FESPAD yasuye aho umwami Gihanga Ngomijana yatuye -Amafoto

Ku munsi wa kabiri w’Iserukiramuco Nyafurika ry’Imbyino (FESPAD), ryakomereje mu Karere ka Musanze kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Kanama 2016, abaryitabiriye bakaba babanje gusura i Nkotsi na Bikara muri Buhanga, habaye Umwami mukuru w’u Rwanda, Gihanga Ngomijana.

Abitabiriye FESPAD bari batangiye kwinjira muri Buhanga ECO Park, igaragaza aho umwami Gihanga Ngomijana yatuye.
Abitabiriye FESPAD bari batangiye kwinjira muri Buhanga ECO Park, igaragaza aho umwami Gihanga Ngomijana yatuye.

Aha hantu ndangamateka (ECO PARK) kandi ni na ho abami b’u Rwanda bimikirwaga.

Bahageze, basobanuriwe uko abami bazaga kwimikwa, bakajya mu buvumo bakoga ndetse bakanajya aho batekaga (bicaraga) baganira na Rubanda. Beretswe kandi ku “Iriba ry’Umwami” cyangwa irya Buhanga, aho umwami Gihanga yavomye.

Nyuma yo gusura aho hantu mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, saa cyenda z’igicamunsi hatangiye umutambagiro (carnival), abitabiriye FESPAD bagenda biyereka bagaragaza umuco.

Iri serukiramuco ryitabiriwe n’abahanzi baturutse muri Senegal ndetse na Repubulika iharanira Demokrasi ya Congo.

Mbere yo kwima ingoma, ngo umwami yabanzaga kujya muri ubu buvumo akiyuhagira, akabona kwimikwa.
Mbere yo kwima ingoma, ngo umwami yabanzaga kujya muri ubu buvumo akiyuhagira, akabona kwimikwa.
Igiti cy'inyabutatu kiri muri Buhanga Eco Park.
Igiti cy’inyabutatu kiri muri Buhanga Eco Park.
Ku Iriba rya Buhanga cyangwa ry'Umwami, ahabaye Gihanga Ngomijana.
Ku Iriba rya Buhanga cyangwa ry’Umwami, ahabaye Gihanga Ngomijana.
Iki ni ikitabashwa (ibyobyi bahekagamo umwami).
Iki ni ikitabashwa (ibyobyi bahekagamo umwami).
Iyo umwami yamaraga kwimikwa, yahitaga yicara hano avugana na rubanda.
Iyo umwami yamaraga kwimikwa, yahitaga yicara hano avugana na rubanda.
hakurikiyeho umutambagiro. Abo ni abo muri Senegal.
hakurikiyeho umutambagiro. Abo ni abo muri Senegal.
Polisi y'u Rwanda ni yo yacungiye umutekano abari mu mutambagiro.
Polisi y’u Rwanda ni yo yacungiye umutekano abari mu mutambagiro.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Ese urwanda arabami na perezidanse abafite umuco mwiza nibande ariko dukeneye kumenya neza ariko kucyi abami adahabwa agaciro

NGIRUKWAYO alphonsi yanditse ku itariki ya: 8-12-2022  →  Musubize

Mwadufasha mukatubwira ku mateka ya gihanga ngomijana n’abana be

alias yanditse ku itariki ya: 10-03-2020  →  Musubize

mwatubwiye ku mateka ya gihanga ngomijana nabana be murakoze

alias yanditse ku itariki ya: 10-03-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka