Ipamba ryari rikozeho Mukeshabatware Dismas Imana irahagoboka

Icyamamare mu gukina ikinamico no kwamamaza Mukeshabatware Dismas yatangaje uburyo kwamamaza ipamba byari bitumye afungwa.

Mukeshabatware ubwo yari ari muri studio ya KT Radio
Mukeshabatware ubwo yari ari muri studio ya KT Radio

Mu kiganiro “Urukumbuzi” cya KT Radio cyabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 06 Gicurasi 2017, Mukeshabatware yavuye imuzi ubuzima yabayeho ari umukinnyi w’amakinamico no kwamamaza n’ubuzima bwe bwite.

Niho yehereye avuga ko nyuma gato ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yamamaje iduka ryacuruzaga ipamba arivuga ibigwi, abwira ibitaro byo mu Rwanda hose kuza kuriguramo ipamba.

Bwakeye imbangukiragutabara zose mu Rwanda zaje i Kigali gufata ipamba nyamara iryo pamba ryari rike cyane ku buryo ibitaro bya Kigali byari byarimaze.

Ibi ngo byatumye abagenzacyaha baza kumufata kugira ngo abazwe impamvu yamamaje ibintu bidahari.

Agira ati “Nagiye kubona mbona OPJ aje kuri Orinfor aho nakoraga ambaza Mukeshabatware mubaza icyo amushakira, ati ‘ndamushaka kandi ansange kuri station, ati kandi ndamujyana nti waba umbwira.”

Nuko arabanza ancisha kuri iryo duka, nsanga za ‘Ambulances’ zitonze umurongo imodoka zahuruye ngo zije gufata ipamba, naho ako gapamba kari amafuti, ibitaro bya Kigali byaraje bihita bigakukumba.”

Akomeza avuga ko bamutwaye kuri polisi akabona ko byamurangiranye bikaba ngombwa ko yigura amafaranga kugira ngo adafungwa.

Ibi ngo byamuhaye isomo ryo kutazongera kugwa mu mu tego wo kwamamaza ibintu atabonye.

Hari ibintu bisekeje byavuzwe kuri Mukeshabatware

Mukeshabatware uzwi ku mazina menshi nka Mbirikanyi, Bihemu na Shuni avuga ko hari ibintu byinshi bamuhimbira bagamije kwiryohereza no guseka.

Mukeshabatware ahamya ko hari ibyo bamuvugaho ko yakoze bitari byo
Mukeshabatware ahamya ko hari ibyo bamuvugaho ko yakoze bitari byo

Hari nkaho ngo yumvise bavuga ko yigeze guterwa n’abajura agatabaza abaturanyi bakanga guhurura, bibwira ko araye yitoza gukina ikinamico.

Ibi kandi abihuza n’uko hari abavuze ko yaba yarahamagawe kwitaba umukuru w’igihugu, akamanuka inzira yose abwira abaturanyi ati “mube mureba ndagiye nintagaruka muzabimenye.”

Ati “Ni urwenya baba batera, nabura kwishima ko natumiwe n’umukuru w’igihugu ngatabaza? Ndetse n’abavuga ko naba naragiyeyo kumusetsa akampa imodoka sinzi aho babikura rwose, gusa bigaragara ko ibyo nakinnye byabagereyeyo bakabikunda.”

Mukeshabatware avuga ko iyo akina aba ashaka kubikora neza uko bikwiye ku buryo ubyumva yibona neza nk’ibyo areba kandi adahari.

Mukeshabatware yagize ubuzima butangaje ari naho akomora ibihangano bye

Mukeshabatware Dismas ni umugabo wubatse ufite abana barindwi. Yavutse mu mwaka wa 1950, avukira mu karere ka Nyaruguru.

Mukeshabatware yatunguwe no kubona bwa mbere amatara na kaburimbo
Mukeshabatware yatunguwe no kubona bwa mbere amatara na kaburimbo

Yatunguwe no kuva iwabo mu giturage agiye kwiga i Kigali muri Saint Andre, akabona umuhanda wa kaburimbo.

Agira ati “Natunguwe cyane no kubona umuhanda w’umukara numva bitoroshye, ubwo twaje muri bisi itugeza kuri Onatracom icyo gihe yitwaga TP kuko twari kumwe n’abandi bari bahamenyereye duhita dujya ku ishuri.”

Akomeza avuga ko yatunguwe cyane no kubona amatara bwa mbere arara adasinziriye. Anatungurwa no kurara ku mufariso (matelas) bwa mbere kuko iwabo bararaga ku rutara. Ni nabwo ngo yize kurya umuceri bwa mbere mu gihe iwabo yiririga ibijumba n’ibirayi.

Akomeza avuga ko aho ariho yakurije impano ye yo gukina amakinamico. Ikindi kandi ngo ntanywa inzoga.

Avuga ko kandi yabaye umusaveri. Yanabaye kandi umusirikare wari ufite ipeti rya ‘Sergent. Yarabyigiye agera no mu Bubiligi ariko ngo yaje kubivamo atangira gukina amakinamico mu mwaka wa 1984.

Mukeshabatware yifuza ko ikinamico yakongera kugarura isura yahoranye abantu bakayikina babizi kandi bayifiteho impano.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Numugabo.bamuvugagahobyishi arikomwakozekumaganiriza bitumyetumenya ukuri✅

Baptiste yanditse ku itariki ya: 7-05-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka