Ruhango: Umugore yari yiyahuye kubera umugabo we yanze kumufasha kurera abana

Uwamariya Claudine w’imyaka 29 utuye mu kagari ka Remera umurenge wa Kabagari yahisemo kwiyahuza umuti wa Simikombe awunyoye tariki 18/05/2013 ngo kuko umugabo we Muhindangiga Fulgence w’imyaka 49 yanze kumufasha kurera abana babiri byaranye.

Uyu mugore wahise atabarwa uyu muti utaramwica, ngo yabitewe n’uko uyu mugabo yanze kumufasha ndetse akaba yari yarananze ko bararana akaba yari amaze igihe kinini yirarira mu ntebe nk’uko tubikesha umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kabagali, Habimana Sosthene.

Kugeza ubu uyu mugore arwariye mu mu kigo nderabuzima cya Karambi nyuma yo kuntwa uyu muti.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Ntabwo impamvu ari uko atamufasha kurera abana, ahubwo ni ukoyanze kumuryohereza mu buriri. Birasa nk’iby’umwe wo muri Zimbabwe watwittse umugabo we amumennyeho amavuta ashyushye kubera ko yanze ko batera akabariro.

Mbonyuburyo yanditse ku itariki ya: 21-05-2013  →  Musubize

"kuntwa uyu muti".Ntabwo nashobye kumva icyo ibi bivuze

rukundo yanditse ku itariki ya: 20-05-2013  →  Musubize

Banyarwanda banyarwandakazi ubuse turaganahe? none se baba barabanye badakundana? none se umuti nukwiyahura ?erega ndakwanga ntivamo ndagukunda kandi mukinyarwanda baragira bati impuhwe zu mwana ziva ku G.......cya nyina niyihangane.niko ingo zikigihe zubatswe ariko na mara gukira azarebe iki bitera?

douce yanditse ku itariki ya: 20-05-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka