Gicumbi: Yakubise isuka ya majagu umugore we mu mutwe nawe ahita yiyahura

Bitariho Celestin w’imyaka 67 utuye mu mudugudu wa Munini, akagari ka Kigabiro, umurenge wa Rutare yaraye yivuganye umugore we Bantegeye Xaverina w’imyaka 63 amukubise isuka ya majagu mu mutwe arangije nawe ahita yiyahuza umuti bita Rava ahita apfa.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rutare, Karyango Elyse, avuga ko mu ijoro ryo kuri uyu wa 05/06/2013 batabaye uyu mugore bagasanga umugabo we amaze kumukubita iyo suka nawe agahita yiyahura akoresheje umuti bita Rava ahita apfa.

Amakuru aturuka mu baturanyi babo bavuga ko bashobora kuba bapfuye amafaranga. Gusa inzego zishinzwe umutekano muri aka karere zirakora iperereza ngo zimenye neza ukuri kwateye ubu bwicanyi.

Ernestine Musanabera

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Kabisa yuyu musaza nubwo nawe yahise yiyahura iyo aza kuba muzima yari kuba akoze ibidakorwa gusa agafaranga ko kazarikora.

Twizeriman Jean pierre. yanditse ku itariki ya: 21-06-2013  →  Musubize

yewe nakateye noneho gusa birarenze abazi gusenga nimusenge

vestine yanditse ku itariki ya: 7-06-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka