Ubuyobozi bw’ikipe ya REG Volleyball Club buratangaza ko bwamaze gutandukana n’umukinnyi Mutabazi Yves nyuma yo kunanirwa kumvikana ku masezerano mashya iyi kipe yifuzaga kumwongerera.
Lionel Messi yandikiye ibaruwa ikipe ya FC Barcelona ayimenyesha ko ashaka kuyivamo.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko nta kibazo ifitanye n’ikipe ya Olympic Star baguze umukinnyi Nihoreho Arsene, aho bivugwa ko ifite impungenge kuri Miliyoni 3 Frws Rayon Sports yabasigayemo
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru i Burayi yatangaje ikipe y’abakinnyi 11 bitwaye neza muri champions League 2020/2021, bigajemo aba Paris Saint Germain yatsindiwe ku mukino wa nyuma
Mu ijoro rishyira ku wa mbere tariki 24 Kanama 2020, abashinzwe umuteko mu Bufaransa bafunze abantu 148 bazira ibikorwa by’urugomo nk’uko Polisi mu Bufaransa yabitangaje kuri Twitter.
Rutahizamu Jacques Tuyisenge wari umaze umwaka umwe akinira ikipe ya Petro Atletico de Luanda yo muri Angola, yamaze gutangaza ko yatandukanye na yo.
Abanyamuryango ba Kiyovu Sports bakoze inama y’inteko rusange yamaze amasaha asaga arindwi, irangira amatora yari yitezwe na benshi atabaye.
Ikipe ya Bayern Munchen yo mu Budage itsinze Paris Saint-Germain igitego 1-0 ku mukino wa Champions League wabereye i Lisbonne muri Portugal.
Ikipe ya Gisagara VC yamaze kongera amasezerano y’imyaka ibiri visi kapiteni wayo, Akumuntu Kavalo Patrick. Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22 Kanama 2020, i Gisagara aho iyi kipe isanzwe ibarizwa.
Ambasade ya Israel mu Rwanda irangajwe imbere na Ambasaderi wayo Ron Adam, yatangiye umushinga w’imikoranire n’Umuryango wa Espérance Kimisagara.
Amabwiriza ya Minisiteri ya Siporo yo ku itariki ya 13 Nyakanga 2020 yatangaga uburenganzira bwo gusubukura ibikorwa bimwe na bimwe bya Siporo ariko hubahirizwa amabwiriza yo kurwanya COVID-19, amabwiriza ya Minisiteri avuga ko abakora imyitozo ngororamubiri bagomba gukorera gusa ahantu hafunguye (outdoor), kandi (...)
Hari hashize iminsi myinshi amakuru acicikana ko ikipe ya Simba Sports Club yo mu gihugu cya Tanzania yamaze kumvikana na rutahizamu Michael Sarpong ukomoka mu gihugu cya Ghana, gusa amakuru agezweho kuri ubu ni uko uyu mukinnyi yamaze gusinyira mukeba wa Simba ari we Young Africans.
Umunyarwanda Mugisha Moise wabaye uwa kabiri muri Tour du Rwanda 2020, yakoze impanuka ubwo yari gukora imyitozo mu bice by’akarere ka Kamonyi.
Iyo umwaka ushojwe buri gihe amakipe atangira kwiyubaka. Mu gushaka kwiyubaka ni ho usanga amakipe amwe n’amwe ajya ku isoko akagonganira ku bakinnyi bitewe n’uko buri wese aba yifuza kubona abakinnyi b’indobanure, mu gihe abakinnyi na bo baba bifuza amakipe yifite abaha umutekano wo kuzabona ibyo bifuza.
Ikipe ya Gisagara VC yateguye umwiherero uzayihuza n’abakozi bayo ukazamara iminsi itatu. Ni umwiherero utangira kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Kanama 2020 ukazarangira ku wa Gatandatu tariki ya 22 Kanama 2020 ukabera mu Karere ka Gisagara.
Abashinzwe gutegura shampiyona y’u Bwongereza bamaze gushyira hanze ingengabihe ya shampiyona igomba gutangira tariki 12/09/2020.
Ikipe ya Rayon Sports iratangaza ko itazitabira ubutumire yari yagejejweho n’ikipe ya Young Africans ndetse na Simba zo muri Tanzania
Ikipe ya Bayern Munchen itsinze Lyon ibitego 3-0, mu mukino wa kabiri wa ½ wakinwe kuri uyu wa Gatatu, isanga Paris Saint Germain ku mukino wa nyuma
Komite Nyobozi ya Ferwafa yamaze gufata umwanzuro ku mafaranga y’ingoboka aheruka gutangwa na FIFA, yemeza ko buri kipe mu cyiciro cya mbere izahabwa Miliyoni 28 Frws.
Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika CAF, yatangaje igihe ibihugu birimo n’u Rwanda bizasubukurira imikino yo gushaka itike ya CAN 2022 izabera muri Cameroun
Nyuma y’iminsi mu igeragezwa I Londres mu ikipe ya Arsenal, George Lewis Maniraguha ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda na Norvege yamaze gusinya muri Arsenal amasezerano y’imyaka ibiri n’igice
Mu mukino wa mbere wa ½ cy’irangiza wa Champions League, ikipe ya Paris Saint Germain yatsinze Leipzig bituma igera ku mukino wa nyuma bwa mbere mu mateka yayo.
Umunya-Ghana Michael Sarpong kugeza ubu udafite ikipe, yakoze ibirori byo kwizihiza isabukuru y’umukunzi we bivugwa ko bari hafi kurushinga
Umutoza mushya wa Kiyovu Sports Karekezi Olivier, yatangaje ko yagiranye ibiganiro na rutahizamu Michael Sarpong ngo abe yakwerekeza muri Kiyovu Sports
Umuzamu wa APR FC, Ntwali Fiacre uri mu bazamu bahabwa amahirwe na benshi yo kwigaragaza mu bihe biri imbere, yatijwe Ikipe ya Marines FC isanzwe ifitanye umubano wo guhana abakinnyi na APR FC, kugira ngo abone umwanya uhagije wo gukina.
Umunya-Argentine Pablo Morchón w’imyaka 42, yageze I Kigali tariki 14/08/2020 aje kungiriza Mohammed Adil, akaba asimbuye Nabyl Bekraoui uheruka gutandukana n’iyi kipe
Mu mukino ikipe ya Bayern yaraye inyagiyemo FC Barcelona ibitego 8-2, wabaye umukino wanditswemo andi mateka muri Champions League
Umukinnyi Mugiraneza Jean Baptiste uheruka gutangaza ko asezeye umupira w’amaguru, ni umwe mu bakinnyi bari bamaze igihe kinini bakinira ikipe y’igihugu Amavubi
Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryasinyanye amasezerano y’imyaka itanu ashobora kongerwa n’ikigo PMG (Premier Management Group) kizajya gicuruza amatike mu buryo bw’ikoranabuhanga Ku mikino yose ya Basketball n’amarushanwa ategurwa n’iri shyirahamwe.
Umukinnyi Yumba Kaite wari waratandukanye n’Amagaju yamaze kwemeza ko agiye gusubira gukinira iyi kipe akayifasha kongera kuzamuka mu cyiciro cya mbere.