Dodani (Dos d’Ane/Humps) ni utuntu tumeze nk’udusozi twubakwa mu mihanda cyane cyane ihuriramo abantu benshi nko mu mihanda yegereye ibigo by’amashuri, amavuriro, amasoko, insengero, ibibuga by’imikino n’ahandi, hagamijwe ko ibinyabiziga bihanyura bigabanya umuvuduko kugira ngo bidateza impanuka kubera urwo rujya n’uruza (...)
Iyo ugeze ku kigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga ahitwa kuri "Controle technique", uhasanga imodoka nyinshi zaje kugenzurwa kugira ngo harebwe niba zujuje ibisabwa kugira ngo zibashe kugenda mu Rwanda.
Ndikubwimana Jean Baptiste ashimira cyane ikigo cya Gatagara yagezemo yaramugaye amaguru yombi, ariko akaragorwa agashobora kugendera ku mbago none ubu akaba akora akibeshaho.
Abenshi mu babyeyi b’iki gihe, bakunze kwinubira ko urubyiruko rw’ubu rudakozwa umurimo, rwumva ko rwakwicara rukagaburirwa rutakoze.
Kubana na Virusi itera Sida bamwe babifata nk’urucantege rushobora gutera kwiheba, bigatuma ubana nayo atabasha kubaho igihe kinini.
Urutare bita urwa Nyirankoko ruherereye i Tare mu Murenge wa Mbazi ho mu Karere ka Huye, ngo rwari urw’imitsindo.
Umujyi wa Kigali washyizeho gahunda yo kwimakaza isuku guhera mu ngo ziwugize, ku bantu bawutuye n’abawugenda, mu mihanda ndetse no mu duce duhurirwamo n’abantu benshi mu bikorwa bitandukanye.
Uburaya mu Mujyi wa Kigali bugenda bwivugurura haza abakobwa bashya uko abandi bagenda basaza, bituma urwo ruhererekane rugaragaza ko uburaya budateze gucika muri uyu mujyi.
Umuhanzi Rugamba Sipiriyani ni umwe mu bahanzi bo mu Rwanda batazibagirana kubera inganzo ye idasobanya igeza ubutumwa bwiza ku Banyarwanda, burimo gukunda Imana n’abantu.
Mu muco wa Kinyarwanda cyaraziraga kikanaziririzwa ko umwari yiyandarika cyangwa agaragaraho imibonano mpuzabitsina atarashinga urugo rwe, niyo yabikoraga kuko kera nta dukingirizo twabagaho byamuviragamo akenshi gutwara inda z’indaro kandi byafatwaga nk’icyaha gikomeye, cyahanishwaga kujya kuroha nyirubwite.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) itangaza ko ifite imitungo yasizwe na ba nyirayo (abandoned properties) yashyizwe mu mitungo icungwa na Leta.
Abaturage bo mu murenge wa Nyamyumba muri Rubavu, batakambiye Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba ngo abakemurire ikibazo cy’amakimbirane y’ubutaka, abasuye arababura.
Ku mugoroba wo ku ya 06 Mata 1994, indege yari itwaye Perezida Juvenal Habyarimana na mugenzi we w’u Burundi Cyprien Ntaryamira, yarahanutse bombi barapfa, ubwo bavaga Arusha muri Tanzaniya mu nama ireba uko hashyirwa mu bikorwa amasezerano yo gusangira ubutegetsi na RPF- Inkotanyi.
Padiri Ubald Rugirangoga aratangaza ko impano ye yo gusengera abarwayi bagakira ntaho ihuriye na politiki ko ahubwo abamwita umunyapolitiki ari abapadiri bagenzi be bamufitiye ishyari.
Mu murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge hari agace kiswe “Norvège” ya Kigali ngo kubera iterambere ryako kandi ari mu cyaro.
Abanyamuryango ba Koperative COTRAVERWA y’abatwara abagenzi ku magare mu Karere ka Rwamagana baravuga ko umuyobozi wabo ntacyo abamariye bakamusaba kwegura.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze barishimira ko imihanda bemerewe na Perezida Kagame yatumye imikorere yabo irushaho kugenda neza.
Umunyonzi wo mu Karere ka Burera yakoze ubukwe agenda n’amaguru, aherekezwa n’abantu baririmba, babyina, bavuza amafirimbi, buzura umuhanda imodoka zirahagarara.
Ibikorwa byo kubaka kaminuza mpuzamahanga y’ubuvuzi mu Karere ka Burera byaratangiye, kuri ubu bari mu gikorwa cyo gusiza ikibanza izubakwamo.
Abakoresha umuhanda Cyanika-Musanze bibaza igihe uyu muhanda uzakorerwa, kuko ushaje ku buryo udindiza ubuhahirane ukanateza n’impanuka.
Abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko kuba baregerejwe amavuriro byatumye bibohora ikibazo cyo gusangira ibinini no kurembera mu rugo.
Abaturage bo ku kirwa cya Birwa I kiri mu Karere ka Burera, batangaza ko ubwato bahawe n’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwazamuye imibereho yabo ikaba myiza.
Jeannette Caroline Nduwamariya, umugore wo mu kigero cy’imyaka nka 40 yinjiza amamiliyoni buri kwezi akomora ku gitekerezo yakuwe mu kwigisha abandi kwikura mu bukene.
Bamwe mu bagore hirya no hino mu gihugu bamaze kumenya ko kwitinyuka bashaka umurimo ubafasha kugira uruhare mu iterambere ry’imiryango yabo.
Sgt Ntantoro Apollinaire wakoze mu itumanaho rya Etat Majoro yo ku bwa Habyarimana, byatumye amenya amabanga y’uburyo Jenoside yategurwanye ibanga n’ubuhanga bikomeye.
Bamwe mu Banyarwanda barifuza ko hakomeza kunozwa bimwe mu bitagenda neza mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Minisitiri w’Ubutabera akaba Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston, aratangaza ko abafitiye imyenda Leta bagiye gukurikiranwa nyuma y’igihe kinini bihanganirwa.
Polisi mu Karere ka Muhanga iratangaza ko itazihanganira abacukuzi b’amabuye y’agaciro badakurikiza amategeko.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba bwafashe icyemezo cyo kubuza abanyeshuri biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze kuba mu macumbi azwi nka ‘ghetto’ bacumbikamo.
Perezida Paul Kagame yanenze ivangura ryakoreshejwe mu gushyiraho amabwiriza yo guhagarika icuruzwa ry’umucanga ku Banyekongo baza kuwugura mu Rwanda, nyuma yo kubazwa iki kibazo mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Rubavu.