Ngororero: Umugezi wa Satinsyi wahitanye umubyeyi n’umwana yari ahetse

Umugore witwa Uwamariya Chantal w’imyaka 24 wari utwite inda y’amezi atatu anahetse undi mwana w’imyaka ibiri n’igice, bishwe n’umugezi wa Satintsyi tariki 04/11/2012 ubwo uwo mugore yageragezaga kuwambuka n’amaguru.

Hafi y’aho umugezi watwariye abo bantu mu kagali ka Mugano mu murenge wa Ngororero, hari ikiraro (iteme) ahitwa mu Gashonyi, ariko uwo mugore yahisemo kwambuka n’amaguru kubera gushaka inzira ya bugufi.

Nk’uko tubikesha ubuyobozi bw’umurenge ndetse n’akagari ibi byabereyemo, ngo bakimenya ayo makuru bahise bihutira kubashakisha muri uwo mugezi, nuko haza kuboneka umurambo w’uwo mugore wari utwite, nyuma umwana na we bamubona yapfuye.

Abanshi bahitamo guca inzira ya bugufi bagaca mu mazi.
Abanshi bahitamo guca inzira ya bugufi bagaca mu mazi.

Imirambo yajyanywe ku bitaro bya Muhororo biri muri ako karere kugira ngo isuzumwe. Kuri ubu ba nyakwigendera bakaba bamaze gushyingurwa.

Ubuyobozi bw’umurenge wa Ngororero busaba abaturage kwitondera imigezi ndetse n’izindi mpanuka zikunze guterwa n’imvura nyinshi ukunze gutwara ubutaka ndetse ikanuzuza imigezi.

Byumwihariko, umugezi wa Satinsyi ukaba kwica abantu ndetse ukanangiza ibikorwa birimo imyaka, imiyoboro y’amazi, umuhanda n’ibindi.

Ernest Kalinganire

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka