Nyuma y’aho umuyobozi wa komisiyo y’igihugu y’itorero, Rucagu Boniface anengeye icyivugo cy’intore za Nyamasheke, kuri ubu ngo cyaba kigiye guhindurwa kugira ngo gihuzwe n’ibindi byivugo biri mu tundi turere tugize igihugu.
Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore wo mu cyaro, umuco nyarwanda wagaragajwe nk’imwe mu nzitizi zituma abagore bo mu karere ka Gakenke badatera imbere.
Bwana Nkusi Deo niwe wagizwe Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe akaba asimbuye Amb Kamali Karegesa Ignatius.
Mu kagari ka Remera mu murenge wa Rusebeya ho mu karere ka Rutsiro, nta mugore wemerewe kurenza saa moya z’ijoro atarataha mu rugo. Iki cyemezo cyafashwe nyuma yo kubona ko abagore basinda bagataha amasaha akuze kandi ngo bigatanga isura mbi ku gitsina gore.
Ikigo cya Ecole Secondaire de Kigoma cyegukanye umwanya wa Nyampinga mu bigo by’amashuri yisumbuye bitanu biri mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango byitabiriye irushanwa ryateguwe n’itorero Inganji Culture Savior.
Umuhanzi, umunyamakuru, umwanditsi wa filime ndetse akaba n’umunyamideli, Dady de Maximo Mwicira Mitali uzwi cyane ku izina rya Dady de Maximo, asanga amagambo meza y’urukundo yarateshejwe agaciro n’imvugo z’iki gihe aho kubwe yibaza icyo umuntu yakora kugira ngo abwire uwo akunda urukundo amukunda kandi bitabangamiwe (…)
Kuba ibikorwa byo gusura ahantu habitse amateka y’u Rwanda muri uyu mwaka byarinjije amafaranga yikubye gatatu ayinjiraga mu myaka yashize byatumye ubuyobozi bw’Ingoro Ndangamurage butangira ubukangurambaga ngo bukomeze kongera amafaranga bwinjiza.
Minisitiri w’umuco na siporo, Amb. Joseph Habineza, avuga ko gutora nyampinga w’u Rwanda [Miss Rwanda] ari igikorwa gikwiye kugaragaramo umuco w’Abanyarwanda ku buryo bwimbitse kuko n’ubundi nyampinga utorwa aba afite inshingano yo kuba ambasaderi w’u Rwanda mu bijyanye n’umuco.
Abatuye akarere ka Ngoma ntibabona kimwe umuco wo gukwa abantu badahari bisigaye bigenda bigaragara hirya no hino bitewe nuko hari ubwo abo bageni baba baba hanze maze igihe cyo gukwa mu misango bakazana amafoto yabo bikaba birarangiye.
Minisitiri w’umuco na siporo, Habineza Joseph ,yakanguriye abakobwa bavuka i Rutsiro kwitabira igikorwa cyo gutora nyampinga (Miss) kuko bifasha abari b’u Rwanda gutinyuka ndetse no kwigirira icyizere.
Mu gihe bamwe mu bagabo bo mu murenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare bavuga ko batinya gusohokana n’abagore babo kubera ko abandi babatwara, abagore bo bashinja gusesagurira imitungo y’imiryango yabo mu nkumi kuko arizo basohokana.
Mu gihe bamwe mu baturage b’umurenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare bavuga ko guhisha inzoga ugahamagara bagenzi bawe mu gasangira byacitse kubera ko urukundo n’ubusabane byasimbuwe n’urukundo rw’amafaranga, ubuyobozi bw’uyu murenge bwo buvuga ibi byatewe n’iterambere rishinga imizi kimwe n’iyimakazwa ry’umuco wo kugira isuku.
Abaturage bo mu kagari ka Ruguti, mu murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, cyane cyane abari mu nzego z’abagore, baratabariza umugore witwa Niringiyimana Benitha n’abana be 3 kubera ihohoterwa rikabije bakomeje gukorerwa n’umugabo we witwa Bongwanubusa Canisius, aho nyuma yo kugenda amuhoza ku nkeke buri munsi yanafashe (…)
Ukirimuto Fidèle, umusaza w’imyaka 93 y’amavuko utuye mu kagari ka Rususa, umurenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero, avuga ko ababazwa n’uko abakiri bato bategera abakambwe ngo babarage amateka bakibasha kubikora kandi hari byinshi babonye ab’ubu batazi cyane cyane ibirebana n’amateka y’Igihugu.
Umusore ukomoka mu karere ka Rubavu ubwo yaragiye gusezerana n’umukobwa mu karere ka Gicumbi mu murenge wa wa Kajyeyo, nyina w’umukobwa yanze ko babasezeranya kubera ko umuhungu atamukwereye.
Mu rwego rwo kubungabunga umutekano no gukomera ku ndangagaciro z’ubunyarwandakazi, abagore bo mu karere ka Rulindo bari mu nzego z’ubuyobozi biyemeje kumenya uko abagore bahagararaiye bifata haba mu ngo zabo, mu baturanyi aho bagenda kimwe no mu tubari.
Bamwe mu batuye akarere ka Gakenke bavuga ko umuganura wizihijwe kuwa 01/08/2014 mu bice bitandukanye mu Rwanda ntaho uhuriye n’uwo mu gihe cyo ku bwami kuko nta mwana ukiganuza ababyeyi nkuko byagendaga mu bihe byo hambere.
Mu gihe mu Rwanda kuri uyu wa 01 Kanama 2014, bizihije umunsi w’umuganura bishimira umusaruro babonye muri uyu mwaka, mu Karere ka Karongi ho ngo uyu umunsi wanabaye by’umwihariko umwanya wo kwisuzuma kugira ngo bafate ingamba kugira ngo umusaruro uzabe mwiza kurushaho muri uyu mwaka w’ingengo y’imali cyane cyane mu bihinzi.
Mu gihe kuri uyu wa gatanu tariki 01/08/2014 hizihizwa umunsi w’umuganura ku rwego rw’igihugu, mu karere ka Nyanza mu Rukari ho haraye hamuritswe inka z’inyambo nazo zagaragazwaga imbere y’umwami igihe cy’umuganura.
Nyuma y’igihe kirekire hatabaho umunsi wagenewe umuganura mu buryo rusange mu gihugu, uyu mwaka noneho urateganyijwe, kandi ku rwego rw’igihugu uzaba ku itariki ya 1 Kanama. Mu Karere ka Huye na ho barateganya kuzizihiza uriya munsi ku itariki ya 1 Kanama nyine, nimugoroba.
Akimana Elyse w’imyaka 10 y’amavuko, avuga ko akunda kuvuza cyane ingoma ndetse ngo bibaye ngombwa yabihindura umwuga mu buzima bwe bwose.
Abaturage ndetse n’ubuyobozi bw’umurenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare bemeza ko umuco waharangagwa wo guterura wahacitse.
U Rwanda rwamaze gushyikiriza ikigo mpuzamahanga cy’umurage w’isi urutonde rw’ibanze (liste indicative) rw’umurage ndangamuco. Urwo rutonde rugizwe n’inzibutso za Jenoside enye ari zo Nyamata, Bisesero, Murambi na Gisozi.
Nyirabagenzi Elevaniya, umukecuru utuye mu mudugudu w’Akinyenyeri mu kagari ka Cyinzovu mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza ari mu bantu bakuze cyane mu Rwanda, kuko ngo yavutse umunsi umwe mbere y’uko intambara yitiriwe Rucunshu itangira.
Abigisha urubyiruko ibijyanye no kwirinda SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ndetse n’inda zitateganyijwe, bababwira ko kwifata ari byo byiza, kuko ngo ubusugi ari ko gaciro k’umukobwa, n’ubumanzi bukaba ari ko gaciro k’umuhungu.
Ikinyarwanda hamwe n’izindi ndimi zo mu bihugu bikikije u Rwanda zigiye gushyrirwaho komisiyo zizaba zishinzwe gushyiraho igenamigambi ryo kuziteza imbere, mu rwego rwo guhangana no kugira ngo zidakendera.
Nubwo hari abagaya imyambarire y’abakobwa bavuga ko bambara ubusa bikaba n’intandaro yo gufatwa ku ngufu rimwe na rimwe, hari n’abavuga ko n’uko abahungu bambara bitari shyashya. Ku bw’iyi mpamvu rero, ngo ntihakwiye kugawa abakobwa gusa hatarebwe n’abahungu.
Urubyiruko rukora ibijyanye no kwerekana imideri mu itsinda ry’urubyiruko rya YCEG (Youth Challenge Entertainment Group) ryo mu karere ka Kayonza ruvuga ko iterambere rya rwo rikibangamiwe n’imyumvire y’ababyeyi n’abandi baturage muri rusange ikiri hasi ku bijyanye no kwerekana imideri.
Nubwo gutora Nyampinga w’u Rwanda bikorwa ahanini n’akanama nkemurampaka, ntibibagiwe guha amahirwe Abanyarwanda n’abanyamahanga baba mu Rwanda ndetse n’abandi bose bifuza kugira uruhare mu gutora Nyampinga w’u Rwanda 2014.
Hatangimana Evariste wo mu kagari ka Gihinga mu murenge wa Rwinkwavu wo mu karere ka Kayonza avuga ko kumva amabwire ya nyina byatumye amara igihe kigera ku myaka itanu atumvikana n’umugore we.