Kugira ingengabitekerezo ya Jenoside ni ugupfa uhagaze – Minisitiri Nsengimana

Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana yemeza ko kugira ingengabitekerezo ya Jenoside ari ugupfa uhagaze kuko nta cyiza cyayo.

Minisitiri Nsengimana ahamya ko kugira ingengabitekerezo ya Jenoside ari ugupfa uhagaze
Minisitiri Nsengimana ahamya ko kugira ingengabitekerezo ya Jenoside ari ugupfa uhagaze

Yabitangarije mu biganiro yagiranye n’urubyiruko ruba mu Rwanda n’uruba hanze, ruri mu itorero Urunana rw’Urungano Inkomezamihigo, ribera mu kigo cya gisirikare cya Gabiro, tariki ya 12 Ukuboza 2016.

Minisitiri Nsengimana avuga ko gutoza urubyiruko ku mateka y’u Rwanda bituma bakurana umuco wo gukunda igihugu.

Minisitiri Nsengimana ageza ikiganiro ku rubyiruko ruri mu itorero i Gabiro ku itariki ya 12 Ukuboza 2016
Minisitiri Nsengimana ageza ikiganiro ku rubyiruko ruri mu itorero i Gabiro ku itariki ya 12 Ukuboza 2016

Yemeza kandi ko itorero nk’iryo rigamije kubaka urubyiruko bityo narwo rukubaka icyerekezo gishya kugira ngo rufashe mu kurandura ingengabitekerezo ya Jenoside.

Agira ati “Tugomba kubaka urubyiruko rwubaka icyerekezo gishya rugatandukana n’ibisigisigi by’amateka mabi.

Iyi gahunda izagera kuri buri munyarwanda, nta n’umwe twifuza gutakaza kuko kugira ingengabitekerezo ya jenoside ni ugupfa uhagaze.”

Uru rubyiruko rwiyemeje guhangana n'abakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside bifashishije imbuga nkoranyambaga
Uru rubyiruko rwiyemeje guhangana n’abakwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside bifashishije imbuga nkoranyambaga

Muri ibyo biganiro, Minisitiri Nsengimana yari ari kumwe na Minisitiri w’umuco na siporo, Uwacu Julienne.

Bombi bahamagariye urubyiruko guhangana n’ababiba ingengabitekerezo ya Jenoside babinyujije ku mbuga nkoranyambaga.

Babasabye nabo kwifashisha izo mbuga nkoranyambaga babanyomoza ibyo abo bandi baba banditse.

Itorero Urunana rw'Urungano Inkomezamihigo rihuza urubyiruko ruba mu Rwanda n'uruba hanze
Itorero Urunana rw’Urungano Inkomezamihigo rihuza urubyiruko ruba mu Rwanda n’uruba hanze

Urubyiruko ruba mu mahanga rwemeza ko rubabazwa no kubona hari abana bavutse nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994 ariko usanga rufite ingengabitekerezo iruta iy’abakuru.

Urubyiruko ruri mu itorero i Gabiro rushyiraho morale
Urubyiruko ruri mu itorero i Gabiro rushyiraho morale

Uwitije Rongin, wiga mu Bushinwa avuga ko iri torero aryungukiyemo byinshi kuko ngo azataha afite ingamba nshya.

Agira ati “Tugiye gufatanya n’Ambasade n’ihuriro ry’Abanyarwanda baba mu mahanga, twigishe urwo rubyiruko rukibeshywa n’ababyeyi babo kandi bazahinduka.”

Itorero Urunana rw’Urungano Inkomezamihigo ruhuriwemo urubyiruko rubarirwa muri 754, rukaba rumaze hafi icyumweru rutorezwa mu kigo cya gisirikare cya Gabiro.

Andi mafoto

Urubyiruko ruri mu itorero i Gabiro rukurikiye ibiganiro

Urubyiruko ruri mu Itorero i Gabiro rwahawe umwanya narwo rutanga ibitekerezo
Urubyiruko ruri mu Itorero i Gabiro rwahawe umwanya narwo rutanga ibitekerezo
Minisitiri y'Ubutegetsi bw'igihugu Francis Kaboneka, Hon. Edouard Bamporiki na Guverineri w'intara y'amajyepfo Rose Mureshyankwano nabo bahaye ibiganiro urubyiruko ruri mu itorero i Gabiro
Minisitiri y’Ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka, Hon. Edouard Bamporiki na Guverineri w’intara y’amajyepfo Rose Mureshyankwano nabo bahaye ibiganiro urubyiruko ruri mu itorero i Gabiro
Faustin 'Kunde' Gashugi yatanze ikiganiro agaragaza urugendo rwe kuva ari umusilikare wa ex-FAR kugeza agarutse mu Rwanda
Faustin ’Kunde’ Gashugi yatanze ikiganiro agaragaza urugendo rwe kuva ari umusilikare wa ex-FAR kugeza agarutse mu Rwanda
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 8 )

Umunyarwanda nemera ko yakize ibikomere, ni uhagarara akemera ko afite ibikomere akanabiganiriza abandi

sakirwa yanditse ku itariki ya: 13-12-2016  →  Musubize

Hari abanyarwanda bagura ipfunwe ryo kuba bakiriho, iyo batekereje ku mateka y’u Rwanda

kiza yanditse ku itariki ya: 13-12-2016  →  Musubize

kuvugisha ukuri ntibyica umutumirano, wagize neza ku nama watanze zizubakirwaho tugana imbere heza

kaneza yanditse ku itariki ya: 13-12-2016  →  Musubize

Kanshimire leta yatekereje guhuza urwo rubyiruko ni ibyagaciro cyane kandi ni ukuri ni umuti mwiza wejo hazaza h’u Rwanda, amacakubiri ntakiza twakuyemo usibye amahano ya jenoside yakorewe Abatutsi gusa Abayobozi ubu dufite batwereka ko byose bishoboka ntabwo bizongera kubaho, twe urubyiruko nidufate iya 1 maze twamagane abashaka ktubibamo amacakubiri twimike ubunyarwanda duteze igihugu cyacu imbere.

Murekezi yanditse ku itariki ya: 13-12-2016  →  Musubize

ni umuco wo kuganira ku biduteza imbere mu buzima bwacu bwa buri munsi

habyara yanditse ku itariki ya: 13-12-2016  →  Musubize

nta kintu cyiza nko kuba dufite igihugu #Rwanda .Hari igihe,bamwe mu banyarwanda batari bafite igihugu,ari impunzi

zaninka yanditse ku itariki ya: 13-12-2016  →  Musubize

U #Rwanda rwagenderaga ku ndangagaciro na kirazira. Ibyo byose byashenywe n’Abakoloni

sezibera yanditse ku itariki ya: 13-12-2016  →  Musubize

Amakosa yabaye mu #Rwanda nuko abantu bakoresheje amoko mu gutanya Abanyarwanda

kamana yanditse ku itariki ya: 13-12-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka