Werurwe 2025 yabaye ukwezi kw’isoni n’ikimwaro kuri bamwe, ndetse n’intsinzi itazibagirana ku bandi. Yari ikimwaro ku ngabo za Leta ya Congo n’abanywanyi bayo barimo ingabo z’u Burundi, abacanshuro b’i Burayi, Wazalendo ndetse na FDLR kuko ari ho batakaje ibirindiro bikomeye, bakirukanwa mu mujyi wa Goma Kibuno mpa amaguru.
Nta munsi w’ubusa wira mu Rwanda tutumvise aho imodoka zakozanyijeho, rimwe na rimwe zikanababazanya, zigakomeretsa, cyangwa zigatwara ubuzima bwa muntu, maze imiryango igasigara mu gahinda.
Abagenzi basanzwe bagenda na RwandAir n’abandi batangiye kuyimenya ubu bashyizwe igorora.
Perezida Juvenal Habyarimana wayoboye u Rwanda kugeza mu ntangiriro z’uwa 1994 yaguye mu ndege yahanuwe ijya kugwa ku Kibuga cy’indege I Kanombe, mu ijoro ryo kuwa 6 Mata 1994, ubwo yari avuye mu nama i Dar es Salam muri Tanzania. Amakuru menshi agaragaza ko yishwe n’agatsiko k’abo mu butegetsi bwe bari bafite ibyabo (…)
Abanyarwanda bo barabizi kandi basobanukiwe neza ko akenshi ubuhinzi n’ubworozi ari ibintu bikunze kujyana kubera uburyo byuzuzanya, nubwo muri iyi minsi usanga kubifatanya bitagishobokera bose, ariko iyo byakunze burya biba bisa nk’amata yabyaye amavuta.
Umunyarwanda yabivuze neza agira ati “Ab’inda nini mubime amayira”. Aha yashakaga kuvuga ko abakora ibidakwiye bagamije indonke badakwiye kumvwa.
Shampiyona y’Isi y’Amagare (UCI Road World Championships Kigali 2025) yarangiye, ariko bimwe mu byayiranze bikomeje kugaruka mu nkuru nyamukuru.
Mu gihe tariki 29 Nzeri 2025, Isi yose yizihije Umunsi Mpuzamahanga wahariwe kurwanya indwara z’umutima (World Heart Day), wizihizwa buri mwaka kuri iyo tariki, izo ndwara zikomeje guhitana abatari bake kandi nyamara bishoboka ko zakumirwa.
Umufasha w’Umukuru w’Igihugu Madame Jeannette Kagame yahaye impanuro zikomeye imiryango – abashakanye – ndetse n’urubyiruko rwitegura gushaka, aho ashishikariza buri wese kubaka urugo rutekanye, rugizwe no kuganira no kutarundukira mu by’ubu.
Filip Reyntjens, Umubiligi u Burayi bufata nk’inararibonye kuri Afurika y’Ibiyaga bigari, yatangiye kwerekana uburyo yanga u Rwanda urunuka, cyane cyane akanga FPR Inkotanyi iyoboye ubutegetsi, by’umwihariko Perezida Paul Kagame.
Inkuru zo Kwita Izina ntituraziva imuzi kuko abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baje muri ibi birori baracyaramutsa abaturage mu nguni zose, bakareba ibyo u Rwanda rwagezeho, ndetse n’uburyo igihugu cyiyubatse nyuma y’amateka ashaririye ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Uyu munsi, inzira zose zaganishije Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, mu kirenge cya Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, mu Kinigi, iwabo w’ingagi zo mu Birunga, zisigaye gusa mu birunga biri hagati y’u Rwanda, u Bugande ndetse na Congo Kinshasa.
Muri iyi imyaka 31, Dafroza Mukarumongi-Gauthier yabaye ijwi ridacogora mu rugamba rwo guharanira ubutabera mu Bufaransa. Uyu umugore wicisha bugufi ariko ufite imbaraga zidasanzwe mu guhiga abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, si umupolisi, si n’umushinjacyaha wa Leta.
Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiraga i Bumbogo mu Karere ka Gasabo, Jean Bosco Nshimiyimana ku myaka ye icyenda yari yasuye umuryango w’Abaturanyi, nuko ababyeyi be barahunga, aburana na bo.
Umugabo yahuye na mugenzi we baherukanaga mu myaka nka cumi n’itanu, maze baribwirana, nuko umwe abwira mugenzi we ati “erega twariganye hariya mu Bigugu”! Undi na we rero amwishongoraho cyane ati “ese burya wagira ngo kwari ukwiga? Ahubwo burya jye nyuma naje kujya kwiga."
Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) wagaragaje ko ushyigikiye ubukangurambaga bw’abasaba ko ikarita ya Afurika ikosorwa, kuko uburyo bwakoreshejwe bayishushanya bwayigaragaje nk’umugabane muto.
"Nyaruguru ifite ubutunzi bukomeye mu bukerarugendo, ndetse n’ahantu nyaburanga hakenewe gutezwa imbere. Hari kandi ubukire bukomeye buhishe mu buhinzi bworozi muri aka karere."
Kubika intanga hifashishijwe ikoranabuhanga bizagendera ku cyemezo cya muganga. Ibi ni ibikubiye mu mushinga w’Itegeko rigenga serivisi z’ubuvuzi watowe n’Inteko rusange umutwe w’Abadepite harimo n’ingingo ivuga uburyo intanga ndetse n’urusoro byabikwa mu buryo bw’ikoranabuhanga bikazifashishwa mu kororoka kw’abantu.
Ni kenshi mu bihe by’Impeshyi uzumva abantu bakoresha imvugo igira iti ‘bwayaze cyangwa bwarayaze’ (ubwonko), abarikoresha bashaka gusobanura ko izuba ririmo gutuma umuntu akoreshwa ibintu bidakwiye n’ubushyuhe buriho.
Uyu munsi, u Rwanda rwabonye icyanya gishya, cyangwa inyubako izatuma abakunda siporo, cyane cyane Basketball bayikina, bayifana cyangwa se bayireba bakikijwe n’ikirere cyiza, kirimo iby’ibanze umuntu wagambiriye gusohoka yabona, ahantu umukunzi wa siporo yajyana n’inshuti ye, cyangwa n’umuryango, buri wese akahabona (…)
Muri iki cyumweru, Perezida Paul Kagame yashyizeho Minisitiri w”intebe mushya, Dr. Justin Nsengiyumva, bituma hari n’abandi bahindurwa, ndetse bose bararahira nk’uko biteganywa n’amategeko y’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yarahije Guverinoma nshya igizwe na Minisiteri makumyabiri n’imwe, hamwe na Minisiteri y’intebe, aho yabwiye abaminisitiri, abanyamabanga ba Leta n’abayobozi bakuru bahawe inshingano ko bagomba gukora batizigamye, abasimbujwe nabo bakamenya ko akazi kandi kabategereje imbere.
Mu mafu ya mu gitondo, mu Murenge wa Mudende, Akarere ka Rubavu, umugabo w’imyaka 69 yicaye mu ntebe y’urubaho imbere y’inzu ye. Amazina ye ni Kaporali Senkeri Salathiel, ubitse inkuru imyaka isaga 30 imuhora ku mutima. Ni umugabo wagize uruhare rukomeye mu mateka y’u Rwanda ya vuba aha.
Turi I Nayirobi mu murwa mukuru wa Kenya, itsinda ry’abanyeshuri bakurikiye imbwirwaruhame Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ari gutanga mu nama mpuzamahanga atajenjetse, akita itungo ririnda urugo mu mazina yaryo, maze uko basoma agakawa batangira kuganira, nuko umwe muri bo witwa Sharon atera hejuru ati “Uyu mugabo ararenze. (…)
Nubwo u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) byashyize umukono ku masezerano y’amahoro, hagamijwe gushakira umuti w’ikibazo cy’umutekano muke umaze igihe mu Burasirazuba bwa RDC, ariko RDC yatangiye guca amarenga y’uko kuyubahiriza bizagorana.
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) ikomeje kwiringira abacanshuro mu kurwanya umutwe wa M23, aho irimo gukoresha abagera ku 120 bo muri sosiyete y’abikorera yitwa Agemira, ifite inkomoko muri Bulgaria.
Mu myaka 31 ishize, imvugo igira iti ‘u Rwanda ruraryoshye’ yari kumvikana nabi mu matwi y’Abanyapolitiki batangiranye n’iki gihugu.
Kuri uyu wa Kabiri Nyakanga, KT Radiyo yimuriye ibiganiro byayo ku Mulindi w’Intwari, aho ni mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru, ahakorereye Radiyo Muhabura yamenyekanye cyane mu rugamba rwo kubohora u Rwanda kubera amakuru mpamo yagezaga ku Banyarwanda mu gihe ikinyoma n’urwango byari byibasiye igihugu.
Uyu munsi, u Rwanda rurizihiza isabukuru y’Ubwigenge, aho rwemerewe kwifatira ibyemezo, no kugena ahazaza harwo, mu bwisanzure, mu ituze n’umudendezo.
Urugamba rwo kubohora u Rwanda rwabaye intangiriro y’ibihe, naho ikurwaho rya Leta yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe abatutsi naryo ritangiza ubuzima bushya butari bufite ireme.