Gicumbi: Umuyobozi w’Akarere n’abamwungirije begujwe
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 25 Gicurasi 2018 Mudaheranwa Juvenal wayoboraga Akarere ka Gicumbi n’abamwungirije bose beguye ku mirimo yabo.
Aya makuru yashimangiwe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney aho yatangaje ko aba bayobozi beguye kubera imikorere mibi yabarangaga.
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, yari Muhizi Jules Aimbable naho Umuyobozi w’Akarere Wungirije ushinzwe imibereho myiza, akaba yari Benihirwe Charlotte.
Aba bayobozi beguye bakurikira Meya wa Rusizi wavuze ko yeguye ku mpamvu ze bwite.
Inkuru zijyanye na: abameya begura
- Icyo Kaboneka avuga ku kwegura kw’abayobozi kwiswe ’Tour du Rwanda’ (PODCAST)
- Huye: Uwamariya Veneranda yagizwe Meya w’agateganyo
- Minisitiri Kaboneka yahakanye iby’uko Abameya bashyirwaho kuri ‘TEKINIKI’
- Gicumbi: Umunyamakuru agizwe Meya w’agateganyo
- Gicumbi: Meya w’agateganyo na we yeguye atamazeho icyumweru
- Huye: Gusuzugura inama Njyanama bitumye Komite Nyobozi yirukanwa
- Nyagatare: Komite nyobozi y’akarere na yo ireguye
- Komite nyobozi ya Bugesera yose yeguye
- Ruhango: Akarere kabonye abayobozi bashya
- Rwakazina Marie Chantal atorewe kuyobora Umujyi wa Kigali
- Nyabihu: Umuyobozi w’ikigo cy’ishuri atorewe kuyobora akarere
- Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi na we yeguye
- Nyabihu: Meya n’uwari umwungirije beguye
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
ntakundi ariko nabonaga bakora uko bashoboye ,gusa batindaga gukemura ibibazo bagezwagaho ,imicungire y’ibigo by’amashuri yo yari yabarenze kuko ntabwo babigeragamo,ahubwo ugasanga aho kwimura mu bigo abakozi bashinzwe imitungo baba barayigize iyabo ,bakayibarekeramo imyaka igahita indi igataha ,ubundi umuyobozi wese agomba kujya kuri kuri terrain akamenya ibibazo bihari bakishinga abamunzwe aho kwishinga ababaha raporo kuko abenshi baba baramunzwe na rushwa,iyo umuntu amaze igihe mukazi kanjyanye numutungo ageraho akawitiranya nuwe.
Nta kundi na nyina w’undi abyara agahungu. Ni baze tubakire muri iyi si yo kurya umucanga.