Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera hafungiye abagabo babiri bakekwaho kugira uruhare mu bujura bw’insinga z’amashanyarazi z’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iby’ingufu z’amashanyarazi, REG, zifite agaciro ka miliyoni umunani zireshya n’ibirometero bibiri.
Mbarushimana Simon w’imyaka 26 y’amavuko afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi iri mu Murenge wa Kabagali mu Karere ka Ruhango, akekwaho gusaba umuturage ruswa y’amafaranga ibihumbi 10.
Umusaza witwa Niyonzima Joseph uri mu kigero cy’imyaka 67, mu rukerera rwo ku wa 16 Werurwe 2015, yasanzwe mu muferege agaramyemo yashizemo umwuka, mu Mudugudu wa Kabuyekeru mu Kagari ka Mubumbano mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke.
Mu gitondo cyo ku wa 16 Werurwe 2015, mu Murenge wa Byumba mu Kagari ka Kibari mu Mudugudu wa Rugarama ku Karere ka Gicumbi hatoraguwe umurambo w’umusaza witwa Ntuyenabo w’imyaka 71 yapfuye.
Jean Leonard Kagenza, umukozi ushinzwe ubworozi mu Murenge wa Mataba mu Karere ka Gakenke, guhera ku wa 12 werurwe 2015, afungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Gakenke akurikiranweho gutanga inka zo muri gahunda ya “Girinka” mu buryo bunyuranyije n’amategeko, kuko uwayihawe atari ku rutonde rw’abagenerwabikorwa.
Abaturage b’Umurenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi baravuga ko ikibazo cy’inkuba zikubita abantu kimaze kuba karande kuko nta mwaka ushira zitishe abantu.
Bamwe mu baturage bo mu Tugari twa Gahogo mu Murenge wa Nyamabuye, na Ruri mu Murenge wa Shyogwe baravuga ko batewe ubwoba n’umutekano muke urangwa mu Gishanga cya Rugeramigozi aho iyi mirenge yombi ihana imbibi.
Umugore witwa Ayinkamiye Hélène wo mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza yishwe n’abagizi ba nabi mu rukerera rwo ku wa 13 Werurwe 2015 atemaguwe umubiri wose, ubwo yari asubiye mu rugo iwe nyuma y’iminsi itatu yarahukaniye ku babyeyi be mu Karere ka Kirehe.
Abagabo bane n’abagore babiri bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rweru mu Karere ka Bugesera nyuma yo kugurisha inka bahawe muri gahunda ya Girinka.
Umugabo witwa Ndayahundwa Aloys w’imyaka 40 y’amavuko afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gashora mu Karere ka Bugesera ashinjwa gukubita umugore witwa Nyirahirwa Francine w’imyaka 35 agakuramo inda.
Abaturage bo mu Murenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma barashinja abakora forode banyura mu byambu bitemewe kwitwikira ijoro igihe bambukije forode bakuye i Burundi bagasubizayo amatungo bibye mu baturage.
Abagore bo mu Karere ka Gicumbi baramutse bagize uruhare mu kurwanya ikiyobyabwenge cya kanyanga ngo gishobora gucika burundu.
Umugabo witwa Munyenshongore Ezechiel bakundaga kwita Kabutura yakuwe munsi y’imodoka yamuguyeho yashizemo umwuka ku wa gatatu tariki ya 11/03/2015.
Nsengiyaremye Yosuwa na Manzi Maurice bo mu Murenge wa Musaza mu Karere ka Nyagatare baravuga ko bashutswe bakinjira muri gahunda yo gutunda urumogi ari nako bagenerwa amafaranga menshi nyuma y’igikorwa.
Umugabo witwa Nzabamwita Vincent uvuka mu Karere ka Karongi yafatiwe mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi akekwaho kwambura abaturage yiyita umusirikare mukuru (Officer).
Umugabo witwa Hakizimana Emmanuel wari utuye mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Kageyo, Akagari ka Gihembe, Umudugudu wa Muyange, bamusanze mu kiraro yapfuye.
Abasore batatu bo mu Kagari ka Nyange mu Murenge wa Bugara mu Karere ka Rusizi batawe muri yombi ku wa 10/03/2015 bakekwaho kwica umusaza Bizabarabandi Vincent w’imyaka 55 y’amavuko, bashaka kumwambura amafaranga ibihumbi bibiri yari afite ni uko bakayarwanira ari nabwo bamuteye umugeri mu nda agahita yitaba Imana.
Ikibazo cy’umutekano muke giterwa n’umutwe w’abasore bambura abaturage utwabo biyise “Abanyarirenga”, kuri uyu wa 11 Werurwe 2015 cyagarukije abayobozi ba gisiviri na girisikare bo mu Karere ka Musanze baganira n’abaturage bo mu Murenge wa Cyuve.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gakenke bwasabye abahagarariye imirenge yose uko ari 19 igize aka karere kurushaho gushyira imbaraga mukurinda ibirango bya leta, kugi rango hatazongera kubaho ikibazo nk’igiheruka kubaho mu minsi ishize.
Umugabo w’imyaka 43 witwa Mutabazi Aaron afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza kuva ku wa Kane tariki 05/03/2015, akekwaho gutwika munsi y’ugutwi umwana we w’umukobwa w’imyaka 11 akoresheje icyuma gishyushye.
Kuri uyu wa 03 Werurwe 2015 abantu bataramenyakana mu Kagari ka Kabuga mu Murenge Mukura ho mu Karere ka Rutsiro batemye inka ebyiri zirimo iya Barinabasi Kayonga n’iy’Alvera wari warayihawe muri gahunda ya Gira inka.
Umumotari witwa Hakizimana Albert w’imyaka 25 y’amavuko ukomoka mu Murenge wa Muyira mu Karere ka Nyanza, ari mu maboko ya Polisi akekwaho gusambanya umwana w’umunyeshuri wiga mu mwaka wa gatanu mu kigo cy’ishuri ryisumbuye rya ESPANYA riri mu mujyi wa Nyanza.
Umupadiri witwa Havugimana Thacien w’imyaka 33 yitabye Imana nyuma yo gukora impanuka mu Kagari ka Kabushiye mu Murenge wa Rwaza, Akarere ka Musanze, kuri uyu wa Gatatu tariki 4/3/2015.
Ku wa 01 Werurwe 2015, umukobwa witwa Muhawenimana Bernadette ufite imyaka 37 utuye mu Kagali ka Nkira mu Murenge wa Boneza ho mu Karere ka Rutsiro yagerageje kwiyahura ngo kubera gutotezwa n’ababyeyi be ariko ntiyagera ku mugambi we.
Imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko ya Toyota Hiace ya kompanyi itwara abagenzi ya Rugari yafashwe itwaye inzoga za magendu zo mu bwoko bw’Amstel bock.
Mu Kagari ka Rango B mu Murenge wa Tumba ho mu Karere ka Huye, ku wa kabiri tariki ya 04/03/2015 hatoraguwe umurambo w’umugore uri mu kigero cy’imyaka 30 mu musarani washaje.
Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Nyanza yaguye gitumo umugabo witwa Gatera Aloys atekeye ikiyobyabwenge cya Kanyanga iwe mu rugo, ahita ajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza.
Abasore 7 bari mu maboko ya Polisi, Sitasiyo ya Gatunda mu Karere ka Nyagatare, nyuma yo gufatwa bagerageza kwinjiza kanyanga n’ibindi biyobyabwenge mu Rwanda mu rukerera rwo kuri uyu wa 03 Werurwe 2015.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Rwotso ko mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza, Gasanganwa Félix yari yivuganye umugore we Kayitesi Solange amukubise ifuni kubera amakimbirane yo mu muryango bafitanye.
Abantu bane bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busogo mu Karere ka Musanze bakekwaho kwica umwana w’umukobwa w’imyaka 17 witwa Nyiramugisha wo mu Murenge wa Gataraga, mu ijoro ryo ku wa 26 rishyira ku wa 27/02/2015, nyuma yo kumusambanya ku ngufu.