Abo HRW iheruka kuvuga ko bishwe n’inzego z’umutekano baracyariho

Nk’uko bigaragara kuri iyi foto iheruka gushyirwa ahagaragara n’umuryango mpuzamahanga witwa "Human Right Watch (HRW)" uharanira uburenganzira bwa muntu, ngo abo bantu bishwe n’inzego z’umutekano w’igihugu abandi baburirwa irengero.

Lisiti y'abantu 43 Human Rights Watch yari yatangaje ko bishwe na polisi kubera ubujura buto buto
Lisiti y’abantu 43 Human Rights Watch yari yatangaje ko bishwe na polisi kubera ubujura buto buto

Raporo ya "HRW" yagaragazaga amazina yabo ivuga ko bishwe, icyo bazize n’igihe biciwe.

Ariko Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu (NHRC) na yo yasohoye ubushakashatsi yakoze kuri iyo raporo ndetse yerekana abari kuri iyi lisiti bavugwagaho ko baba barishwe.

Bamwe muri bo ni aba ubona kuri iyi foto hasi.

Bamwe mu bari bari kuri listi byavugwaga ko bishwe, Komisiyo y'uburenganzira bwa muntu yarabashatse irababona
Bamwe mu bari bari kuri listi byavugwaga ko bishwe, Komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yarabashatse irababona

Komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu yabitangaje mu bushakashatsi yashyize ahagaragara kuri uyu wa gatanu tariki ya 13 Ukwakira 2017.

Tariki 13 Nyakanga "HRW" yatangaje raporo y’amapaji 40 ifite umutwe ugira uti "All Thieves Must Be Killed’: Extrajudicial Executions in Western Rwanda” , bivuze ko mu Rwanda hari itegeko ryo kwica abajura binyuranije n’amahame y’ubutabera.

Icyo gihe yari yatangaje ifoto ikubiyemo amafoto y’abantu 43 yavugaga ko bishwe na Polisi bamwe barashwe abandi bazize gukubitwa, abandi bakaburirwa irengero, hirya no hino mu turere dutandukanye tw’igihugu.

Iyi nkuru turacyayibakurikiranira

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ariko HRW Twarabarambiwe Ahomwahereye Mwaturetse Tukubaka Urwatubyaye Ese Ntacyo Guvernoma Yakora Ngo,itandukane Nizo Mburagasani?

Habimana yanditse ku itariki ya: 15-10-2017  →  Musubize

Nibisanzwe byabo guharabika u Rwanda ntawe byatungura twe turusheho gukora no gukunda igihugu cyacu gusa sibo mana yacu.

Gasangwa Albert yanditse ku itariki ya: 14-10-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka