Rwamagana: Abajura bahitanye babiri abandi 8 barakomereka

Mu ijoro ryakeye, abajura bateye mu ngo z’abagabo babiri bakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro (Egide na Mbarushimana) batuye mu kagari ka Kagarama mu murenge wa Musha bica abaturanyi babiri batabaye, batema abandi umunani.

Ubu bujura bwabaye saa saba z’ijoro busa n’ubwari bwateguwe neza kuko kuri buri rugo mu mudugudu wa Kagarama hari hari umuntu maze hagira umuturage ushaka gusohoka ngo atabare, abajura bagahita bamutema bakanamukubita imyase; nk’uko bisobanurwa na Fred Mushindaji uyobora umurenge wa Musha.

Hapfuye babiri mu batabaye, Ntunguranye Egide na Mbarushimana Methussela. Abandi umunani barimo ba nyiri ingo zatewe bari mu bitaro, batatu baravurwa batahe none abandi baragumamo.

Hamaze gufatwa abantu batanu bakekwaho kuba mu gatsiko k’abajura bakoze ubwo bugome.

Hari amakuru ataremezwa avuga ko muri iki gitondo, Polisi yafatiye umuntu Nyabugogo mu mujyi wa Kigali afite umufuka urimo ibikoresho gakondo bishobora kuba aribyo byakoreshejwe muri ubwo bujura.

Kigali Today

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Abaturage iyo bakangurirwa amarondo bage babyunva kuko bigira akamaro kanini,nk’ubu ahangaha iyo baba baritabiriye iyi gahunda baba bashoboye gutesha aba bajura cg bakanabafata. ababuze ababo bihangane kadi ubutabera bw’urwanda buzabahorera.

butera yanditse ku itariki ya: 22-05-2013  →  Musubize

Imirenge ya Gishari,Munyiginya na Musha ifite inzererezi nyinshi higanje mo abanywi b’urumogi, abo babarizwa cyane aho bita Nyarugari kurugabano rwa Gishari na Munyiginya aho bakunze kwita kukibitare hari agatsiko k’abantu banywa urumogi. Inzego z’ibanze zifatanyije na Police bakwiye guhagurukira iki kibazo bakamenya bene abantu hagafatwa ingamba zikarishye kugirango ubugizi bwa nabi nkubu bwigufata intera ndende.

yanditse ku itariki ya: 22-05-2013  →  Musubize

nangirago bwire yukno sogokuru waje ko yafuyr kandi tankitu cyamwishe , ariko abatu barikuvugako arumutwe wamwishe , love you all thanks

tantine nyirambabazi yanditse ku itariki ya: 22-05-2013  →  Musubize

Itegeko rihana abajura ryakagombye kuvugururwa rigahana abajura ku buryo bugaragara.Ntibyumvikana ukuntu abantu bakwiyuha akuya bakorera ingo zabo ngo abirirwa bicaye babacuze utwabo babambure n’ubuzima ndetse n’abagerageje gutabara bicwe.Ingamba zo gucunga umutekano w’ijoro na zo zongere zikazwe.

rukundo yanditse ku itariki ya: 22-05-2013  →  Musubize

polisi uko bigenda kose irafta aka gaco k’abajura kuko ibi ntabwo abanyarwanda twabyihanganira ko abantu bigira indakoreka mu gihugu kigendera ku mategeko.

moustafa yanditse ku itariki ya: 22-05-2013  →  Musubize

Imirenge ya Gishari,Munyiginya na Musha ifite inzererezi nyinshi higanje mo abanywi b’urumogi, abo babarizwa cyane aho bita Nyarugari kurugabano rwa Gishari na Munyiginya aho bakunze kwita kukibitare hari agatsiko k’abantu banywa urumogi. Inzego z’ibanze zifatanyije na Police bakwiye guhagurukira iki kibazo bakamenya bene abantu hagafatwa ingamba zikarishye kugirango ubugizi bwa nabi nkubu bwigufata intera ndende.

yanditse ku itariki ya: 22-05-2013  →  Musubize

Kuki muri iyi minsi hariho ubujura cyane biraterwa n’iki?Mbona hari abantu benshi b’inzererezi birirwa bicaye ntacyo bakora ,bakwiriye guhagurukirwa n’inzego z’umutekano.

edouard yanditse ku itariki ya: 22-05-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka