U Rwanda rwahawe idarapo nk’igihugu kizakira igikombe cya Afurika cya 2026

Igihugu cy’u Rwanda nyuma yo kwemezwa nk’igihugu kizakira igikombe cya Afurika cya Handball cya 2026, cyashyikirijwe idarapo nk’ikimenyetso gishimangira igihugu kizakira iki gikombe

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 27/01/2024, i Cairo mu Misiri hasojwe igikombe cya Afurika cya Handball cyakinwaga ku nshuro yacyo ya 26.

Ubwo iki gikombe cyasozwaga, habayeho umuhango wo gushyikiriza u Rwanda ibendera ry’impuzamashyirahamwe y’umukino wa Handball muri Afurika, nk’igihugu kizakira igikombe cya Afurika.

Igikombe cya Afurika cya 2026 kizabera mu Rwanda
Igikombe cya Afurika cya 2026 kizabera mu Rwanda

Iki gikombe cya Afurika kizaba gikinwa ku nshuro ya 27, kikazabera mu Rwanda mu mujyi wa Kigali, u Rwanda rukazaba ari inshuro ya kabiri rugikinnye nyuma y’icyasojwe uyu munsi i Cairo mu Misiri.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka