BREAKING NEWS: Rayon Sports yatangaje ko igiye kwimukira mu Mujyi wa Musanze

Nyuma yo gufata icyemezo cyo kugarura Kayiranga Baptiste ku mwanya w’umutoza, Ikipe ya Rayon Sports ikomeje gutangariza abakunzi bayo impinduka zinyuranye.

Amakuru agezweho ni uko iyo kipe yiyemeje guhindurira ikicaro cyayo mu karere ka Musanze.

Rayon Sports mu minsi mike iraba ibarizwa mu Mujyi wa Musanze.
Rayon Sports mu minsi mike iraba ibarizwa mu Mujyi wa Musanze.

Iki cyemezo kije gikurikira ibiganiro bikorerwa mu ibanga rikomeye iyi kipe imaze iminsi igirana n’umuherwe w’umwongereza witwa Goldon Clark wiyemeje kuyitera inkunga ndetse asaba n’ubuyobozi bw’iyi kipe kwimukira mu majyaruguru y’u Rwanda.

Impamvu ikekwa yateye uyu muherwe gusaba ikipe ya Rayon Sport kwimukira mu majyaruguru y’u Rwanda ngo yaba ari urugendo uyu munyemari aherutse kugirira mu birunga ubwo yasuraga ingagi bikamutera gukunda akarere ka Musanze.

Muri urwo ruzinduko uwo muherwe yagiriye mu Rwanda yegerewe n’abayobozi ba Rayon Sport bamugezaho ikibazo cy’ubukungu cyugarije ikipe yabo ndetse bamusaba kubatera inkunga.

Nyuma y’ibiganiro byamaze amezi atatu hagati y’impande zombi, Clark yemeye kugenera ikipe ya Rayon Sport miliyoni 5 z’amadorali ndetse asaba ko iyo kipe yakwimukira mu mugi wa Musanze aho uwo muherwa ateganya kubaka ibikorwa by’amajyambere byinshi.

Icyitonderwa : Umuntu wese usoma iyi nkuru yibuke ko uyu munsi ari tariki ya mbere Mata. Uyu munsi akaba ari umunsi wo kubeshya ("poisson d’avril" mu rurimi rw’igifaransa cyangwa se "April fool’s day" mu rurimi rw’icyongereza)

Kigali Today

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 24 )

Urumuswa kbsa, ntuzonjyere kubeshya abasaza ben’ akokageni sha, Rayon sport nikipe y’Imana n’abafana ariko ntacyo kuyifuriza ibyiza komerezaho sha, peace.

Habufite Slydion yanditse ku itariki ya: 1-04-2015  →  Musubize

Haaaa!!!Thanks basaza. Ndabemeye. Uzi ko nari ngiye kwita Rayon Sport Nyamujyahobigiye!

Eva yanditse ku itariki ya: 1-04-2015  →  Musubize

Si byiza kubeshya cyangwa kubeshyera abandi Imana yacu ntibyemera.

Baptiste yanditse ku itariki ya: 1-04-2015  →  Musubize

nari nemeye da ,gusa kunteruro yanyuma numvaga bizaba kera kuko mwavuzeko uwo muherwe yitegura kubaka numva nikera gusa nari nabyemeye ariko umutuma uraruhutse, murabahanga

edi yanditse ku itariki ya: 1-04-2015  →  Musubize

hahahahahaha!!!!!!!!!!!
ahwii! POISSON D’AVRIL!!!! NI DANGER GUSA MURAKOZEKUKO NA TWE TWISETSE!

alias yanditse ku itariki ya: 1-04-2015  →  Musubize

Hahahahah gsa KT murakoze

Remy yanditse ku itariki ya: 1-04-2015  →  Musubize

Uretse ko kuri Rayon mu Rwanda hose haba hameze nk’iwayo, ariko uyu munsi ni uwo kubeshya.POISSON D’AVRIL.

VSS yanditse ku itariki ya: 1-04-2015  →  Musubize

Disi muri abana beza nako muri professional mu kazi kanyu gusa ntababeshye nabisomye nzi neza ko ari impamo nk’uko nkunze gusoma inkuru z’ukuri kuri uru rubuga

Akazi keza kuri staff yanyu yose

Ninja yanditse ku itariki ya: 1-04-2015  →  Musubize

murakaduze!!!! igihugu cyose twemera rayon niyo mpanvu inkuru yayo mujye muyitondera naho mwese abakunzi ba kigali to day igitondo kiza.

B.Elysee yanditse ku itariki ya: 1-04-2015  →  Musubize

Hahahaaaaaa!!! Ni uko ahari ari amategeko y’itangazamakuru yatumye ubishyiraho naho ubundi wakabaye kiriya cyitonderwa wakiretse rwose!

John yanditse ku itariki ya: 1-04-2015  →  Musubize

hahahah kavunumuhetoooooo uziko narindi kubisoma ntuje ngo nukuri sha ntakubeshya kuri site wamusenzi we hahah

Type yanditse ku itariki ya: 1-04-2015  →  Musubize

Hahahahaha sha kigali today for ever

nana yanditse ku itariki ya: 1-04-2015  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka