Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, yavuze ko indege ya mbere izazana abimukira i Kigali izahaguruka mu byumweru biri hagati ya 10 na 12, anashima intambwe Guverinoma y’u Rwanda iri gutera mu myiteguro yo kubakira.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko yanyuzwe n’ibiganiro yagiranye na mugenzi we wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko umuzigo wa Congo ukwiye kwikorerwa n’abanye-Congo n’abayobozi babo, aho kuba u Rwanda cyangwa abayobozi b’u Rwanda.
Mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, Perezida Kagame yasubije ibibazo bitandukanye byerekeye ikibazo hagati y’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ndetse n’ibindi bibazo by’umutekano mu Karere. Umunyamakuru wa Jeune Afrique yabajije Perezida Kagame niba yemera kuzabanza kuzuza ibyo Perezida (...)
Kuri iki Cyumweru, tariki ya 24 Werurwe 2024, Inama y’Igihugu y’Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri Muntu/PL yateranye iyobowe na Perezida w’Ishyaka PL, Nyakubahwa Mukabalisa Donatille, yemeza ko Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri Muntu/PL rizashyigikira Nyakubahwa Paul Kagame mu matora y’Umukuru (...)
Kongere y’Igihugu y’Ishyaka Riharanira Demokarasi n’Imibereho Myiza y’Abaturage (PSD) yemeje ko iryo shyaka rizashyigikira Paul Kagame mu matora y’umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Nyakanga 2024.
Nyakwigendera Hage Geingob wari Perezida wa Namibia, yari umwe mu Bakuru b’Ibihugu bazwiho kudaca ku ruhande ibirebana n’umubano wa Afurika n’ibihugu byo ku mugabane w’u Burayi.
Pastor Ezra Mpyisi wo mu itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi, avuga ko ubwo Ababiligi bahaga ubwigenge Abanyarwanda mu 1962, ngo babuhaye abatari babukeneye.
Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, Shinzō Abe, yatangaje ko nta ruhare igihugu cye kizongera kugira mu gushoza intambara.
Iterambere isi igezeho muri iki kinyejana cya 21 riraturuka ku buvumbuzi bwagiye bubaho mu bihugu bimwe na bimwe, bukaba ari na bwo bwabigize ibihangange mu gihe cyabyo.
Theresa May, Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, amaze kwegura nyuma yo kunanirwa gukura Ubwongereza mu Muryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi (EU) mu cyo bari barise “Brexit”.
Prof PL Otieno Lumumba, impuguke mu by’amategeko na Politiki w’Umunyakenya, yashimangiye ko abayobozi mu bihugu bimwe bya Afurika aribo ntandaro y’ibibazo Afurika ihoramo aho batita ku nyungu z’abaturage bakirirwa mu ihangana ridashira.
Nyuma y’amezi ane atorewe kongera kuyobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida Félix Antoine Tshisekedi yashyizeho Minisitiri w’Intebe w’umugore witwa Judith Suminwa Tuluka, wari usanzwe muri Guverinoma ya Sama Lukonde wamaze gusezera ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe.
Perezida Paul Kagame ari mu Buyapani, aho yagiye kwifatanya n’abandi bakuru b’ibihugu bya Afurika na za guverinoma na Leta y’u Buyapani, mu nama mpuzamahanga ya karindwi ibera i Tokyo, inama yiga ku iterambere rya Afurika (TICAD).
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi barishimira ibikorwa bagejejweho na FPR Inkotanyi bikabafasha kwiteza imbere mu buryo butandukanye.