Bamwe mu Banyarwanda bafungirwa muri Uganda bamenwa amazi mu mazuru
Hari Abanyarwanda bari bafungiye muri Uganda bavuga ko bakubitwaga, bakirirwa mu mazi bakanayararamo andi bakayabamena mu mazuru.
Mu ijoro ryo ku wa 13 Werurwe 2019, Abanyarwanda batatu bari bafungiye mu kigo cya gisirikare cya Makenke, Mbarara baraye bagejejwe ku mupaka w’u Rwanda.
Ngabonzima Amon w’imyaka 15 wigaga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza ukomoka mu Karere ka Gakenke mu Murenge wa Kivuruga avuga ko yavuye mu rugo iwabo ku wa 05 Ukwakira 2018 agiye Fort Portol muri Uganda gusura mushiki we, anyuze ku mupaka wa Gatuna.
Ngo imodoka yari arimo ikigera Ishaka, Bushenyi, Abanyarwanda bari kumwe na we ngo bahamagaye abaturage hafi aho, we na mugenzi we bari bajyanye witwa Maniragaba Augustin bayikurwamo bajyanwa kuri polisi bashinjwa kuba maneko y’u Rwanda.
Ati “Tugeze Ishaka hari Abanyarwanda batatu twari kumwe muri Bus, bahamagaye Abagande hafi aho imodoka ihagaze jye na mugenzi wanjye badukuramo batujyana kuri Polisi badushinja kuba maneko b’u Rwanda.”
Aha ngo ntibahamaze umwanya kuko bahise bajyanwa mu kigo cya gisirikare cya Makenke muri Mbarara.
Aha ngo ni ho batangiye guhura n’ibibazo kuko bamaze igihe bafungiye ahantu hamenwaga amazi bakayararamo bakanayirirwamo.
Agira ati “Buri wese yafungiwe mu kazu ke mu nzu yo hasi, bakajya bamenamo amazi amajerekani abiri tukayirirwamo tukayararamo. Mu gitondo batwirizaga ahantu bakaturaramisha bakagutera amazi mu mazuru.”
Ngo iyo bayateraga umuntu inshuro eshatu yahitaga ava amaraso yakuzura igikombe.
Gashongore Xavier wo mu Karere ka Bugesera we yafashwe ku wa 01 Gashyantare uyu mwaka, afatirwa i Bundibugyo aho yari amaze imyaka 19 akora akazi ko guhinga no kogosha.
Avuga ko ubwo yarimo kogosha yabonye abantu batandatu bazirikanije, bageze aho akorera na we baramufata abanza gufungirwa i Fort Portol nyuma azanwa i Mbarara mu kigo cya gisirikare.
Ati “Mu gisirikare twarakubitwaga mu gitondo na mbere yo kuryama, twambikwaga gisirikare ngo hatagira umenya ko turi abasivili.”
Bavuga kandi ko bari bahafungiye ari Abanyarwanda barenga 40 ndetse ngo bahavuye hari babiri bamaze kwitaba Imana kubera inkoni no gusukwa amazi mu mazuru hiyongereyo no kugaburirwa amamiminwa y’ibishyimbo n’akawunga.
Aba bose bambuwe ibyo bari bafite byose harimo n’amafaranga.
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Nonese iyo torture ubwo twayihanganira Koko? Birababaje nk’urwanda abayibizi bagira icyo babiganiraho na babagande