Ishami rishinzwe umutekano muri Leta Zunze Ubumwe z’America, ryasabye abantu bakoresha software yitwa Java muri mudasobwa zabo kuyireka kubera ko ngo itizewe mu bijyanye n’umutekano kuri internet.
Mu mudugudu wa Nyagasambu, akagali ka Rugobagoba, umurenge wa Ruganda mu karere Karongi, nta mashanyarazi ahabarizwa, ariko hari umusore wabashije kwikorera salon de coiffure ikoresha ingufu za batiri y’imodoka.
Mu kagari ka Cyanya ho mu murenge wa Kigarama mu karere ka Kirehe abaturage barinubira kuba nta network ya MTN bagira aho bavuga ko iyo bagiye guhamagara rimwe na rimwe babona hajemo umunara wa VODACOM ikoreshwa mu gihugu cya Tanzaniya.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera batangaza ko amahugurwa bahawe mu ikoranabuhanga rikoresha telenone igendanwa rizabafasha mu bintu bitandukanye birimo ubuhinzi n’ubworozi.
Umusore witwa Kazungu Robert arangije amashuli yisumbuye muri ETO Kibuye ubu isigaye yitwa (IPRC West-Karongi Campus) amaze iminsi mike avumbuye uburyo bwo kuzimya amatara akoresheje telefone igendanwa.
Hashize igihe kitagera ku kwezi indi ICT Telecenter ifunguye imiryango mu mujyi wa Kibuye nyuma y’izindi ebyiri zari zihasanzwe. Imwe y’umuntu wikorera iri mu mujyi hagati, indi iri mu nkengero z’umujyi ikaba ari iya RDB.
Nyuma y’ukwezi kwa Nyakanga 2013, ngo nta numero ya telefoni izaba idafite umuntu yanditseho mu rwego rwo guca ibyaha byifashisha telephone; kuko kuba byoroshye kugura sim card ukaba wayijugunya bituma abantu bakoresha telefone mu makosa.
Ubucamanza bwo muri Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bwahanishije Christopher Chaney igifungo cy’imyaka 10, kubera kwinjira muri emails z’ibyamamare akiba amaforo yabo bambaye ubusa akayashyira kuri internet.
“Ndekera internet!” Iri ni ryo jambo televiziyo ABC News yatangije inkuru yayo ivuga uburyo Leta Zunze Ubwumwe z’America (USA) zanze gushyira umukono ku mushinga w’amasezerano ya Loni yo kugenzura ikoreshwa rya internet.
Umugabo witwa Eugene Cernan ufite imyaka 78, kuri uyu wa 14/12/2012 arizihiza imyaka 40 ishize akandagiye ku kwezi. Cernan yageze ku kwezi akurikiye Neil Armstrong witabye Imana tariki 25/08/2012 afite imyaka 82.
Umugabo witwa Ntambara Canision utuye mu murenjye wa Byumba mu Kagari ka Gisuna azi gukora amakara mu bisigazwa by’imyanda; akaba asanga hari icyizere mu kubungabunga ibidukikije.
Abahanga mu ikoranabuhanga ry’amabanki makuru yo mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba bateraniye hano i Kigali, bigira hamwe ku ngamba zo kunoza uburyo bwo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo Okla’s NetIndext bugaragaza ko u Rwanda aricyo gihugu cya Afurika gifite internet yihuta kurusha ibindi bihugu.
Tough Stuff Solar ni sosiyete icuruza amatara atanga umuriro ukomoka ku mirasire y’izuba yihaye intego yo kugeza amatara ku baturage bo mu byaro mu rwego rwo guca akadodowa kuko gatera ndwara z’imyanya y’ubuhumekero ndetse n’amaso.
Abanyamuryango ba koperative KOZIMU (Koperative Zigama Ibicanwa Munyarwanda) ikorera mu murenge wa Kinihira, akarere ka Rulindo, bahisemo gukoresha icyo bise PISIMEKA mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ibicanwa cyatumaga bangiza ibidukikije.
Umusore w’imyaka 22 witwa Safari Jean Damascene utuye mu karere ka Rulindo yihangiye umurimo wo gushyira umuriro mu nzu z’abantu akoresheje ampule n’amabuye ya radio byashaje.
Itsinda ryaturutse mu Buyapani rirahugurira Abanyarwanda bumwe mu bumenyi bafite bwabafashije kuba ubukombe mu ikoranabuhanga. Bakanabahugurira gutekereza, bagerageza gushaka icyakemura ibibazo u Rwanda ruhuira nabyo mu mibereho ya buri munsi rukoresheje ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT).
Nsanzimana Albert, umukozi w’akarere ka Gakenke yatangiye ubushakashatsi bwo gukora ifumbire ivuye mu mwanda uva mu misarane ya Eco-San. Iyo myanda ngo ibyara ifumbire nziza iri ku rwego rw’ifumbire mvaruganda kuko iyo uyishyize ku myaka ikura neza.
Umuryango wa Afrika y’iburasirazuba mu by’itumanaho (EACO), urateganya kuzamura urwego rw’imikoreshereze y’ikoranabuhanga ryifashisha satellite, nyuma y’aho ushyiriye umukono ku masezerano y’ubufatanye n’umuryango mpuzamahanga wa za satellite ITSO.
Isosiyete izwi mu itumanaho n’ikoranabuhanga Samsung Electronics Ltd yashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye na Leta y’u Rwanda, hagamijwe koroshya uburyo bwo guhanahana amakuru ajyanye n’ikoranabuhanga mu itumanaho.
Hamaze gukorwa uburyo (application) buzajya bufasha abantu kuyoboza no kumenya amakuru ku byo bakeneye, bifashishije telefoni zigendanwa, mbere y’uko bafata urugendo bava aho batuye.
Ministiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi ndetse n’uwa Uganda Amama Mbabazi, bari mu bayobozi ba za Guvernoma bakunze gusubiza abaturage mu biganiro bikorerwa ku rubuga rwa Twitter kurusha abandi.
Samsung yatsinze Apple mu rukiko rwo mu bwongereza nyuma y’uko Apple itanze ikirego ko Samsung yiganye iPads zayo igakora Galaxy Tab zisa nayo. Apple yategetswe gusaba imbabazi ibinyujije mu kwamamaza.
Leta zunze Ubumwe z’Amerika (USA) n’Umuryango w’ibihugu by’i Burayi (EU) birashinja Google ko itubahiriza amabwiriza agenga kutamena amabanga y’abakoresha internet.
Abikorera baturutse mu Rwanda barimo kaminuza Carnegie Mellon University, Axis, Zilencio Creativo, BSC, Osca Connect, Hehe Ltd na Ngali Holdings bitabiriye ibikorwa by’umuryango ITU biri kubera Dubai tariki 18/10/2012birimo n’imurikagurisha.
Bazarama Caïthan w’imyaka 33 y’amavuko utuye mu karere ka Nyanza wigeze gukora indege yifashihsije moteri ya moto arashaka kongera gukora indi bitandukanye ariko agasaba ko yaterwa inkunga muri icyo gikorwa.
Umuyobozi wa Google, Eric Schmidt, kuwa gatatu yabwiye abanyamakuru ko Apple yokosheje kureka gukoresha amakarita ya Google maps muri telefone za iPhones.
Ravi Borgaonkar, impuguke mu bushakashatsi bwa virus za telefone yatangaje ko hari virus ikora nka telekomande ishobora kwinjira muri telefone za Samsung Galaxy igahanagura ibirimo byose.
Hari amakuru avuga ko Apple imaze iminsi ireshya abakozi ba Google ikabaha akazi ku bwinshi kubera ko bafite ubumenyi ikeneye mu koranabuhanga ry’amakarita Apple ikeneye cyane.
Urubuga rwa Twitter rumaze gushyiriraho abarukoresha uburyo bwo gushyira ifoto yabo ku mwirondoro (profile) nk’uko bigenda kuri facebook, ibyo bita cover photo.