Rusizi: Abavuga ubuhanuzi burimo iterabwoba bagiye guhagurukirwa

Abatera ubwoba abaturage bakoresheje ibyo bita ubuhanuzi bimaze iminsi myinshi bigaragara mu karere Rusizi barasabwa kubicikaho kuko ngo hari n’ababurira abandi ngo bagiye gupfa bigatuma biheba.

Ubwo umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar , yagiranaga inama n’abanyamadini bose bo muri aka karere tariki 24/06/2013 yabasabye kuyobora abayoboke babo neza kuko ngo kuba bajya mu mihanda bagatera abaturage ubwoba bihungabanya umutekano.

Aha kandi yashishikarije aba banyamadini kujya basaba abo bahanuzi guhanura ibintu byiza bitarimo iteramboba kuko aribyo byubaka igihugu.

Abanyamadini n'amatorero basabwe kureka amahanuzi y'iterabwoba.
Abanyamadini n’amatorero basabwe kureka amahanuzi y’iterabwoba.

Bamwe muri aba bapasitori barimo barimo Lazari Byamungu batangaza ko muri iki gihe hari abakirisitu bameze nk’inzuki zataye umuzinga wazo. Aha ashaka kugaragaza ko abo bayoboke biyita abahanuzi abenshi baba barataye amatorero yabo bakajya gushaka imibereho hanze y’itorero batetse umutwe.

Abapasiteri batangaje ko bagiye kubakurikirana ariko kandi basaba ubuyobozi bw’inzego z’umutekano kubafasha guhashya abo bahanuzi.
Ibindi aba banyamadini basabwe ni ugucika ku masengesho y’ijoro atemewe kimwe n’abasengera mu byumba bitazwi biherereye kuko ngo bibangamira umutekano w’abaturage.

Umuyobozi w’akarere yabwiye abanyamadini kujya basaba uburenganzira bwo gusenga ninjoro bagasubizwa n’ubuyobozi mbere yo kubikora kimwe n’abihugika bakajya mu byumba bitemewe.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Yobu 6:25. Mwese Mugire Amahoro Ava Mu Ijuru Amen

Mahoro yanditse ku itariki ya: 20-08-2013  →  Musubize

niba ari ubuhanuzi buturuka ku mana ntawabuhagarika

john yanditse ku itariki ya: 5-08-2013  →  Musubize

ubuhanuzi njyewe ndabwemera kuko bwabayeho na kera.nonese kuki bibiliya ibyemera ese wowe ntiwemera bible? ibyo kayamagana atavuze kandi bitasohoye niibihe? mwese mbifurije kugira amahoro y’imana.

NGONZAYIRE yanditse ku itariki ya: 28-07-2013  →  Musubize

"Aha kandi yashishikarije aba banyamadini kujya basaba abo bahanuzi guhanura ibintu byiza bitarimo iteramboba kuko aribyo byubaka igihugu"... ahahaha... "guhanura ibintu byiza"? Baretse se ahubwo kubeshya rubanda bavuga ko bazi ibya hejo hazaza ko nta n’umuntu n’umwe kw’isi ufite ubushobozi bwo kumenya n’ibiza kumubaho mu minota iyi minota itanu! N’uwaba yemera ko ubuhanuzi bubaho ntiyasaba ko bamuhanurira ibyiza kandi bavuga ko bahanura ibyo babonye!

mushana yanditse ku itariki ya: 2-07-2013  →  Musubize

Il faut pas profiter de la fragilité des gens pour guhanura iterabwoba ese kuva kera abo bahanuzi bari hehe ?

janet yanditse ku itariki ya: 28-06-2013  →  Musubize

Nuko nuko nzego zumutekano turabashyigikiye muruko kuba maso ibyamasengesho, amadini, ubukristu aho byatugeze turahazi ngo ribara uwariraye
.

Nkunzurwanda yanditse ku itariki ya: 25-06-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka