Beach Volleyball: Amakipe y’u Rwanda yerekeje muri Kenya gushaka itike y’imikino Olempike 2024

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 18 Ukubiza 2023, amakipe y’Igihugu mu mukino wa volleyball yo ku mucanga, yerekeje muri Kenya mu irushanwa ryo gushaka itike y’imikino Olempike ya 2024 izabera mu Bufaransa.

Abagize amakipe ahagarariye u Rwanda bashyikirijwe ibendera ry'Igihugu mbere yo guhaguruka
Abagize amakipe ahagarariye u Rwanda bashyikirijwe ibendera ry’Igihugu mbere yo guhaguruka

Amakipe 4, abiri y’abagore n’abiri y’abagabo ni yo ahagarariye Igihugu, aho yahagurutse yerekeza mu mujyi wa Mombasa ahazabera irushanwa, ariko bakaza kubanza guca i Nairobi nk’uko gahunda y’urugendo iteye.

Ikipe y’u Rwanda mu bagore igizwe na Valentine Munezero uzakinana na Mukandayisenga Benitha ndetse na Uwiringiyima Albertine uzakinana na Tuyishime Aloysie, bakazatozwa na Mudahinyuka Christopher.

Ku ruhande rw’abagabo, u Rwanda ruhagarariwe n’ikipe ya Ntagengwa Olivier uzakinana na Gatsinzi Venuste ndetse na Niyonkuru Gloire uzakinana na Akumuntu Kavalo Patrick, bakazatozwa na Masumbuko Jean De Dieu.

Akumuntu Kavalo Patrick azakinana na Ntagengwa Olivier
Akumuntu Kavalo Patrick azakinana na Ntagengwa Olivier

Muri iri rushanwa kandi, amakipe 3 azitwara neza muri buri cyiciro azaboana itike yo gukina imikino ya (All Africans Games), izaba muri Werurwe umwaka utaha mu gihugu cya Ghana mu mujyi wa Accra, hagati ya tariki 8 na 23.

Biteganyijwe ko iyi mikino yo gushaka itike y’imikino Olempike, izatangira ku wa Gatatu tariki ya 20 kugeza ku ya 23 Ugushyingo 2023 i Mombasa.

Biteganyijwe ko inama itegura irushanwa (Technical Meeting) izaba ku wa Kabiri tariki ya 19 Ugushyingo 2023.

Munezero Valentine na Uwiringiyimana Albertine bari mu bagize amakipe y'Igihugu
Munezero Valentine na Uwiringiyimana Albertine bari mu bagize amakipe y’Igihugu
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka