Umuhanzikazi Vesta ukunze kwitwa Neviska akaba ari umwe mu bakobwa baririmba mu itsinda rya Lucky Girls yagize isoni zo kubyinana na King James maze aranamuhunga.
Korali “Umusamariya Mwiza” yo mu Itorero ry’Abangirikani muri Paruwasi ya Remera- Giporoso i Kigali na Korali SILOWAMU yo muri iryo torero muri Diyosezi ya Butare bagiranye umubano udasanzwe utuma biyemeza guhuza izina rimwe bitwa “SILOAMARIYA”.
Itorero “Impumuro Nziza” ryo mu karere ka Ngoma ryatsindiye umwanya wa mbere mu matorero ndangamuco ku rwego rw’intara y’uburasirazuba mu marushanwa yateguwe muri gahunda y’iserukiramuco nyafurika (FESPAD).
Abanyamakuru abatunganya umuziki n’abandi bantu banyuranye bagira uruhare mu iterambere ry’umuziki Nyarwanda, bahuriye ku cyicaro cya Bralirwa kuri uyu wa gatanu tariki 22/02/2013, mu rwego rwo gutangiza amarushwa ya Primus Guma Guma Super Star III.
Umuhanzi Elion Victory yatangaje ko amajwi ye ayahaye Senderi International Hit kubera ko ngo abona yarakoze cyane kumurusha ndetse no kurusha abandi bahanzi bo muri Afrobeat.
Niyonkuru Justine, umunyeshuri mu mwaka wa 2 w’amashuri yisumbuye muri GS Karama mu karere ka Kamonyi, afite impano yo guhanga imivugo agendeye ku nsanganyamatsiko yahawe. Ubu buhanzi ngo bumufasha kumenya ubuzima bw’igihugu, akaba ahamagarira na bagenzi be kubwitabira.
Umunyamakuru Jean Paul Ibambe wari uzwi cyane ku inyarwanda.com nk’umwanditsi mukuru (Chief Editor) ntakiri umunyamakuru kuri uru rubuga rwa inyarwanda.com
Ku rubuga rwa Facebook hakomeje kugaragara amafoto agenda asebya abahanzi nyarwanda ashyirwaho n’abantu bataramenyekana neza.
Umuhanzi Mani Martin yamaze kubona ibyangombwa by’urugendo kuburyo tariki 15/02/2013 azerekeza muri Zanzibar mu Iserukiramuco rya Muzika ritumirwamo abahanzi b’ibihangange muri muzika Nyafurika.
Groupe igizwe n’abahungu babiri bitwa Amon na Charles iratangaza ko yitegura gukorera amashusho album yabo y’indirimbo zigera ku munani, zikozwe mu njyana ya Rnb, Rock na Country Music.
Ku cyumweru tariki 17/02/2013, Korali Hoziyana iramurikira abakunzi bayo n’ab’umuziki muri rusange alubumu yabo ya 10 yise «Imana Irakuzi ».
Nyuma y’uko umuhanzi Mani Martin akoze impanuka ya moto, abantu bakomeje kumuha ubutumwa bamubwira ngo impanuka yakoze ni igihano cy’Imana ngo kubera ko yaretse kuririmba indirimbo zihimbaza Imana (Gospel).
Umuhanzi Butera Jeanne uzwi ku izina rya Knowles ari mu gihugu cya Uganda kuva kuwa gatanu aho biteganyijwe ko aza gutaramira abakunzi be bo muri Uganda kuri uyu wa gatandatu tariki 09/02/2013.
Kamana Richard uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Kennedy, wo mu Karere ka Gatsibo Umurenge wa Kabarore, aravuga ko akeneye ubufasha kuko afite impano yo guhanga.
Umuhanzi w’umunyarwanda Natty Dread yavuze ko isi itabashije gushimira Bob Marley ibyo yakoze, ahubwo yihitiramo kwiyumvira imiziki irwanya Kirisito.
Umuhanzi Maitre Jad’Or uherutse gushyira ahagaragara amashusho y’indirimbo ye yise « Igihango » yateguye igitaramo cyo kuyamurika muri gahunda yihaye yo kurushaho kwegera abafana be dore ko ngo yari amaze igihe atigaragaza cyane.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 10 utuye ahitwa ku Muyira mu uurenge wa Kibirizi, Akarere ka Gisagara witwa Tuyishimire Devota amaze guhanga indirimbo 16 kandi zose azizi mu mutwe kuko ataramenya kwandika.
Abahanzi Urban Boys, Ama-G The Black na King James basubiyemo indirimbo ‘Biracyaza’ ya King James bayita ‘Ibitenge’.
Umuhanzi akaba n’umunyamakuru Gaston Rurangwa uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Skizzy akaba ari umwe mubagize itsinda rya KGB ntagikora umwuga w’itangazamakuru kuri radiyo y’abayisilamu ya hano mu Rwanda yitwa Voice of Africa (VOA).
Umuhanzi Mani Martin yakoze impanuka ya moto mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 04/02/2013; nk’uko tubikesha umwe mubanyeshuri biga itangazamakuru muri KIST.
Nduwimana Jean Paul uzwi ku izina rya NOOPJA, wamenyekanye cyane mu ndirimbo MURABEHO irimo ubutumwa bukangurira Abanyarwanda kwirinda SIDA ,yashyize hanze indirimbo ebyiri zifite ubutumwa bwo gukunda igihugu.
Umuhanzi Danny Nanone, umwe mu bahanzi bamenyekanye cyane bakanagaragara muri Primus Guma Guma 2, ntakiri kubarizwa muri studiyo ya Kinamusic yari asanzwe akoreramo ibikorwa bye.
Umuhanzi Kamichi aramurika indirimbo ye « Ntunteze abantu » mu gitaramo agirira muri Planet Club kuri KBC ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 25/01/2013 guhera saa tatu za nijoro kugeza bucyeye.
Umuhanzi Adolphe Bagabo uzwi ku izina rya Kamichi ntagikora umwuga w’itangazamakuru. Yakoraga kuri radiyo y’abasilamu yitwa Voice of Africa.
Nyuma yuko hari abahanzi batangaje ko batifuza guhatana mu cyiciro cya gatanu cy’amarushanywa ya Salax Awards, Ikirezi Group itegura ayo marushanwa yabasimbuje abandi mu buryo bukurikira.
Nyuma y’uko umuhanzi Kitoko abimburiye abandi mu gusezera Salax Awards y’uyu mwaka, n’abandi bahanzi barimo Rafiki, Alpha Rwirangira na Uncle Austin basezeye bavuga ko babitewe n’impamvu zabo bwite.
Nyuma y’inama y’abanyamakuru bakurikiranira hafi imyidagaduro hamwe n’abategura Salax Awards yataye tariki 18/01/2013, hatangajwe urutonde rw’abahanzi bahatanira Salax Awards mu byiciro 13.
Mu gihe kuri iki gihe umwuga w’ubuhanzi ugenda uteza imbere abawukora neza, bamwe batangiye gushora imari yabo mu kurushaho gufasha abahanzi mu kunoza umuziki wabo.
Umuhanzikazi Ganzo Maryse wamenyekanye cyane kubera ijwi rye rijya kumera nk’iry’abagabo, akaba kandi ari n’umwe mubahanzi nyarwanda bagize amahirwe yo kwitabira Tusker Project Fame, muri iyi minsi biravugwa ko yaba atwite kandi nawe ubwe akaba abyemera.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru atangaza ko mu buzima bwe akunda kumva umuziki kandi ngo afite abaririmbyi batandukanye akunda haba mu Rwanda ndetse no mu bindi bihugu.