Abagabo babili bakora mu kabari mu mujyi wa Mexico baraye batawe muri yombi, bakekwaho kugira uruhare mu iyicwa rya Malcom Shabazz, umwuzukuru wa Malcom X.
Nyuma y’imyaka umunani uwari Papa Yohani Pawulo wa II yitabye Imana, yongeye kuvugwa mu gihugu yavukagamo cya Polonye aho abaturage batishimiye ko ishusho ya rutura yo kumwibuka idakoze mu bikoresho bihanitse nk’uko nawe yabaye igitangaza mu gihugu cye no ku isi yose.
Ikigo Mars One cyo mu Budage cyatangiye kwandika abifuza kuzajya gutura ku mubumbe witwa Mars uri mu kirere, bakazaturayo iteka ryose kuko icyogajuru cyizabajyana cyitazagira uwo kigarura ku isi.
Muri iki gihe intambara irimo gututumba hagati ya Koreya ya Ruguru na Koreya y’Epfo. Muri iyi nkuru twasubiye mu mateka agaragaza ko amakimbirane hagati y’ibyo bihugu ari aya cyera.
Ku nshuro ya mbere muri manda ye ya kabiri yatorewe, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Barack Obama, aritegura kugendera umugabane wa Afurika.
Kimwe n’Abanyarwanda bose muri rusange, tariki 07/04/2013 Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro muri Haiti bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Umugore wa mbere wabaye Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Margaret Hilda Thatcher, yitabye Imana mu gitondo cya taliki 08/04/2013 afite imyaka 87 azize kuba amaraso adatembera neza ngo agere mu bwonko.
Umunyamerikakazi Julia Pierson wakoreye umutwe ushinzwe kurinda Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (secret service) igihe cy’imyaka 30, ni we watoranyijwe na Perezida Barack Obama kuyobora uwo mutwe Ni ubwa mbere umugore ahawe uwo murimo mu mateka y’Amerika.
Julian Assange akomeje kuza ku mwanya wa mbere mu bahatanira igihembo cy’abahanaranira uburenganzira bwa muntu, kizatangwa hizihizwa isabukuru y’imyaka 25 y’umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu.
Chinua Achebe, umwanditsi ukomeye w’ibitabo, ukomoka muri Nigeria yitabye Imana mu ijoro rishyira kuri uyu wa gatanu tariki 22/03/2013.
Ubwo Karidinari Jorge Mario Bergoglio yari amaze gutorerwa gusimbura Papa Benedigito XVI, tariki 13/03/2013, Umunyamerikakazi yavumbuye ikimenyetso kidasanzwe, ubwo yarimo yigendera abona igicu gifite ishusho nk’iy’umumarayika, ahita yumva ko ari ikimenyetso giturutse mu ijuru.
kiliziya Katolika yongeye kubona umushumba mushya ariwe Papa Francis wa I, watowe n’Abakaridinari mu mwiherero w’iminsi ibiri bari bateraniye kugira ngo bitoremo ugomba kubasimbura.
Nyuma y’impanuka y’indege yabaye ku mugoroba w’itariki ya 04/03/2013 mu mujyi wa Goma, umubare nyakuri w’abari bayirimo ntuvugwaho rumwe n’inzego z’ubuyobozi, mu gihe ahabereye impanuka harinzwe bikomeye abantu badashobora kuhagera ngo bimenyere ukuri naho inzego zishobora gutanga amakuru zikaba zirinze kugira icyo zitangaza.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kwita ku Mpunzi UNHCR ryatangarije i Bukavu muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo ko mu mwaka ushize wa 2012 ryacyuye impunzi z’Abanyarwanda 1,154 babaga muri Kivu y’Amajyepfo, barimo abari abarwanyi ba FDLR 390.
Papa Benedict XVI kuri iki cyumweru tariki 24/02/2013 yatanze umugisha wa nyuma mu ruhame, imbere y’ibihumbi n’ibihumbi by’imbaga yari iteraniye ku rubuga rwa Mutagatifu Petero mu mujyi wa Vatican.
Radio Vatican kuri uyu wa gatanu tariki 22/02/2013 yatangaje ko Twitter Papa Benedict XVI yakoreshaga izahagarara nawe akimara gusezera ku bushumba bwa Kiliziya Gatulika tariki 28/02/2013 sambili z’ijoro ku isaha ya Vatican.
Vincent Lurquin Umudepite wo mu gihugu cy’u Bubiligi ukomoka mu ishyaka rya Ecolo ntiyifuza ko hari imishinga igomba kuva mu gihugu cye ngo ize gukorera mu Rwanda ariko ntabyumva kimwe n’abandi muri Guverinoma.
Umubyeyi wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni yitabye Imana, kuri uyu wa gatanu tariki 22/02/2013, ahagana saa moya za mugitondo aguye mu Bitaro Mpuzamahanga bya Kampala aho yari arwariye.
Cardinal Peter Turkson uhabwa amahirwe yo kuba Papa wa mbere w’umwirabura yatangaje ko umuco wa Kinyafrika utemera ababana bahuje ibitsina, amagambo yatumye benshi bakeka ko amahirwe ye yo gutorerwa kuyobora Kiriziya Gatorika yaba yayoyotse.
Umugabo w’imyaka 43 yiyahuye yitwitse imbere y’ibiro bishinzwe umurimo , Pôle Emploi agency, mu mujyi wa Nantes mu gihugu cy’u Bufaransa, abashinzwe umutekano baza kumuzimya yamaze gupfa kubera ubushye.
Papa Benedict wa XVI yatangaje ko yeguye ku mirimo ye kubera impamvu z’umubiri we utagishoboye gukora inshingano za Kiriziya Gatolika ku isi.
Abanyarwanda batatu biga muri kaminuza yigenga iherereye Mu burasirasuba bw’amajyaruguru y’Ubuhinde batawe muri yombi bacyekwaho gufata umukobwa ku ngufu mu gace ka Jalandhar.
Abashinzwe kugenzura itungwa ry’imbunda muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika batangiye kwibasira Perezida Obama, bavuga ko ntacyo Leta ye ikora ngo ubwicanyi bukorwa n’abazitunze buhagarare.
Abahanga mu gupima imirambo bakamenya icyo umuntu yazize, tariki 27/11/2012, bataburuye umurambo wa nyakwigendera Yasser Arafat wahoze ayobora Leta ya Palestina, kugira ngo bapime bamenye niba uwo mukambwe yarazize uburozi bw’abanya Israel nk’uko bivugwa.
Bamwe mu baturage ndetse n’abayobozi bo mu gihugu cy’Ubufaransa batangiye gushyuha imitwe bategura itariki 21/12/2012 ifatwa nk’impera y’isi ukurikije ibyo abo mu bwoko bw’aba Mayas bavuga.
Ifoto ya Obama ahoberana cyane n’umufasha we yiswe “four more years » yashyizwe ku mbuga nkoranyambanga nka facebook na twitter n’umuryango wa Obama, ubwo yari amaze gutorerwa kongera kuyobora Amerika, ngo yafotowe tariki 15/08/2012 ifotorwa n’uwitwa Scout Tufankjian.
Umuyobozi w’ikigo cy’iperereza cya Leta zunze ubumwe za Amerika (CIA), David Petraeus yeguye ku mirimo ye tariki 09/11/2012, azira icyaha cy’ubusambanyi. Yabwiye abakozi ba CIA ko yasabye perezida Barack Obama kumwemerera kwegura ku mirimo ye ku mpamvu ze bwite.
Prezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Barack Obama, yatsindiye kongera kuyobora icyo gihugu mu gihe cy’imyaka ine mu matora yari ahanganyemo n’umukandida w’ishyaka ry’Abarepubulika, Mitt Rommey.
Uwahimbye filime yiswe "L’Innocence des musulmans", yabaye imbarutso y’akaduruvayo n’ubwicanyi mu bihubu by’Abarabu muri nzeri 2012, kuri uyu wa gatatu tariki 10/10/2012, aragezwa imbere y’urukiko i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Julian Assange washinze urubuga rwa Wikileaks kabuhariwe mu gutangaza amakuru afatwa nk’amabanga yo mu rwego rwo hejuru (top secrets) yavuganye n’abari ku cyicaro cy’umurango w’abibumbye i New York hakoreshejwe uburyo bwa teleconference.