Rubavu: Umugore yabyaye umwana uteye nk’igisimba

Umugore wo mu kigero cy’imyaka 40 utuye mu murenge wa Nyakiriba, akarere ka Rubavu, mu ijoro rishyira kuwa Gatandatu tariki 25/05/2013, yabyaye umwana uteye nk’igisimba kuko yaba isura kimwe n’igice cyo hasi hose hameze nk’inyamaswa.

Uyu mubyeyi avuga ko inkomoko yo kubyara iki kiremwa abikomora ku makimbirane yagiranye n’umuganga wamuvuraga ubwo yari atwite.

Uyu mugore wari umaze igihe akuramo inda, iyi nda yabyaye yiyambaje umuvuzi wa Gakondo. Avuga ko inda ifite amezi atanu yaje kugirana ikibazo na muganga amubwira ko atazabyara umwana.

Uyu mubyeyi avuga ko ubwo inda yamufataga tariki 24/5/2013, abandi bagore baje kumufasha cyane ko iyi nda itari yakagejeje igihe cyo kuvuka.

Ariko ngo bagerageje kumufasha arabyara babona abyaye ikiremwa kitameze nk’umuntu ubwoba burabataha bahita bamujyana kwa muganga ku kigo nderabuzima cya Karambo ariko iki kiremwa cyapfuye.

Inkuru irambuye iracyategurwa

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 27 )

biteye ubwoba pe!....aringe sinanakireba nakiruka.uwo mubyeyi niyihangane niho isi igeze ashikame asenge kuburyo Imana Imutsindira ibyo bintu

tuyisenge emanualia yanditse ku itariki ya: 8-06-2013  →  Musubize

mbega!! birabaje pe. ariko abagore bose bihangane pe.

kakako yanditse ku itariki ya: 4-06-2013  →  Musubize

birababaje kandi biratangaje cyane bavandimwe murabona ataribimenyetse bigaragaza ko isi igeze kwiherezo ,nonese niba umuntu asigaye abyara inyamazwa murabona hasigaye iki?

sanganiro jpaul yanditse ku itariki ya: 28-05-2013  →  Musubize

nukuri ibinibimenyetso byerekana ko isi igeze kumusozo wayo aho abanu basigaye babyara inyamaswa birababaje kandi biratangaje cyane mbega ibibazo

yanditse ku itariki ya: 28-05-2013  →  Musubize

uwo mugore ni umunyamitwe nagahambirwe

theophille yanditse ku itariki ya: 28-05-2013  →  Musubize

ntibaho kumu ntu yabyara isimba mumuhate ibibazo avuge aho umwa nayamu shize.

irafasha alexis yanditse ku itariki ya: 28-05-2013  →  Musubize

Birababaje kanadi biteye agahinda kubona umuntu abyara igisimba kandi we yarabyawe n’umuntu byogeyeho ko abapfumu bakomeje kugaragaraho ubusebwa n’akiza gituruka kubapfumu.musengere bose!

mwenedatata kei natha yanditse ku itariki ya: 28-05-2013  →  Musubize

Niba ariko yashatse kwandikisha izina yabikoze nabi.

CLAUDE yanditse ku itariki ya: 28-05-2013  →  Musubize

Birababaje kuko kubesha k’uwo mugore yashebeje bagenzi be. kandi ntekereza ko igisimba mbonye, ahahaaa!! ntaba akiriho iyo igitwita.

yanditse ku itariki ya: 28-05-2013  →  Musubize

nifatanije n’umuryango we bihangane ariko ntibicire aho umuvuzi afatwe ahanywe

Nzungize yanditse ku itariki ya: 27-05-2013  →  Musubize

Numvise inkuru yumuntu wabyaye igisimba ariko ntabwo bibaho pe ariya namarozi ntakundi we numuryangowe bihangane

Nshimumuremyi jean yanditse ku itariki ya: 27-05-2013  →  Musubize

nakomeze kwihangana ariko uwo muganga bamwigeho kbsa

irak yanditse ku itariki ya: 27-05-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka