Muhanga: Umwanda uturuka muri Hotel Brothers’ INN ubangamiye abagenzi

Muri hotel Brothers’INN iherereye mu mujyi wa Muhanga ahitwa i Gahogo hasohokamo amazi y’umukara kandi anuka akagera mu muferege wo ku muhanda wa kaburimbo ku buryo ubangamira abahanyura cyne cyane abanyamaguru.

Umukozi ushinzwe gucunga ibikorwa by’iyo hatel (manager) avuga ko hari amazi aturuka haruguru y’iyo hoteli akayimanukamo rwagati hanyuma akaza mu muhanda imbere y’aho sosiyete SORAS na MTN zikorera.

Hotel brothers'INN.
Hotel brothers’INN.

Gusa Manager yemera ko aho hantu hananyura amazi aturuka mu nzu y’iyo hotel ibikwamo amakara, akaba ari nayo mpamvu ayo mazi ahinduka umukara.

Umwe mu bakozi bakora isuku mu mujyi wa Muhanga yadutangarije ko ibyo bitabareba kuko badashinzwe kuyobya amazi cyangwa kuyacukuriya imyobo (fosses) ajyamo.

Amazi avanze n'imyanda aturuka muri hotel brothers'INN areka ku muhanda.
Amazi avanze n’imyanda aturuka muri hotel brothers’INN areka ku muhanda.

Muganza Jean Baptiste, umukozi wa SORAS mu karere ka Muhanga, avuga ko abubatse ikiraro kijya aho akorera basize ibitaka birimo na sima munsi yacyo bikaba aribyo bibuza amazi guhita, ariko akavuga ko hotel Brothers’ Inn ikwiye gufata amazi yayo kuko n’ubusanzwe nta myanda yemerewe kujyanwa mu miferege y’umuhanda.

Ernest Kalinganire

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka