore bahagarariye abandi mu Ntara y’Amajyepfo, basabwe kuzakora ku buryo haba n’icyumba cy’ubutabazi kuri buri site y’itora.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, baravuga ko batangije icyo bise umuhuro w’ubukwe bw’amatora y’umukandida wa RPF Inkotanyi, ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.
Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho myiza y’Abaturage (PSD) ryagejeje kuri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora(NEC), urutonde rw’abakandida-depite 66 barimo abagore 29 n’abagabo 37.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 20 Gicurasi 2024, Dr. Frank Habineza watanzwe n’Ishyaka Democratic Green Party of Rwanda, yashyikirije Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), ibyangombwa bisaba guhagararira iryo shyaka nk’umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, mu matora ateganyijwe muri Nyakanga 2024.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, arasaba ababa badatunze telefone, kimwe n’abageragera kwikosoza kuri lisiti y’itora ariko bikanga, kwegera ubuyobozi bukabafasha.
Ishyaka PL riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu, ryashyikirije Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) urutonde rw’abantu 54 ryifuza ko bazarihagararira mu matora y’Abadepite nk’abakandida.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje ko ku itariki ya 17 Gicurasi 2024, ku munsi wa mbere wo kwakira kandidatire z’abifuza kwiyamamaza, yakiriye umukandida umwe ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Oda Gasinzigwa, kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Gicurasi 2024, ubwo yakiraga kandidatire ya Perezida Paul Kagame ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu ahagarariye Umuryango wa FPR Inkotanyi, yavuze ko ibyangombwa bye yashyikirije iyi Komisiyo byuzuye.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangiye kwakira kandidatire z’abifuza kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Gicurasi 2024, ku ikubitiro ikaba yakiriye kandidatire ya Paul Kagame, Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, ari na we usanzwe ayobora u Rwanda.
Mu gihe habura iminsi micye ngo Abanyarwanda baba imbere mu gihugu ndetse n’abatuye hanze, binjire mu bihe by’amatora y’umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite, imwe mu mitwe ya politiki yamaze kwerekana aho ihagaze. Hari iyatanze abakandida bazayihagararira mu matora indi ihitamo gushyigikira umukandida watanzwe n’umuryango FPR (...)
U Rwanda rukomeje imyiteguro y’amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite ateganyijwe ku itariki ya 14 Nyakanga 2024 ku Banyarwanda baba mu mahanga, no ku itariki ya 15 Nyakanga 2024 ku Banyarwanda b’imbere mu Gihugu.
Kuva tariki ya 14 kugera ku ya 16 Nyakanga 2024, Abanyarwanda 9,500,000 bafite kuva ku myaka 18 kuzamura, bazitabira amatora ya Perezida wa Repubulika ndetse n’ay’Abadepite.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora iravuga ko hari abantu 8 basabye impapuro zibemerera kujya gushaka imikono mu turere ibemerera kwiyamamariza kuba Perezida wa Repubulika.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) igaragaza ko ababarirwa muri Miliyoni ebyiri n’ibihumbi 300 bo mu kigero cy’urubyiruko biteganyijwe ko bazitabira amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite azaba mu kwezi kwa Nyakanga 2024.