Perezida Lungu yamaze kugera mu Rwanda
Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Zambia Edgar Lungu, waje mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.
Ahagana ku isaha y’isaa Tanu n’igice zo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2018, nibwo Perezida Lungu yari ageze ku kibuga k’indege cya Kanombe.
Mu mezi umunani gusa abaperezida bombi bamaze kugendererana inshuro eshatu, zirimo uruzinduko rwabanje rwa Perezida Kagame muri Kamena 2017.
Ingendo ebyiri zisigaye zakozwe na Perezida Lungu, waje ubwa mbere mu Rwanda mu gihe cyo kurahira kwa Perezida Kagame, hakiyongeraho n’urw’uyu munsi.
Inkuru zijyanye na: Perezida Edgar Lungu
- U Rwanda ntiruzashyira igitutu kuri Zambia ngo icyure Abanyarwanda bahahungiye - Perezida Kagame
- Perezida Kagame yakiriye ku meza mugenzi we wa Zambia Perezida Edgar Lungu
- C&H yahaye impano Perezida Edgar Lungu azibukiraho ubwiza bw’ibikorerwa mu Rwanda
- Abanyarwanda n’Abanya-Zambia bunze ubumwe - Perezida Kagame
- Perezida Lungu wa Zambia yunamiye abantu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
- Perezida Lungu yashenguwe n’aho politiki y’ubukoloni yagejeje u Rwanda
- Perezida wa Zambia Edgar Lungu araza mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu
- Umubano ushingiye ku bucuruzi hagati ya Zambia n’u Rwanda ugiye kongerwamo ingufu
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Twishimira cyane uko u Rwanda rwacu ruhagaze mu ruhando mpuzamahanga.ibyo byose tubikesha H.E Paul Kagame.
Turamushyigikiye mu rugamba rw’iterambere.