Nyabugogo: Umunyegare yarokotse impanuka ya moto n’imodoka ariko imyenda imucikiraho

Olivier Rebero yarokotse impanuka y’imodoka na moto yabaye ku mu mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 19/04/2013, ku bw’amahirwe ntiyapfa ariko ipantaro yari yambaye ihinduka uburere yangirika n’igice cy’ukuguru kumwe.

Ababonye iyo mpanuka iba, bavuga ko imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ubwo yari igeze Nyabugogo imbere ya BK iturutse ku Gitikinyoni yagonze moto yari iyiri imbere, moto nayo yahise igonga igare ryari imbere.

Olivier ipantaro ye yabaye uburere kubera amapine y'imodoka yamukandagiye.
Olivier ipantaro ye yabaye uburere kubera amapine y’imodoka yamukandagiye.
Olivier wagongewe muri iyi mpanuka avanwa mu mapine y'imodoka.
Olivier wagongewe muri iyi mpanuka avanwa mu mapine y’imodoka.

Iyo moto yahise igwa mu muferege naho igare rigwa muri kaburimbo rwagati, fuso ikekwaho intandaro y’iyi mpanuka yahise ifungira amaferi kuri uyu musore wari utwaye igare ariko imukoza amapinde ku maguru.

Ababonye iyi mpanuka iba, bakomeza bavuga ko bavugije induru nyinshi babwira umushoferi w’iyi modoka ko yasubira inyuma kugira ngo adahuhura uyu musore wari uri mu mapine y’iyi modoka.

Imodoka yagonze moto bigatuma umunyegare ahakomerekera.
Imodoka yagonze moto bigatuma umunyegare ahakomerekera.

Bagize bati: “iyo tutavuza induru, uyu mushoferi yari kumurangiza kuko umushoferi yagombaga gukomeza imbere aho gusubira inyuma kuko atari azi ko mu mapine y’imodoka ye hagaramye umuntu”.

Ababonye iyi mpanuka iba bareba Olivier uko yakomeretse.
Ababonye iyi mpanuka iba bareba Olivier uko yakomeretse.

Reberor avuga ko yari avuye iwabo ku Giticyinyoni yereke kuri ecole Belege mu mujyi wa Kigali aho akorera.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Bullshit ,
Muba mwabuze amakuru nyayo mushyiraho kweli?

Safali yanditse ku itariki ya: 21-04-2013  →  Musubize

ariko buriya iriya foto siyo kwandagaza umuntu wanagize impanuka

yanditse ku itariki ya: 21-04-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka