Nyuma yo kwitwara neza bagatsindira kuzitabira imikino Olympique y’urubyiruko izabera mu bushinwa muri Kanama uyu mwaka, amakipe y’u Rwanda y’abahungu n’abakobwa batarengeje imyaka 19 yijejwe ko agiye gufashwa kwitegura neza ku buryo no mu Bushinwa azagerayo agahesha ishema u Rwanda.
U Rwanda rwabonye itike yo kuzakina imikino Olympique y’urubyiruko mu mikino bita Beach Volleyball ikinirwa ku mucanga, rukaba rwabigezeho nyuma yo kwegukana umwanya wa mbere mu mikino Nyafurika yasojwe muri Ghana ku cyumweru tariki ya 13/4/2014.
Muri shampiyona ya Volleyball yari igeze ku munsi wa gatatu ku wa gatandatu tariki ya 15/3/2014, kuri Club Rafiki i Nyamirambo, habereye imikino y’amakipe atatu akomeye mu Rwanda, aho APR VC yatunguye Rayon Sport na KVC ikazitsinda amaseti 3-1.
Amakipe ya APR na Rayon Sport aho ava akagera akunda guhangana mu mikino itandukanye, kuri uyu wa gatandatu tariki ya 15/3/2014 zirahurira mu mukino wa shampiyona ya Volleyball igeze ku munsi wayo wa gatatu, zikazakinira kuri Club Rafiki i Nyamirambo.
Mu mikino y’amajonjora ya nyuma yo gushaka itike y’igikombe cy’isi yabereye muri Cameroun, ikipe y’u Rwanda ya Volleyball yabuze iyo tike, ariko yitwaye neza itsinda amakipe atatu muri ane yari kumwe nayo mu itsinda.
Mu irushanwa rya Volleyball ryo kwibuka uwahoze ari Umuyobozi w’Urwunge rw’Amashuri rwa Butare, Padiri Kayumba Emmanuel, ryabaye ku mu mpera z’icyumweru gishize, Amakipe ya Kigali Basketball Club ( KVC) mu bagabo na Rwanda Revenue Authority (RRA) mu bagore nizo zegukanye ibikombe.
Irushanwa ngarukamwaka rya Volleyball rigamije kwibuka uwahoze ari umuyobozi w’Urwunge rw’amashuri rwa Butare (GSOB) Padiri Kayumba Emmanuel rizatangira ku wa gatandatu tariki ya 15/2/2014, rizitabirwa n’amakipe 18 harimo ane y’abagore.
Mu mukino wa gicuti wahuje abahoze bakina mu ikipe ya Ruhango Volley ball Club (RVC) nyuma bakaza kujya gukina mu makipe akomeye nka APR na RRA, batsinze abasigaye bakina muri iyi kipe amaseti 3-1.
Nyuma y’imikino ya gicuti ikipe y’u Rwanda ya Volleyball imaze iminsi ikina n’amakipe yo mu Rwanda ndetse no hanze, izahaguruka mu Rwanda ku wa kabiri tariki ya 11/2/2014 yerekeza muri Cameroun ahazabera imikino y’amajonjora ya nyuma yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Pologne muri Kanama uyu mwaka.
Mu rwego rwo gukomeza kwitegura kujya muri Cameroun mu mikino ya nyuma y’amajonjora yo gushaka itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi kizabera muri Pologne muri Kanama uyu mwaka, ikipe y’u Rwanda ya volleyball yakinnye imikino ibiri na Botswana i Kigali, maze yombi u Rwanda ruyitsinda ku buryo bworoshye.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball, kuri icyi cyumweru no ku wa mbere tariki 3/2/2014 izakina imikino ya gucuti n’ikipe y’igihugu ya Botswana mu rwego rwo kwitegura imikino ya nyuma y’amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Pologne muri Kanama uyu mwaka.
Mu mukino wari ugamije kwakira inkoni y’umwamikazi w’Ubwongereza Elisabeth II imaze iminsi itatu mu Rwanda, ikipe y’igihugu ya Volleyball yatsinze Rayon Sport Volleyball amaseti 3-2 mu mukino wabereye kuri Stade ntoya i Remara ku wa gatandatu tariki ya 17/1/2014.
Umutoza w’ikipe y’igihugu ya Volleyball, Paul Bitok, yashiyize ahagaragara amazina y’abakinnyi 20 bagomba gutangira imyitozo ku wa mbere tariki ya 13/1/2014 bitegura kujya mu mikino y’amajonjora ya nyuma y’igikombe cy’isi kizabera muri Pologne muri Nzeli uyu mwaka.
Nyuma yo kwemezwa ko izakina shampiyona ya 2014, ikipe ya Rayon Sport Volleyball Club yamaze gutangira imyitozo ikorera kuri stade ntoya i Remera, ikaba yarihaye intego yo kuzegukana nibura umwanya wa kabiri.
Nyuma y’umwaka n’amezi ibibuga rukumbi byakinirwagaho imikino ya volleyball na basketball byari mu mujyi wa Ngororero bisenywe, ubu abatuye umujyi bagiye kubona ibindi bibuga kuko byatangiye kubakwa.
Nyuma yo gufasha ikipe y’u Rwanda kujya mu cyiciro cya nyuma cy’amajonjora yo kujya mu gikombe cy’isi, Mutabazi Elie ukina muri APR Volleyball Club, yahagaritse burundu gukinira ikipe y’igihugu ya Volleyball yari amaze imyaka 15 akinira.
Nyuma yo gutsinda Uganda amaseti 3-0 mu mukino wa nyuma w’imikino y’akarere ka gatanu yaberaga i Kigali, u Rwanda rwabonye itike yo gukomeza mu cyiciro cya nyuma cy’amajonjora y’igikombe cy’isi mu mukino wa volleyball kuko rwaje ku mwanya wa kabiri inyuma ya Misiri, naho Kenya ifata umwanya wa gatatu.
Kuri uyu wa gatandatu, u Rwanda rurakina na Uganda umukino wa kane ari nawo wa nyuma mu irushanwa ry’akarere ka gatanu ririmo kubera mu Rwanda, nyuma hakaza guhita hamenyekana amakipe atatu agomba gukomeza mu cyiciro cya nyuma cy’amajonjora yo gushaka itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi kizabera muri Pologne umwaka utaha.
Kuri uyu wa kane, u Rwanda rwatsinze umukino warwo wa kabiri mu mikino ya Volleyball y’akarere ka gatanu irimo kubera i Kigali, nyuma yo gutsinda bigoranye cyane Kenya amaseti 3-1.
Mu irushanwa ya volleyball ahuje ibihugu byo mu karere ka gatanu ririmo kubera i Kigali, u Rwanda rwatsinzwe na Misiri amaseti 3-1, rukaba rugomba gushakira amahirwe yo gukomeza mu irushanwa rutsinda Kenya mu mukino uba kuri uyu wa kane tariki 28/11/2013 guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Mu mikino ya Volleyball irimo guhuza amakipe y’akarere ka gatanu mu rwego rwo gushaka itike yo kuzajya mu gikombe cy’isi, kuri uyu wa kabiri tariki 26/11/2013, u Rwanda rwatsinze u Burundi amaseti 3-0, naho Misiri itsinda Kenya amaseti 3-2.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball, kuva wa mbere tariki ya 25/11/2013, nibwo izatangira imikino y’akarere ka gatanu izabera i Kigali, ikaba igamije gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Pologne umwaka utaha.
Ikipe za APR Volleyball Club mu bagabo no mu bagore nizo zegukanye ibikombe bya ‘Carré d’ AS’, nyuma yo gutsinda Kaminuza y’u Rwanda (UNR) na Rwanda Revenue Authority ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade ntoya i Remera ku cyumweru tariki ya 20/10/2013.
Nyuma y’icyumweru kimwe gusa Kaminuza y’u Rwanda itwaye igikombe cya shampiyona nyuma yo gutsinda APR VC amaseti 3-0 ku mukino wa nyuma wa ‘Play off’, aya makipe arongera ahure ku mukino wa nyuma wa ‘Carré d’As’ kuri icyi cyumweru tariki 20/10/2013 kuri Stade ntoya i Remera.
Nyirimana Fidèle watozaga ikipe ya Kaminuza y’u Rwanda ya Volleyball na Bagirishya Jean de Dieu wari umwungirije, nibo bagizwe abatoza bashya b’ikipe nshya ya Volleyball ‘Rayon Sport Volleyball Club’ ikazanakina shampiyona itaha.
Ikipe ya Volleyball Kaminuza y’u Rwanda mu bagabo, yihimuye kuri mukeba wayo APR VC iyitsinda amaseti 3-0 ku mukino wa nyuma w’imikino ya Play off isoza shampiyona wabereye kuri Stade ntoya i Remera ku cyumweru tariki 13/10/2013.
APR Volleyball Club na Kaminuza y’u Rwanda (NUR) mu bagabo zigiye kongera guhurira ku mukino wa nyuma mu irushanwa rihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona (Playoff), aho ikipe ibaye iya mbere ihita yegukana igikombe cya shampiyona.
Shampiyona ya Volleyball irasozwa mu mpera z’icyi cyumweru hakinwa imikino ya ‘Play Off’ ihuza amakipe ane ya mbere mu bagabo n’ane ya mbere mu bagore, ikipe izaba iya mbere ikazaba ari nayo yegukana igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 21, nyuma yo gusezererwa mu gikombe cy’isi kirimo kubera muri Turukiya, kuri uyu wa kane tariki 29/8/2013, yatangiye guhatanira kuva ku mwanya wa 17 kugeza ku mwanya wa 20.
Nyuma yo gutsindwa n’amakipe yose uko ari ne yari kumwe nayo mu itsinda, ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu batarengeje imyaka 21, yasezerewe mu mikino y’igikombe cy’isi kirimo kubera muri Turukiya.