Perezida wa Zambia Edgar Lungu araza mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu
Perezida wa Zambia Edgar Lungu arakorera uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda, guhera kuri uyu wa Gatatu kugeza kuwa Kane.
Perezida Lungu yaherukaga mu Rwanda mu gihe cy’irahira rya Prezida Kagame, aho yaje kumushyigikira ubwo yarahiraga tariki 28 Kanama 2017.
Perezida Kagame we yaherukaga muri Zambia tariki 19 Kamena 2017, aho yari agiye mu ruzinduko rw’akazi.
Icyo gihe abaperezida bombi basangiye ku meza, ku munsi wa kabiri asura akarere ka Kafue karimo uruganda rukora ibyuma rwa ’Kafue Steel Company’, mu rwego rwo kumenya imikorere y’inganda zo muri iki gihugu.
U Rwanda na Zambia bisangiye umubano mwiza ushingiye kuri Politiki. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Zambia yavuze ko uruzinduko rwa Perezida Kagame rwari ingenzi ku bihugu byombi kuko bikeneye kungurana ubumenyi.
Biteganyijwe ko mu ruzinduko rwe mu Rwanda, Perezida Lungu azasura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi, agakurikizaho gusura igice cyahariwe inganda cya ’Special Economic Zone’, mbere yo gusangira ku meza na Perezida Kagame.
Inkuru zijyanye na: Perezida Edgar Lungu
- U Rwanda ntiruzashyira igitutu kuri Zambia ngo icyure Abanyarwanda bahahungiye - Perezida Kagame
- Perezida Kagame yakiriye ku meza mugenzi we wa Zambia Perezida Edgar Lungu
- C&H yahaye impano Perezida Edgar Lungu azibukiraho ubwiza bw’ibikorerwa mu Rwanda
- Abanyarwanda n’Abanya-Zambia bunze ubumwe - Perezida Kagame
- Perezida Lungu wa Zambia yunamiye abantu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
- Perezida Lungu yashenguwe n’aho politiki y’ubukoloni yagejeje u Rwanda
- Perezida Lungu yamaze kugera mu Rwanda
- Umubano ushingiye ku bucuruzi hagati ya Zambia n’u Rwanda ugiye kongerwamo ingufu
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|