Nyabihu: Afunzwe akekwaho gukoresha icyangombwa cy’igihimbano

Nyiramariba Aimée Marie Rosine wigisha kuri Groupe Scolaire Gihira mu karere ka Nyabihu yatawe muro yombi tariki 24/08/2012 nyuma y’aho byakekwaga ko ibyangombwa bisimbura impamyabushobozi y’icyiciro cya mbere cya kaminuza (A1) akoresha byaba ari ibihimbano.

Nyiramariba yari afite icyangombwa cyerekana ko yarangije imyaka ibiri mu gashami ka Biotechnologie mu ishuri rikuru rya INES Ruhengeri, ariko ubuyobozi bwa INES bwahakanye ko icyo cyangombwa atari icyaryo ahubwo ko ari igihimbano.

Abajijwe n’inzego za polisi, Nyiramariba nawe yemereye ko icyo cyangombwa cye cyanakurikizwaga mu kumuhemba ari igihimbano.

Icyangombwa Nyiramariba yakoreshaga.
Icyangombwa Nyiramariba yakoreshaga.

Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa interineti rw’ishuri rya INES Nyiramariba aracyiga (yiyandikishije mu mwaka 2011-2012) mu ishami rya « Sciences fondamentales appliquées » mu gashami ka « Biotechnologie » muri gahunda ya week-end.

Safari Viateur

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

twaramubonye mubikureho.wehose ntabwo umuntu yagushatse kuguharabika ntabwo yahindura icyangombwa cyawe,najye byambayeho usibyeko naburanye ngatsinda kdi sijye wari wabikoze umuntu yarashaka kupfungisha,ihangane nawe uzatsinda

yanditse ku itariki ya: 1-10-2012  →  Musubize

uyu ukora imishahara niwe wahinduye ibyangombwa byuriya mukombwa kuko ibyo ines yamuhaye irabizi kuko arinnwe wamutumyeho ngo amuhembe

cc yanditse ku itariki ya: 7-09-2012  →  Musubize

ibigaragara uyu mwana wumukobwa,nubwo abaye igitambo,mukurikiye neza mwasanga abesherwa,impamvu:uriya ukora imishahara hari benshi batanze ibyangombwa yanze guhemba kandi nabo bamurega.

BB yanditse ku itariki ya: 7-09-2012  →  Musubize

IBIGARAGARA NUKO UWAMUHEMBAGA ARIWE UBIFITEMO URUHARE RUNINI KUBERAKO NIBA ARIBYO YAGOMBAGA KUREBA NEZA NIBA ICYANGOMBWA YAWE ARI KIZIMA,

AA yanditse ku itariki ya: 7-09-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka