Uwamahoro Bonaventure atorewe kuyobora Akarere ka Nyamagabe

Uwamahoro Bonaventure atorewe kuyobora akarere ka Nyamagabe, atsinze M.Louise Nduwayezu ku majwi 324 kuri 13

Uwamahoro Bonaventure atorewe kuyobora akarere ka Nyamagabe
Uwamahoro Bonaventure atorewe kuyobora akarere ka Nyamagabe

Uyu muyobozi asimbuye Mugisha Philbert wirukanywe na Njyanama y’aka Karere kuri uyu mwanya, nyuma y’ibyaha yamuregega birimo gukoresha nabi umutungo w’akarere ndetse no gutanga amasoko ya Leta mu buryo budakurikije amategeko.

Perezida w'urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe, Athanase Yaramba, n'umwanditsi w'uru rukiko Regine Mukamwiza bamaze kwakira indahiro
Perezida w’urukiko rwisumbuye rwa Nyamagabe, Athanase Yaramba, n’umwanditsi w’uru rukiko Regine Mukamwiza bamaze kwakira indahiro

Aya matora yabimburiwe no gutora abajyanama basimbura abari muri aka kazi barimo Mugisha Philbert wirukanywe ndetse na mugenzi we weguye.

Uwamahoro Bonaventure yatorewe kuba Umujyanama ahagararira Umurenge wa Kamegeri ari wo Murenge Philbert Mugisha yari ahagarariye muri Njyanama, hanatorwa Josephine Kabaganwa wo mu Murenge wa Kitabi wasimbuye undi Mujyanama wari weguye.

Uwamahoro Bonavanture i Bumoso na M.Louise Nduwayezu bari bahanganye
Uwamahoro Bonavanture i Bumoso na M.Louise Nduwayezu bari bahanganye

Uwamahoro Bonavanture ubaye Meya wa Nyamagabe ni muntu ki?

Bonaventure Uwamahoro yavukiye mu Murenge wa Mugano ho mu Karere ka Nyamagabe. Afite imyaka 40 y’amavuko, akaba afite umugore n’abana batatu.

Amashuri abanza yayigiye i Mugano n’i Kibeho, ayisumbuye ayigira i Save mu ishuri ry’abamarisite, mu ishami ry’uburezi.
Nyuma yaho yabaye umwarimu mu ishuri ribanza ry’i Mugano, ahavuye ajya mu ishuri ryisumbuye ry’i Gatagara.

Nyuma y’umwaka umwe n’igice yagiye kwiga muri kaminuza y’u Rwanda mu ishami ry’uburezi, yiga ibijyanyo n’imyigishirize, Psychopedagogie asoza amasomo muri 2005.

Nyuma ya Kaminuza yamaze igihe cy’imyaka ibiri n’igice akora umurimo wo guhuza ibikorwa bya Komisiyo y’ubutabera n’amahoro muri diyosezi gaturika ya Gikongoro.

Guverineri Mureshyankwano yari yitabiriye aya matora
Guverineri Mureshyankwano yari yitabiriye aya matora

Nyuma yaho yakoze mu mushinga Twiyubake wa World Vision mu gihe cy’umwaka umwe, hanyuma ajya kwiga mu Busuwisi aho yakuye impamyabushobozi yo mu rwego rwa masters mu bijyanye n’iterambere.

Yagarutse muri 2010, aba umukozi wa RODA ushinzwe ubudehe. Ubu yari umuyobozi w’ishami ry’igenamigambi ushinzwe amahugurwa no kubaka ubushobozi muri Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo, MIFOTRA.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Uva muri ministère ukajya kuyobora akarere ??unafite masters ??? Ni hatari.

Kamanzi yanditse ku itariki ya: 11-02-2018  →  Musubize

Karibu. Uzadukemurire ikibazo cy’amafaranga yacu mu Gakoma (Kibirizi) ku ndege tutishyuwe kdi twarangijwe n’ikibuga cy’indege.

intumwa yanditse ku itariki ya: 9-02-2018  →  Musubize

Karibu Bona wenda wazadukemurira ibibazo Mugisha na bagenzi be bananiwe. Cyane harimo kwishyura abaturage banjijwe n’ibikorwa remezo bya Leta.

nkundurwanda yanditse ku itariki ya: 9-02-2018  →  Musubize

Tumwifurije ishya n’ihirwe mu mirimo ye!

sitefano yanditse ku itariki ya: 9-02-2018  →  Musubize

Nanjye nishimiye umuyobozi mushya kuko twize hamwe muri marist brothers( TTC SAVE) y’uyumunsi.

Pasteur mugambira yanditse ku itariki ya: 9-02-2018  →  Musubize

tumwifirije ishya n’ihirwe mu mirimo ye!

sitefano yanditse ku itariki ya: 9-02-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka