Inkunga y’ibikoresho CHUK yatewe n’Ababiligi yafashije mu kuzigama miliyari zirenga 200

Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), buremeza ko inkunga bwatewe n’Ikigo cy’Ababiligi gishinzwe iterambere (BTC) byatumye serivisi batangaga zirushaho kunoga n’amafaranga bakoreshaga mu kugura ibikoresho by’ibanze ashyirwa mu zindi gahunda z’ubuvuzi.

Ibyo bikoresho by’ibanze CHUK yagenewe ni icyuma gisuzuma abarwayi kigezweho (Scanner) N’ikindi gikora umwuka ukenerwa kwa muganga (Oxygen Plant) byose byatanzwe mu mushinga wiswe PAPSDSK, ugamije guha bimwe mu bigo by’ubuzima mu Rwanda inkunga y’ibikoresho.

Scanner ni icyuma ibitaro bya CHUK byahawe gifasha gutahura indwara ku muntu ukinyujijwemo.
Scanner ni icyuma ibitaro bya CHUK byahawe gifasha gutahura indwara ku muntu ukinyujijwemo.

Dr. Theobard Hategekimana uybora CHUK yavuze ko mbere bari bafite ibikoresho byashaje ibindi bitagikora neza, ugasanga bakoresha amafaranga menshi mu kuvura abarwayi bigafaa n’igihe.

Yagize ati: “Ubu twatewe inkunga y’ibyo twaburaga amafarangara twakoreshaga mu kugura nka Oxygene hanze ihagaze amafaranga miliyoni 208 ubu tuzayakoresha ku bindi tugura nk’imiti.”

Oxygen Plant nacyo ni icyuma gikora umwuka ukenerwa mu bitaro cyane. CHUK yajyaga ihura n'ibibazo byo kuwubona mbere.
Oxygen Plant nacyo ni icyuma gikora umwuka ukenerwa mu bitaro cyane. CHUK yajyaga ihura n’ibibazo byo kuwubona mbere.

Ibindi bikoresho bahawe muri uyu mushinga wari umaze imyaka igera kuri itanu harimo ibitanda byo kubagiraho abarwayi na “Freoloscope” igikoresho gifasha mu kubaga amagufwa.

BTC iri mu cyumweru cyo gusura no kureba uko ibikoresho yatanze bikoresha n’akamari bigirira ababihawe. Gusa iki kigo kikazakomeza gukurikirana ikoresha ry’ibi bikoresho kinatanga inkunga yo kubisana mu gihe byaba byagize ibibazo bya tekiniki, nk’uko Gratien Gasaba umukozi wa BTC yakomeje abitangaza.

Nk'uko bisanzwe iyo umushinga urangiye, abagenerwabikorwa n'umushinga wa BTC basinyana amasezerano yo kwemeza ko bahawe ibikoresho.
Nk’uko bisanzwe iyo umushinga urangiye, abagenerwabikorwa n’umushinga wa BTC basinyana amasezerano yo kwemeza ko bahawe ibikoresho.

Uyu mushinga wari ufite ingengo y’imari ya miliyoni 15 z’amayero wateye inkunga ibitaro bitandukanye, birimo ibya Muhima byubakiwe aho ababyeyi babyarira n’ibindi bikoresho bijyanye n’ububyaza. Hari kandi ibitaro bya Gitega n’ikigo nderabuzima cya Kabusunzu.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

biranejeje cyane rwose ariko bazatange nagahimbaza-musyi kuko abaganga nabaforomo barahavunikira pe?

alias yanditse ku itariki ya: 27-10-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka