Karemera yatemewe muri Uganda azira kwishyuza
Karemera Damascene w’imyaka 25 y’amavuko yatemwe n’umuturage wo muri Uganda yakoreraga azira ko amwishyuje.
Karemera Damascene yagiye muri Uganda mu ntangiriro z’uyu mwaka ajya gukora mu murima w’urutoki rw’umunya-Uganda witwa Friday, utuye mu Mudugudu wa Mirama, Akagari ka Gafunzo, Umurenge wa Gafunzo, Akarere ka Ntungamo.
Ku wa 23 Ugushyingo 2019 nibwo Karemera yishyuje Sebuja ibihumbi 32,000 by’amashilingi ya Uganda, ni ukuvuga asaga gato ibihumbi umunani by’Amafaranga y’u Rwanda.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, CIP Hamdoun Twizeyimana, avuga ko mu gihe yamwishyuzaga, haje abandi bagabo babiri bo muri Uganda bakamubuza kumwishyura.
Ati “Abo bagabo baraje baramubwira ngo amafaranga uramuha ay’iki ko aba bantu ari abanzi bacu, Friday yabwiye Karemera ngo bagende amuhe amafaranga ye, amaze kuyavunjisha kuko ngo abizi ko Abanyarwanda batemera amashilingi.”
CIP Hamdoun avuga ko ngo bagenda abo bagande bagiye babwira Keremera ko ari maneko w’u Rwanda ndetse ko Abanyarwanda ari abanzi ba Uganda.
Agira ati “Bageze mu rutoki Friday yahise amutema undi akinga akaboko, arongera aratema umuhoro umufata mu mutwe, ubwo Karemera yabonye ko bikomeye ariruka bamwirukaho arabasiga anyura mu mugezi w’umuvumba yambuka mu Rwanda.”
Akigera mu Rwanda ngo yahise ajya ku buyobozi bwa Polisi ku mupaka ababwira ibimubayeho bamujyana ku kigo nderabuzima cya Kagitumba.
Karemera yaraye mu bitaro bucya asezererwa ataha mu Mudugudu wa Kagitumba akazakomeza kwipfukisha ibikomere.
Karemera Damascene ubundi avuka mu Karere ka Nyanza, mu Murenge wa Busoro akaba yaraje ashakisha akazi mu Karere ka Nyagatare.
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
BAVANDI ABAGANDE NIBABI RWOSE NTIMUKAJYEYO
Yooo Karemera niyihangane disi baribamurangije pe ariko nanone nibanyurwe naduke babone amahoro arambye mugihu cyacu.