Leta igiye kugoboka abugarijwe n’inzara yaturutse ku mapfa

Abahuye n’ikibazo cy’inzara mu Murenge wa Rwinkwavu muri Kayonza bagiye kugobokwa n’Ikigega cy’igihugu kigoboka abahuye n’ikibazo cy’izuba kibagenera ibyo kurya.

Ibigori na soya abaturage bongeye guhinga muri iki gishanga ntibirera ku buryo basaba ubufasha mu gihe bategereje ko byera.
Ibigori na soya abaturage bongeye guhinga muri iki gishanga ntibirera ku buryo basaba ubufasha mu gihe bategereje ko byera.

Umunyamabanga wa leta ushinzwe ubuhinzi muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi, Tony Nsanganira, abivuze nyuma y’uko bamwe mu batuye i Rwinkwavu bagaragarije ko bafite inzara batewe no kubuzwa guhinga igishanga cya Rwinkwavu bakeshaga amaramuko.

Hari hashize hafi imyaka ibiri badahinga, bitewe n’uko amazi agera muri icyo gishanga yari yafunzwe ayoborerwa mu muyoboro umwe kugira ngo igishanga gitunganywe kizajye gihingwamo umuceri.

Ibyo ngo byatumye icyo gishanga kibura amazi abaturage ntibongera guhinga bituma bagira inzara nk’uko Ntakirutimana Anastase wo mu kagari ka nkondo abivuga.

Nsanganira yasabye ko leta yabagoboka kubera amapfa abugarije.
Nsanganira yasabye ko leta yabagoboka kubera amapfa abugarije.

Ati “Umushinga wa RCCP ugitangira gutunganya igishanga amazi bayayoboreye mu muyoboro umwe igishanga cyose kiruma bitera inzara kuko tutongeye guhinga. Nk’iki gihe akadobo k’ibishyimbo kabaga kagura 700Frw ariko ubu karagura 1700Fre.”

Iyi nzara ngo yatumye bamwe mu baturage basuhuka, ku buryo hari imiryango yagiye muri Uganda inzu zigasigara zikinze, nk’uko bivugwa n’uwitwa Kubahoniyesu Elias.

Ati “Abantu bagiye bakinga inzu baragenda nta n’umuntu bazisigiye cyangwa ngo bazikodeshe, ugeze mu mudugudu wacu wa Kajevuba niho wabibona, bamwe baragiye i Bugande.”

Abaturage ubu bemerewe kongera guhinga mu gishanga cya Rwinkwavu, tariki 9 Kamena 2016 bongeye gufungurirwa amazi. Hashize igihe gito bahinzemo ibigori na soya, bakaba basaba ubufasha mu gihe bitarera.

Uyu muturage yemeza ko bamwe mu baturanyi be basuhukiye muri Uganda kubera inzara.
Uyu muturage yemeza ko bamwe mu baturanyi be basuhukiye muri Uganda kubera inzara.

Nsanganira avuga ko abo bizagaragara ko bafite ikibazo bazahabwa imfashanyo y’ibiribwa, ariko bakazanahabwa imirimo izabafasha guhangana n’iyo nzara.

Ati “Dufite ikigega cy’igihugu kigoboka abahuye n’ikibazo cy’izuba. Imiryango bigaragara ko yahuye n’ikibazo dukora muri icyo kigega tukayigoboka, ariko abantu bahabwa ibiribwa bagahabwa n’indi mirimo kugira ngo batumva ko bahawe iby’ubuntu.

Iyo mirimo ni yo twizera ko ivamo ibizatuma iyo nzara batazongera kuyigira.”

Umurenge wa Rwinkwavu ni umwe mu mirenge y’Uburasirazuba ikunze kwibasirwa n’izuba ryangiriza abaturage. Mu rwego rwo guhangana n’icyo kibazo ubuyobozi bwatangiye gahunda yo gushishikariza abaturage kuhira.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka