Bayigamba na Munyabagisha bakoze ihererekanyabubasha muri Komite Olempike

Mu cyumba cy’inama ya Komite Olempike y’u Rwanda, habereye ihererekanyabubasha hagati ya Robert Bayigamba wayiyoboraga na Amb. Munyabagisha Valens watorewe kumusimbura

Komite icyuye igihe na Komite nshya
Komite icyuye igihe na Komite nshya

Nyuma y’amatora ya Komite Olempike y’u Rwanda yabaye kuri iki Cyumweru, abayobozi bacyuye igihe baraye bahaye ububasha ababasimbuye, mu gikorwa cyayobowe n’Umunyamabanga uhoraho muri Ministeri y’Umuco na Siporo Lt. Colonel Patrice Rugambwa.

Amb.Munyabagisha ahabwa ububasha na Robert Bayigamba bwo kusa icyivi yatangiye
Amb.Munyabagisha ahabwa ububasha na Robert Bayigamba bwo kusa icyivi yatangiye
Robert Bayigamba asinya ku mpapuro z'ihererekanyabubasha
Robert Bayigamba asinya ku mpapuro z’ihererekanyabubasha

Nyuma yo guhabwa inshingano nshya, Amb.Munyabagisha Valens yatangaje ko bamaze kubona ibyo Komite icyuye igihe isanzwe ikora harimo raporo z’ibikorwa n’umutungo, biteguye kwicara nabo bagakomeza ibyo abandi batangiye ariko by’umwihariko bakanakosora ibitari byaragenze neza.

Amb. Munyabagisha Valens ageza ijambo ku bari bitabiriye uyu muhango
Amb. Munyabagisha Valens ageza ijambo ku bari bitabiriye uyu muhango
Uyu muhango wayobowe na Lt Col Patrice Rugambwa, Umunyamabanga uhoraho muri MINISPOC
Uyu muhango wayobowe na Lt Col Patrice Rugambwa, Umunyamabanga uhoraho muri MINISPOC

Yatangaje kandi ko akazi ka mbere azahera ari ugutegura igikorwa cyo kwakira inkoni y’umwamikazi w’Ubwongereza, inkoni izenguruka ibihugu byose bigize umuryango wa Commonwealth, ikazagera mu Rwanda tariki ya 22 Werurwe 2017.

"Abo dusimbuye batweretse ibyo basanzwe bakora, raporo z’imitungo n’ibindi, ibyo tuzabiheraho dukora ibyo twatorewe, gusa igikorwa kihutirwa turagitangira kuri uyu wa Gatatu mu gitondo, muzi ko hari imikino ya Commnowealth izaba umwaka utaha, hari inkoni rero y’Umwamikazi izagera hano kuri 22 mu cyumweru gitaha, igomba kuhagera twamaze kwitegura" Amb. Munyabagisha Valens

Abagize Komite Olempike batowe kuri iki Cyumweru, aha bari kumwe n'Umunyamabanga uhoraho muri MINISPOC
Abagize Komite Olempike batowe kuri iki Cyumweru, aha bari kumwe n’Umunyamabanga uhoraho muri MINISPOC

Komite Olempike nshya yatowe n’amajwi bagize

Perezida: Munyabagisha Valens, amajwi 43 kuri 45

Visi Perezida wa mbere: Rwemarika Felicite amajwi 43 kuri 45

Visi Perezida wa kabiri: Bizimana Festus amajwi 42 kuri 45

Umunyamabanga Mukuru: Bizimana Dominique n’amajwi 42 kuri 45

Umubitsi: Ingabire Alice

Abajyanama: Hatowe abajyanama babiri ari bo E’gairma Hermine na Nzabanterura Eugene bombi bagize amajwi 35.

Umugenzuzi w’imari: Umwari Josette yabonye amajwi 45 kuri 45.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka