Rubavu: Abaturage ibihumbi 24 bagejejweho amazi meza

Nyuma y’igihe abaturage bo mu Karere ka Rubavu, Imirenge ya Busasamana, Cyanzarwe na Rubavu batagira amazi meza, mu cyumweru cyahariwe amazi meza bagejejweho umuyoboro w’amazi wakozwe n’umushinga wa Wash na Aquavirunga batewe inkunga n’umuryango mpuzamahanga wita kubana (UNICEF).

Umuyoboro washyikirijwe abaturage ufite ibirometero 34 uzageza amazi ku baturage ibihumbi 24 batari basanzwe bafite amazi meza, aho kubona amazi byabasabaga gukoresha amasaha atanu nabwo akaba atari meza.

Hon. Kamayirese n'abayobozi ba UNICEF na Aquavirunga bataha umuyoboro w'amazi i Cyanzarwe.
Hon. Kamayirese n’abayobozi ba UNICEF na Aquavirunga bataha umuyoboro w’amazi i Cyanzarwe.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwa remezo ushinzwe amazi n’ingufu, Kamayirese Germaine ayashyikiriza abaturage, yabasabye kuyafata neza no kuyakoresha mu kurwanya indwara ziterwa n’isuku nke, aho imirenge ya Cyanzarwe na Busasamana yagaragayemo amavunja kubera abaturage bagorwaga no kubona amazi.

Bamwe mu baturage baganiriye na Kigali Today bavuga ko abagore bari baragowe kuko bahoraga mu nzira bajya gushaka amazi kure, kuko aho batuye nta migezi y’amazi ahari bitewe n’imiterere y’aho.

Abaturage ibihumbi 24 bagejejweho amazi meza mu Karere ka Rubavu.
Abaturage ibihumbi 24 bagejejweho amazi meza mu Karere ka Rubavu.

Akarere ka Rubavu kari mu turere dufite amazi make kuko kari kuri 74% mu gihe ikigereranyo mu gihugu kigeze kuri 75%, ubuyobozi bwa UNICEF bukaba bushima Leta y’u Rwanda gukora ibishoboka ngo abaturage bagerweho n’amazi meza.

Umuyobozi wa UNICEF mu Rwanda avuga ko kugerwaho n’amazi meza mu midugudu bizatuma abana batongera guta amashuri no kwibasirwa n’indwara ziterwa n’isuku nke, kuko amazi bagejejweho agura amafaranga make (Amafaranga 15 kuri litiro 22,5).

Abaturage bari bafite ikibazo cy'amazi basubijwe.
Abaturage bari bafite ikibazo cy’amazi basubijwe.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwa remezo avuga ko ikibazo cy’amazi mu Rwanda ubu kiboneka cyane mu turere tw’Intara y’Uburasirazuba hamwe n’Akarere ka Gicumbi, ariko hari imishinga izihutisha igikorwa cyo kuhageza amazi meza.

Ikarita igaragaza ahamaze kugezwa amazi mu Karere ka Rubavu. Imiyoboro y'icyatsi niyo yatashwe.
Ikarita igaragaza ahamaze kugezwa amazi mu Karere ka Rubavu. Imiyoboro y’icyatsi niyo yatashwe.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Bravo ku mishinga ya Wash na Aquavirunga kuko bitaye ku buzima bw’abanyarwanda.Gusa murebe uko mwagabanya no ku giciro cy’amazi ku bantu bayatunze mungo zabo (Privee) kuko amafaranga 700Fr/m3 ni menshi cyane.

James yanditse ku itariki ya: 27-03-2015  →  Musubize

kanzenze iherereye mukarere ka rubavu

zir yanditse ku itariki ya: 23-03-2015  →  Musubize

natwe mumurege wa kanzenze bazayatugezeho umuregewose habamo robine 2 gasa

zirimwabagabo yanditse ku itariki ya: 23-03-2015  →  Musubize

bazayakoreshe neza birinde ko yakwangirika kandi bashimire ubuyobozi bwiza bubitayeho

kamana yanditse ku itariki ya: 19-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka